Col. Gisore w’Umunyamulenge wo muri FARDC yaguye mu mpanuka y’indege.
Colonel Gisore uzwi cyane ku izina rya Kigofero yaguye mu mpanuka y’indege y’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo hamwe n’umugore we.
Col.Kigofero ni mwene Kimbwambwa, yari umusirikare wo mu ngabo za RDC, akaba yakoreraga ahitwa i Bunia mu ntara ya Ituri mu Burasirazuba bwa RDC.
Uyu munsi ku wa gatandatu tariki ya 16/08/2025, ni bwo yavuye i Bunia yerekeza i Kisangani mu ntara ya Tshopo aho yari yategetswe kwitaba.
Amakuru avuga ko yari yahagawe na Lt Gen Pacifique Masunzu uyoboye zone ya gatatu y’ingabo z’iki gihugu cya RDC.
Ubwo yahagurukaga i Bunia, yakoresheje imodoka, kandi ajana n’abasirikare bashinzwe umutekano we, n’umugore we bari bamaranye iminsi mike aje kumuramutsa.
Noneho, bageze i Lubutu hafi n’umujyi wa Kisangani aho yari yerekeje, ahasanga abasirikare baje ku mutega bamutegeka kurira indege ya kajugujugu y’igisirikare cya RDC n’umugore we, arko abasirikare be bagasigara aho.
Ibi yabikoze, kuko abashinzwe umutekano we bahasigaye, ubundi iwe n’umugore we burira ya ndege.
Icyakurikiyeho ni impanuka yahise iba ako kanya iyo ndege ikimara guhaguruka.
Icyibazwa ni uburyo Col.Gisore yategetswe kurira indege mu gihe yarihafi kugera aho yajaga, kandi aho yaraturutse bivugwa ko ari ho hari kure.
Ariko kandi, kugeza ubu ntacyo ubuyobozi bw’ingabo za FARDC buratangaza kuby’uru rupfu, ibikomeje gutuma rwibazwaho n’abenshi.
Umwe mu Banyamulenge yakoresheje ubutumwa bw’amajwi avuga ko yagaye imyitwarire ya FARDC, aho yavuze ko bitumvikana kuvuga ngo Kajugujugu yagonze igiti, nk’uko amakuru yavuzwe mbere yabivugaga.
Yagize ati: “Kugeza ubu sinumva ukuntu bavuga ko Kajugujugu yagonze igiti, ubuse kugonga igiti kwa Kajugujugu byoteza impanuka ikomeye nk’iyi. Ibi birimo amahinyu.”
Yakomeje ati: “Bizamenyekana, ukuri kwabyo umunsi umwe kuzaja ahagaragara. Ababifitemo uruhare babiryozwe.”
