• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, November 2, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Burya Abanyaburayi ngo n’ubwo bakolonije Abanya-Frika ariko n’abo ni abacakara kimwe n’abandi- byose abishize ku karubanda

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 10, 2025
in World News
0
Burya Abanyaburayi ngo n’ubwo bakolonije Abanya-Frika ariko n’abo ni abacakara kimwe n’abandi- byose abishize ku karubanda
70
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Burya Abanyaburayi ngo n’ubwo bakolonije Abanya-Frika ariko n’abo ni abacakara kimwe n’abandi- byose abishize ku karubanda

You might also like

Tanzania: Birangiye Samia atsinze amatora, inkuru irambuye

Tanzania: Amayobera mu myigaragambyo, burumwe wese yirwanyeho agira ibyo atahana iwe

Akajagari kadasanzwe mu matora y’umukuru w’igihugu muri Tanzania, ibintu bikomeje gufata indi ntera

Nubwo Abanyaburayi bagize uruhare rukomeye mu kugurisha Abanya-Frika nk’abacakara, babakoloniza; nyuma bakaza kubabeshya ko babahaye ubwigenge kandi ubukungu bwose bw’afrika aribo babwitwarira, bagashyiraho bamwe mu bayobozi b’afrika, icyo bagiye bakora bakabanza kubagisha inama, burya na bo ni abacakara ba Amerika.

Byatangajwe na Tito Rutaremara umuyobozi mukuru w’urwego rw’igihugu ngishwanama rw’inararibonye, yagaragaje ko baribasanzwe bazi ko Amerika ari igihugu cy’igihangange gitegaka isi yose, ariko bibwira ko Abanyaburayi ari abafatanyabikorwa bayo atari abagaru bayo, ariko mu kuri ni abacakara bayo kimwe n’abandi.

Ibi Tito Rutaremara yabinyujije mu butumwa aheruka kunyuza kuri x yahoze yitwa Twitter, aho yagize ati: “Trump ni we watweretse ko Abanyaburayi ari abagaragu nk’abandi bose.”

Mbere y’ubu butumwa Tito Rutaremara ahagana mu mpera z’umwaka wa 2024, nabwo yigeze gutangaza avuga ku matora y’icyo gihugu cy’igihangange ku isi (Amerika), avuga ko uwabaye perezida wa mbere wacyo, Abraham Lincoln, yabeshye ko demokarasi muri Amerika ari iy’abaturage, ikorwa n’abaturage igakorerwa abaturage. Ariko ko ataribyo
Ati: “Ahubwo muri Amerika demokarasi ni iyabakire, ni iy’amasendika akize, igahabwa umurongo na maneko z’Amerika.”

Tito Rutaremara yasobanuye ko Abanyamerika b’amahame ya Repubulika n’aba b’amahame y’abademokarasi bose intego yabo ni ukurwanira ko Amerika itegeka isi, ikavuga ururimi rw’Amerika, igakurikira politiki n’imitekerereze by’amerika, ikayoborwa na Amerika, ikaririmba Amerika, umuco n’ibitekerezo by’isi bikaba ibya Amerika.

Yakomeje yerekana ko hari inzego z’abagomba kuba abagaragu b’amerika agira ati: “Hari urwego rwa mbere rwegereye Amerika; ni abagaragu b’inshuti cyane ni : u Bwongereza na Israel, mu gihe urwego rwa kabiri rwegereye Amerika ari abagaragu b’ibyegera: ni Abanyaburayi, ubuyapani, Australia, New Zealand, ubuyapani na Australia.

Yunzemo ati: “Urwego rwa gatatu ni abagaragu b’abatahira barimo, Brezil, Mexique, Indonesia, India, South Arabia. Abagaragu ba rubanda rwa giseseka ni Abanyazia, Amerika y’Epfo, Abanyamerika yo hagati n’Ababyafrika. Aba bagaragu bose Amerika ibategekesha ibintu byinshi ariko hari ibintu 2 binini; kimwe ni imbunda. Ni icyo gituma Amerika ifite ibirindiro byinshi by’ingabo birenze 700 ku isi yose.”

