• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 13, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Byinshi kuri Major Gen Freddy Rwigema intwari idasanzwe, yapfuye ku myaka 33 gusa y’amavuko

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 3, 2025
in Regional Politics
0
69
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byinshi kuri Major Gen Freddy Rwigema intwari idasanzwe, yapfuye ku myaka 33 gusa y’amavuko

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Major Gen Freddy Gisa Rwigema umusirikare w’Umunyarwanda wishwe arashwe mu rugamba rwo kubohora u Rwanda yari umusirikare ukomeye mu ngabo za Uganda.

Uyu musirikare yarashwe ku munsi wa kabiri w’urugamba, ahita yitaba Imana ako kanya, nyuma y’uko yari yambutse ku butaka bw’u Rwanda ku gicamunsi cyo ku itariki ya 01/10/1990.

Nk’uko amateka abigaragaza yarashwe n’Ingabo za Juvenal Habyarimana bari bahanganye, arasirwa mu bice bya Kagitumba ku ya 02/10/1990.

Umwe mu Banyarwanda babanye na we yabwiye Minembwe Capital News ko Major Gen Freddy Rwigema yinjiriye igisirikare muri Tanzania, aho perezida Museveni yategurirga ingabo ze.

Nyuma y’uko arangije amasomo ya gisirikare yagiye kuba i Dar Salaam muri Tanzania, aho yabaga ari kumwe na Gen Salim Sale, murumana wa perezida Museveni akaba kandi yari umusirikare ukomeye mu ngabo ze.

Ndetse nyuma kandi yaje koherezwa mu rugamba rwo kurwanya ibyihebe muri Cado Delgado mu gihugu cya Mozambique, amarayo imyaka ibiri ahangana nabyo mu mwaka wa 1976 kugeza 1978.

Yavuze ko ubwo perezida Museveni yajyaga gutangiza urugamba muri Uganda ahagana mu mwaka wa 1979 yongeye kugaruka, ava i Cado Delgado.

Uwavuganaga na Minembwe Capital News, yagaragaje ko Rwigema yari umwizerwa kwa perezida Museveni, kuburyo ari na we wayoboraga ingabo ze.

Yagize ati: “Icyo nakongeraho nuko igihe cyose Museveni yabaga yagiye hanze y’igihugu turi mu ishyamba, Rwigema ni we wasigaraga ayoboye igisirikare cya NRA kuko General Tumwine wakiyoboraga yari yararashwe, aba i Nairobi kwivuza.”

Yanavuze ko Gen Tumwine yagiye i Nairobi kwivuza mu mwaka wa 1982 agaruka mu 1986, igihugu cyarafashwe.

Ati: “Tumwine wari army Commander, yakomeretse mu 1982, ahita yoherezwa i Nairobi kwivuza; yongeye kugaruka twarafashe Uganda yose. Icyo gihe Rwigema ni we wari uyoboye igisirikare, iyo ataza kuba yari Umunyarwanda ni we uba waragizwe umugaba mukuru w’Ingabo z’iki gihugu cya Uganda. Ariko nanone yagizwe umwungirije.”

Uyu wavuze ko yari officer mu ngabo zabanye na Late Rwigema, yanasobanuye ko intambara ya Uganda, abasore ba Banyarwanda bayigizemo uruhare rukomeye, kandi ko bari benshi.

Ati: “Intambara ya Uganda twayigizemo uruhare runini, kandi twari na benshi.”

Usibye n’ibyo, yavuze ko aribo bakoraga na kazi ka intelligence muri iki gisirikare, ibyanatumaga Museveni amenyera ku gihe ibintu byose byabaga bigiye kuba.

Ati: “Buri kintu cyose cyabaga kigiye kuba, perezida Museveni yarakimenyaga, kuko intelligence yakorwaga n’abasore ba Banyarwanda. Bari abizerwa imbere ye, kandi na bo bamwiyumvaga mo cyane.”

Major Gen Freddy Rwigema yavutse mu mwaka wa 1957, avukira mu Rwanda, ariko akurira muri Uganda kubera ko ababyeyi be ari yo bari barahungiye, ni nyuma y’aho bahunze ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi mu Rwanda icyo gihe.

Iyi ntwari yapfuye ifite imyaka 33 y’amavuko gusa. Azwi cyane mu bitero bikoranye ubuhanga yayoboye mu majyaruguru ya Uganda no mu majy’epfo yayo.

Ndetse kandi azwiho kuba yari inshuti idasanzwe ya perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuko ni na we bakuranye, yamurushaga amezi atandatu gusa. Binazwi ko aribo bombi batangiye gukangurira abanyarwanda gutaha mu rwababayeye, kugeza umugambi wuzuye.

Tags: Freddy RwigemaIntwariRwandaUganda
Share28Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Igihano cy’urupfu Kabila yakatiwe, n’abari i Kinshasa bacyamaganye

Igihano cy'urupfu Kabila yakatiwe, n'abari i Kinshasa bacyamaganye

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?