
Mu Gitondo cyokuri uyu wa Gatanu, tariki 17/11/2023, u mutwe wa Wazalendo, wahawe imbunda n’ingabo za Republika ya Demokarasi ya Congo, bahagaritse i Modoka z’ingabo zo mu muryango w’Abibumbye ( Monusco), ubwo bari bageze i Kibirizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyarugu.
Byavuzwe ko iriya Modoka ya Monusco yariherekejwe n’ingabo za Republika ya Demokarasi ya Congo, zose zihita zihagarikwa n’imugihe bari bavuye i Rwindi muri teritware ya Rutsuru berekeje i Kishishe agace gaheruka gufatwa n’u mutwe wa M23.
Ubwo bariya Wazalendo bahagarika ingabo za Monusco bavugaga ko badashaka Monusco k’ubutaka bwa RDC. Ibi bikozwe mugihe hari hamaze iminsi ibiri hari agahenge kamahoro muri teritware ya Masisi, Rutsuru na Nyiragongo.
N’inyuma y’imirwano ikaze yagiye ihuza M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana kuruhande rwa leta ya Kinshasa (FARDC, FDLR, Wagner Imbonerakure z’u Burundi na Wazalendo).
Ingabo z’u muryango w’Abibumbye (Monusco), zimaze Imyaka irenga 25 ziri k’ubutaka bwa RDC, m’urwego rwo gushakira iki gihugu amahoro n’u mutekano. Gusa Monusco ishinjwa n’abaturage ba RDC kutazana amahoro hubwo kobaje gushaka amabuye y’Agaciro k’ubutaka bwabo. Bityo bagasaba ko bo bavira k’ubutaka bwabo.
Bruce Bahanda.