• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, November 21, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Col. Gakiza, Umusirikare Watabarutse Ariko Asigira Abanyamulenge Urwibutso Rudashira

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 20, 2025
in Conflict & Security
0
Col. Gakiza, Umusirikare Watabarutse Ariko Asigira Abanyamulenge Urwibutso Rudashira
122
SHARES
3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Col. Gakiza, Umusirikare Watabarutse Ariko Asigira Abanyamulenge Urwibutso Rudashira

You might also like

Abaturage ba Lugushwa mu Myigaragambyo Ikomeye, Bamaganye Wazalendo, Basaba ko Bakurwa mu Gace Kabo

Amasezerano ya Doha Ateganya Kwambura Intwaro Abarwanyi ba Wazalendo

Maj.Gen.Nyembo Yasimbuye Gen.Masunzu ku Buyobozi bwa 3ᵉ Zone de Défense Nyuma y’Itabwa muri Yombi Rye

Colonel Immobile Gakiza, umwe mu basirikare b’Abanyamulenge bagize uruhare rukomeye mu mateka y’umutekano n’impinduka za politiki muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), ni umwe mu ntwari zakoreye igihugu kugeza ku munota we wa nyuma. Yatabarutse tariki ya 17/11/2014, aguye ku rugamba mu gihe ingabo za Leta zari mu mirwano ikaze n’inyeshyamba za Mai-Mai muri teritware ya Shabunda, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Yaguye ahitwa i Lutika muri teritware ya Shabunda, ubwo umutwe wa Mai-Mai wagabaga igitero gikomeye ku ngabo yari ayoboye. Abari kumwe na we bavuga ko yarashwe n’abanzi mu gihe bari mu bikorwa byo kwagura umutekano.

Col. Gakiza yavukiye kandi akurira mu misozi y’i Mulenge, ahazwi nk’iwabo w’Abanyamulenge muri Kivu y’Amajyepfo. Umwe mu bagize umuryango we yabwiye Minembwe Capital News ubuhamya bukomeye. Yagize ati:

“Mu 1992 Gakiza yavuye mu Minembwe ajya i Milimba. Agezeyo, umuhanuzi w’Umupfulero amubwira ko amubonye yikoreye igupfwa kandi ko atazaritura hasi.”

Iri gupfwa mu buhanuzi ryasobanuraga ko azabaho ari umusirikare kugeza ku munsi wo gupfa kwe. Kuri Gakiza, byahindutse ukuri.

Mu 1993, Gakiza yerekeje mu Rwanda, aho yifatanyije n’ingabo za FPR Inkotanyi mu rugamba rwo kubohora igihugu.

Mu 1996, ubwo impinduramatwara ya AFDL yatangiraga, yambukanye n’abandi basirikare b’inkoramutima b’Abanyamulenge berekeza muri Congo mu rugamba rwo guhirika ubutegetsi bwa Mobutu. Akigera mu mashyamba ya Congo nta peti yari afite, ariko kubera ubuhanga, ubutwari no kwitangira abandi, yazamuwe mu ntera kugeza ku rwego rwa Colonel.

Col. Gakiza yakoze ibikorwa bikomeye bya gisirikare mu bice bitandukanye byo muri Kivu y’Epfo birimo:Fizi, Uvira, Mwenga, Walungu na Shabunda.

Yanagiye atabara ahari hadutse ibibazo bikomeye, cyane cyane mu duce twa Bibogobogo, kuko hari ubwo yatanze umusaada mu ngabo za Col. Nyamushebwa, no mu bice bya Mibunda na Kirisi, aho yakoranaga n’ingabo zaho mu gucungira abaturage umutekano.

Abamuzi bavuga ko yari umuntu wicisha bugufi, ugira neza, ukunda abaturage, kandi wiyumvaga mu kibazo cy’Abanyamulenge kurusha undi wese.

Col. Gakiza yari mu itsinda rizwi ry’abasirikare barenga 15 ryaturutse ku Ndondo ya Bijombo, ryari rihagariwe n’abarimo: Lt Gen Makanika, Major Kagigi, n’abandi bo mu nzego z’icyo gihe. Bavuga bagiye kubohoza umujyi wa Bukavu, aho Gakiza yamenyekanye nk’umwe mu basirikare badatinya urugamba.

