
Umusirikare mungabo za FARDC uramutswa 12ème brigade ifite icicaro Muminembwe yasabye abaturage ba Minembwe kurambika intwaro hasi bakareka leta igakora akazi kayo.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 09.04.2023, saa 2:17PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News, nuko kuruyu wamungu ubwo basoza ga Pasika Kukiziba ca Minembwe mwitorero rya Methodist Libre, Col Alexis Rugabisha, uramutswa 12ème brigade ireba imisozi miremire y’Imulenge yahawe ijambo aravuga ngo:
“Leta ya Republika ya democrasi ya Congo (RDC), yatanze amahoro kubantu bose baturiye Imulenge nahandi, ariko rero kugirango ayo mahoro tuyagereho nuko umuntu wese ufite ikigwanisho yiyunga na leta ya Kinshasa.”
Alexis Rugabisha, yakomeje abwira abitabiriye ayo materaniro bose ko ingabo za FARDC ziyobowe nawe zishaka gutanga amahoro ariko bidashoboka mugihe harabasivile bakigendana imbunda.
Col Alexis Rugabisha, yageze mukarere ka Minembwe nyuma yuko Brigadier general Andre Ohenzo, yarahavuye nimugihe Alexis Rugabisha yaramaze igihe atari mukarere ka Minembwe aho bivugwa ko yari Mukiruhuko.
Amahoro yagarutse Muminembwe mugihe Gen Andre Oketi Ohenzo, yaramaze kuhagera akihagera yabwiye abaturage ko abazaniye amahoro mumisozi miremire y’Imulenge.
Akarere k’imisozi miremire y’Imulenge karikamazemo igihe kingana nimyaka irenga 7 karimo intambara zurudaca hagati yabaturage b’irwanaho n’Ingabo za FARDC ziyobowe na Col Alexis Rugabisha.





Nabanze aje mururenge abwire mai mai irambike intwaro bagarure ninkabanyaze.
Thanks for sharing this with us.
Ese nukuberiki abasirikare babanyamurenge bose batemerewe kumukibari , nokuva muri territoire imwe ngobaje muyindi ariko Rugabisha iwe akabyemererwa ?
Ayo mahoro arikuvuga ntayo yahasanze ? Kuki itabaza impamvu intambara zaduka iyo yageze Minembwe ariko yahava abantu bakabona amahoro ! Nagende amenye neza yuko iwe nashebuja aribo baraza abanyamurenge ibibazo .kd ntatuvugishe menshi turacari mukiriyo cy’intwari Col. Muheto kuko ibyurupfurwiwe bitarasobanuka . Ndoreyuko bimeze nkibya gen Opio , Runyagisha amenye yuko arikuvugutirwa umuti.
Hhhhhh mwaravumwe nukuberiki abantu bagirira col rugabisha ishari ibindimwavuze mwabeshe