Ibindi yagaragaje birimo idorali, rikorwa n’Abanyamerika isi yose ikarikoresha bo bigaramiye, nubwo hari ibihugu byayinaniye, birimo u Bushinwa, u Burusiya na Cuba.

Trump akijya ku butegetsi yahuye n’abayobozi b’i Burayi bagize NATO arababwira ati: “Amerika izakomeza gutanga amafaranga menshi muri NATO kandi arimwe irengera? Muhaguruke mutange amafaranga, icyatangaje ni uko bahise bavuga bati ni byo nyakubahwa.”

Trump aje bwa kabiri ku butegetsi naho yabwiye Abanyaburayi ati: “Ndashaka ko intambara y’u Burusiya na Ukraine ihagarara.” Abanyaburayi baramusubije ati: “Ko twari twarumvikanye ko tuzayirwana kugeza igihe tuyitsindiye?” Trump ati: “Ibyo ni byanyu njye ndashaka ko ihagarara.”

Igihe bagihugiye muri ibyo, Trump ati: “Amerika n’u Burusiya birahurira i Riyadh muri Saud Arabia, Abanyaburayi barasakuza bati: “Kuki tutabanje kubiganiraho? Trump ati”Ese mwe ko muhugiye mu ntambara, mu yitegure niba mu bishoboye.”

Abanyaburayi bati: “Ese kuki utabanje kubwira perezida Zelenskyy? Trump ati: “nabe aretse nzaba mubwira.”

Muri icyo gihe, Trump asanga mu isanduku ya Amerika harimo amafaranga make, azamura imisoro ku isi yose, ibihugu byanga agasuzuguro nk’u Bushinwa n’abo bazamura imisoro nk’uko Amerika yabikoze.

Tito ati: “Twibwiraga ko Abanyaburayi ari ibihangange wenda ko bari bwigane u Bushinwa, ahubwo baranuma, ariko bagerageza kwinginga Trump ngo nibura abagabanyirize imisoro, bohereza umuyobozi mukuru w’umuryango w’u Burayi wunze ubumwe ajya gupfukamira Trump.

Na we amusubiza ko agiye kubyigaho. Abanyaburayi barakomeje barasakuza bati kuki Trump yemera kumvikana n’u Burusiya yaretse tugakomeza kurwana nabwo ko tuzatsinda.

Trump abyumvise arabahamagara ati: “Rero umutekano wacu nka Amerika ufite garanti, kuko intambara iri kubera kure y’igihugu cyacu,” ahita abategeka kongera ingengo y’imari kugira ngo babone kugura imbunda zihagije. Kandi bajye bazigura muri Amerika gusa. Nabo barabyemera.

Nyuma yaho Trump ati: “Ngiye guhura na Putin.” Abanyaburayi barasakuza bati “ubwo se muzaganira iki? Kuki utatubwiye ngo dufatikanye tuganire kubyo uzavuga? Trump arabihorera.

Babonye Trump abihoreye bamusaba kuzabwira u Burusiya gutanga agahenge k’imirwano, nabwo arabihorera.

Trump yakira Putin muri Alaska ni icyubahiro cyinshi, bibabaza Abanyaburayi, kuko bagize bati: “Ko ari umwanzi, kuki amwakiriye atyo? Putin asobanurira Trump ko gutanga agahenge k’imirwano bidashoboka kandi ko ibyiza babanza kuganira ku mpamvu zateye iyo ntambara. Trump arabyemera.

Iyi nama irangiye Abanyaburayi bati “Trump natubwire ibyayivuyemo, nabwo arabihorera. Babonye ko abihoreye bamusaba basi gutumiza Zelenskyy akabimunwira,abyemeye bati tuzamuherekeza arabyemera nabyo.