Mu 2008, Col. Gakiza yagize uruhare runini mu guhashya imitwe ya Mai-Mai, cyane cyane iya Col. Ndamushobora, wari watangiye imvugo zikwirakwiza urwango avuga ko azasubiza Abanyamulenge muri Ethiopia “abanyujije mu mugezi wa Nile.”

Gakiza n’ingabo yari ayoboye bashoboye guhosha icyo gitero, bituma abaturage bo mu Minembwe bakomeza kubona amahoro.

Col. Gakiza yasize izina rikomeye mu mitima y’Abanyamulenge n’abatuye Kivu y’Amajyepfo. Abamuzi bemeza ko yari:Umugwaneza, umutoni ku baturage, umusirikare ukunda igihugu, umuntu wubaha ubwenegihugu n’uburenganzira bw’Abanyamulenge

Nubwo yapfiriye ku rugamba, izina rye riracyibukwa nk’irya nyakwigendera waharaniye amahoro mu bihe byari bikomeye kurusha ibindi.

Tags: AmatekaCol.Gakiza
Share49Tweet31Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Abaturage ba Lugushwa mu Myigaragambyo Ikomeye, Bamaganye Wazalendo, Basaba ko Bakurwa mu Gace Kabo

by Bahanda Bruce
November 21, 2025
0
Abaturage ba Lugushwa mu Myigaragambyo Ikomeye, Bamaganye Wazalendo, Basaba ko Bakurwa mu Gace Kabo

Abaturage ba Lugushwa mu Myigaragambyo Ikomeye, Bamaganye Wazalendo, Basaba ko Bakurwa mu Gace Kabo Muri centre ya Lugushwa, imwe mu duce dukomeye dukorerwamo ubucuruzi muri teritwari ya Mwenga...

Read moreDetails

Amasezerano ya Doha Ateganya Kwambura Intwaro Abarwanyi ba Wazalendo

by Bahanda Bruce
November 20, 2025
0
Amasezerano ya Doha Ateganya Kwambura Intwaro Abarwanyi ba Wazalendo

Amasezerano ya Doha Ateganya Kwambura Intwaro Abarwanyi ba Wazalendo Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye mu nyubako ya BDGL mu mujyi wa Goma kuri uyu wa kane tariki ya 20/11/2025,...

Read moreDetails

Maj.Gen.Nyembo Yasimbuye Gen.Masunzu ku Buyobozi bwa 3ᵉ Zone de Défense Nyuma y’Itabwa muri Yombi Rye

by Bahanda Bruce
November 20, 2025
0
Maj.Gen.Nyembo Yasimbuye Gen.Masunzu ku Buyobozi bwa 3ᵉ Zone de Défense Nyuma y’Itabwa muri Yombi Rye

Maj.Gen.Nyembo Yasimbuye Gen.Masunzu ku Buyobozi bwa 3ᵉ Zone de Défense Nyuma y’Itabwa muri Yombi Rye Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yemeje Major General Nyembo Abdallah nk’umuyobozi...

Read moreDetails

Abarundi bo mu Kibaya cya Ruzizi Baratabaza AFC/M23, Basaba Umutekano n’Amahoro

by Bahanda Bruce
November 20, 2025
0
Abarundi bo mu Kibaya cya Ruzizi Baratabaza AFC/M23, Basaba Umutekano n’Amahoro

Abarundi bo mu Kibaya cya Ruzizi Baratabaza AFC/M23, Basaba Umutekano n’Amahoro Umuryango w’Abanye-Congo bakomoka mu Burundi batuye mu Kibaya cya Ruzizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, uratabaza usaba...

Read moreDetails

Imirwano Ikaze Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo Yongeye Kubura muri Kivu y’Epfo

by Bahanda Bruce
November 20, 2025
0
RDC: Twirwaneho iraburira ku bitero bishobora kwibasira Abanyamulenge

Imirwano Ikaze Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo Yongeye Kubura muri Kivu y’Epfo Mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, imirwano ikaze yongeye kubura hagati y’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23)...

Read moreDetails
Next Post
RDC: Twirwaneho iraburira ku bitero bishobora kwibasira Abanyamulenge

Imirwano Ikaze Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo Yongeye Kubura muri Kivu y’Epfo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?