• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, March 9, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Byinshi kuri Major Gen Freddy Rwigema intwari idasanzwe, yapfuye ku myaka 33 gusa y’amavuko

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 3, 2025
in Regional Politics
0
70
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byinshi kuri Major Gen Freddy Rwigema intwari idasanzwe, yapfuye ku myaka 33 gusa y’amavuko

You might also like

Perezida Museveni Yashyikirijwe Inkoni y’Ubuyobozi bwa EAC

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

Major Gen Freddy Gisa Rwigema umusirikare w’Umunyarwanda wishwe arashwe mu rugamba rwo kubohora u Rwanda yari umusirikare ukomeye mu ngabo za Uganda.

Uyu musirikare yarashwe ku munsi wa kabiri w’urugamba, ahita yitaba Imana ako kanya, nyuma y’uko yari yambutse ku butaka bw’u Rwanda ku gicamunsi cyo ku itariki ya 01/10/1990.

Nk’uko amateka abigaragaza yarashwe n’Ingabo za Juvenal Habyarimana bari bahanganye, arasirwa mu bice bya Kagitumba ku ya 02/10/1990.

Umwe mu Banyarwanda babanye na we yabwiye Minembwe Capital News ko Major Gen Freddy Rwigema yinjiriye igisirikare muri Tanzania, aho perezida Museveni yategurirga ingabo ze.

Nyuma y’uko arangije amasomo ya gisirikare yagiye kuba i Dar Salaam muri Tanzania, aho yabaga ari kumwe na Gen Salim Sale, murumana wa perezida Museveni akaba kandi yari umusirikare ukomeye mu ngabo ze.

Ndetse nyuma kandi yaje koherezwa mu rugamba rwo kurwanya ibyihebe muri Cado Delgado mu gihugu cya Mozambique, amarayo imyaka ibiri ahangana nabyo mu mwaka wa 1976 kugeza 1978.

Yavuze ko ubwo perezida Museveni yajyaga gutangiza urugamba muri Uganda ahagana mu mwaka wa 1979 yongeye kugaruka, ava i Cado Delgado.

Uwavuganaga na Minembwe Capital News, yagaragaje ko Rwigema yari umwizerwa kwa perezida Museveni, kuburyo ari na we wayoboraga ingabo ze.

Yagize ati: “Icyo nakongeraho nuko igihe cyose Museveni yabaga yagiye hanze y’igihugu turi mu ishyamba, Rwigema ni we wasigaraga ayoboye igisirikare cya NRA kuko General Tumwine wakiyoboraga yari yararashwe, aba i Nairobi kwivuza.”

Yanavuze ko Gen Tumwine yagiye i Nairobi kwivuza mu mwaka wa 1982 agaruka mu 1986, igihugu cyarafashwe.

Ati: “Tumwine wari army Commander, yakomeretse mu 1982, ahita yoherezwa i Nairobi kwivuza; yongeye kugaruka twarafashe Uganda yose. Icyo gihe Rwigema ni we wari uyoboye igisirikare, iyo ataza kuba yari Umunyarwanda ni we uba waragizwe umugaba mukuru w’Ingabo z’iki gihugu cya Uganda. Ariko nanone yagizwe umwungirije.”

Uyu wavuze ko yari officer mu ngabo zabanye na Late Rwigema, yanasobanuye ko intambara ya Uganda, abasore ba Banyarwanda bayigizemo uruhare rukomeye, kandi ko bari benshi.

Ati: “Intambara ya Uganda twayigizemo uruhare runini, kandi twari na benshi.”

Usibye n’ibyo, yavuze ko aribo bakoraga na kazi ka intelligence muri iki gisirikare, ibyanatumaga Museveni amenyera ku gihe ibintu byose byabaga bigiye kuba.

Ati: “Buri kintu cyose cyabaga kigiye kuba, perezida Museveni yarakimenyaga, kuko intelligence yakorwaga n’abasore ba Banyarwanda. Bari abizerwa imbere ye, kandi na bo bamwiyumvaga mo cyane.”

Major Gen Freddy Rwigema yavutse mu mwaka wa 1957, avukira mu Rwanda, ariko akurira muri Uganda kubera ko ababyeyi be ari yo bari barahungiye, ni nyuma y’aho bahunze ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi mu Rwanda icyo gihe.

Iyi ntwari yapfuye ifite imyaka 33 y’amavuko gusa. Azwi cyane mu bitero bikoranye ubuhanga yayoboye mu majyaruguru ya Uganda no mu majy’epfo yayo.

Ndetse kandi azwiho kuba yari inshuti idasanzwe ya perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuko ni na we bakuranye, yamurushaga amezi atandatu gusa. Binazwi ko aribo bombi batangiye gukangurira abanyarwanda gutaha mu rwababayeye, kugeza umugambi wuzuye.

Tags: Freddy RwigemaIntwariRwandaUganda
Share28Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Perezida Museveni Yashyikirijwe Inkoni y’Ubuyobozi bwa EAC

by Bahanda Bruce
March 7, 2026
0
Perezida Museveni Yashyikirijwe Inkoni y’Ubuyobozi bwa EAC

Perezida Museveni Yashyikirijwe Inkoni y’Ubuyobozi bwa EAC Mu nama ya 25 y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, East African Community (EAC), yabereye mu Mujyi wa Arusha muri...

Read moreDetails

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

by Bahanda Bruce
March 7, 2026
0
Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko u Rwanda rwifuza amahoro arambye mu...

Read moreDetails

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

by Bahanda Bruce
March 6, 2026
0
Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze Mu gihe ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari bikomeje...

Read moreDetails

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza Mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’umugabane wa Afurika, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje...

Read moreDetails

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails
Next Post
Igihano cy’urupfu Kabila yakatiwe, n’abari i Kinshasa bacyamaganye

Igihano cy'urupfu Kabila yakatiwe, n'abari i Kinshasa bacyamaganye

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?