Zelenskyy n’abanyaburayi bageze muri White House, Trump abanza kwakira Zelenskyy bamarana isaha yose abanza kumwemeza ibyo agomba kwemera kandi amwemerera umutekano mu gihugu cye. Mubyo yamwemeje n’u kurekura ibice bimwe akabiha u Burusiya nuko nta gahenge kagomba kuzabaho.

Tito avuga ko ikibazo cy’abanyaburayi kuko babuze ikindi bakora, basigaye basaba ko aribo bazahagarara hagati ya Ukraine n’u Burusiya mu kugarura amahoro muri Ukraine imishyikirano irangiye.

Trump ababwira ko ibyo ari byabo, ariko abategeka ko muri iki gihe bagifasha Ukraine bagomba guteranya amafaranga bagakomeza kugura imbunda muri America.

Ahita agaragaza ko ibyo bakora byose ari abagaragu nk’abandi bose.

Tags: AbagaraguAbanyaburayiAmerika
Share28Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Tanzania: Birangiye Samia atsinze amatora, inkuru irambuye

by Bahanda Bruce
November 1, 2025
0
Tanzania: Birangiye Samia atsinze amatora, inkuru irambuye

Birangiye Samia atsinze amatora, inkuru irambuye Komisiyo y'amatora mu gihugu cya Tanzania, yatangaje ko "Samia Suluhu Hassan ariwe watsinze amatora y'umukuru w'igihugu, aho yayatsinze ku majwi 97, 66%....

Read moreDetails

Tanzania: Amayobera mu myigaragambyo, burumwe wese yirwanyeho agira ibyo atahana iwe

by Bahanda Bruce
October 31, 2025
0
Tanzania: Amayobera mu myigaragambyo, burumwe wese yirwanyeho agira ibyo atahana iwe

Tanzania: Amayobera mu myigaragambyo, burumwe wese yirwanyeho agira ibyo atahana iwe Imyigaragambyo ikomeje mu gihugu cya Tanzania, aho urubyiruko rudashaka ko perezida w'iki gihugu, Samia Suluhu Hassan yiyamamaza;...

Read moreDetails

Akajagari kadasanzwe mu matora y’umukuru w’igihugu muri Tanzania, ibintu bikomeje gufata indi ntera

by Bahanda Bruce
October 30, 2025
0
Akajagari kadasanzwe mu matora y’umukuru w’igihugu muri Tanzania, ibintu bikomeje gufata indi ntera

Akajagari kadasanzwe mu matora y'umukuru w'igihugu muri Tanzania, ibintu bikomeje gufata indi ntera Mu gihe muri Tanzania hari amatora y'umukuru w'igihugu, imyigaragambyo na yo iracya igiti, aho urubyiruko...

Read moreDetails

Hagaragajwe ko umugore wa perezida w’u Bufaransa yagize ihungabana, havugwa n’icyarimuteye

by Bahanda Bruce
October 29, 2025
0
Hagaragajwe ko umugore wa perezida w’u Bufaransa yagize ihungabana, havugwa n’icyarimuteye

Hagaragajwe ko umugore wa perezida w'u Bufaransa yagize ihungabana, havugwa n'icyarimuteye Umukobwa wa Brigitte Macron(muka perezida Emmanuel Macron w'u Bufaransa), yabwiye urukiko rwo muri iki gihugu cye, ruherereye...

Read moreDetails

Kenya indege yaritwaye abagenzi yakoze impanuka

by Bahanda Bruce
October 28, 2025
0
Kenya indege yaritwaye abagenzi yakoze impanuka

Kenya indege yaritwaye abagenzi yakoze impanuka Indege nto ya gisivili yaritwaye abagenzi 12 yakoze impanuka bose bitaba Imana, nk'uko amakuru aturuka muri Kenya byabeye abitangaza. Iyi mpanuka yabaye...

Read moreDetails
Next Post
FARDC irashinjwa gushimuta umuturage mu Mikenke

Mu Mikenke FARDC, FDNB na FDLR bahahuriye n'uruva gusenya

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?