
Komisiyo ishinzwe gutegura Amatora CENI, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, k’u mugoroba wo ku Cyumweru, tariki 24/12/2023, yatangiye gutangaza ibyavuye mu Matora y’umukuru w’igihugu imbere mu gihugu.
Bakaba bari gutangaza amajwi yo mu Ntara. Ni Amatora yabaye tariki ya 20-21-22/12/2023.
Gusa mubayatangajwe kuri uyu wo ku Cyumweru, bigaragara ko Perezida Félix Tshisekedi, akomeje kuza imbere mu bice bya Makanza, Isiro Ville, Bunia, Wamba, Bikoro na Momba.
Usibye agace ka kenge mu Ntara ya Kwango niho Martin Fayulu, yatsinze kumajwi 57,9%.
Kubara bikaba bigikomeje nk’uko CENI, ibitangaza.
N’ubwo CENI ikomeje kubara amajwi ariko abakandida batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, basabye ko uhagarariye komisiyo y’amatora, Denis Kadima, afungwa kandi Amatora akaba imfabusha nimugihe bakomeje gusaba ko Amatora yasubirwamo bundi bushya.





Bruce Bahanda.