Byakaze, i Fizi Abapfulero n’Ababembe basubiranyemo baramarana.
Amakuru aturuka muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, avuga ko Mai Mai y’Abapfulero n’iy’Ababembe byasubiranyemo baricyana kubi.
Ahagana igihe c’isaha z’igicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 15/04/2025, ni bwo urusaku rw’imbunda rwatangiye kumvikana hagati ya Mai y’uruhande rw’Abapfulero n’iyo mu ruhande rw’Ababembe.
Mai Mai yo mu ruhande rw’Ababembe ikaba iyobowe n’uwiyita General Hamuri Yakutumba, mu gihe iyo mu ruhande rw’Abapfulero nayo iyobowe na Colonel Ngomanzito.
Amakuru akavuga ko imirwano y’izi mpande zombi yabereye ahitwa i Manga, aha akaba ari mu gace ka Ubwari gaherereye mu ntera ngufi uvuye mu mujyi wa Baraka muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Isubiranamo ry’izi mpande zombi nk’uko amakuru yatanzwe n’Abapfulero akomeza avuga, uruhande rwa Gen.Hamuli Yakutumba rwatakaje babiri abandi babiri barapfa, mu gihe kurundi ruhande rwo kwa Ngomanzito ntakiramenyakana.
Nanone kandi andi makuru yo ku ruhande yemeza ko impande zombi bicanye baramarana, kandi ko hapfuye ababarirwa mu mirongo ku mpande zombi mu gihe ababarirwa mu magana bo bakomeretse.
Icyongeyeho iri subiranamo hagati y’abarwanyi bayobowe na Colonel Ngomanzito n’abayobowe na Gen.Hamuri Yakutumba, ryatumye abaturage benshi baherereye muri ibyo bice byaberagamo imirwano bahunga ku bwinshi, aho benshi berekezaga i Baraka abandi n’abo nanone bakerekeza mu bindi bice bitabereyemo imirwano byo muri Fizi.
Iri subiranamo rya Mai Mai, rije rikurikira n’ubundi indi mirwano yabaye mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatatu uyu mwaka, hagati y’abarwanyi bo kwa Hamuri Yakutumba n’abo kwa General Ebuela Tresor Mutetezi nawe ukomoka mu bwoko bw’Ababembe.
Iyi mirwano ikaba ari yo yasize ihitanye ubuzima bwa General Tresor Mutetezi Ebuela. Nayo ikaba yarabereye mu bice biherereye hagati ya zone Fizi n’umujyi wa Baraka.