
Col Muheto Stanislas, mungabo za Republika ya democrasi ya Congo (FARDC), yapfuye akaba yishwe nindwara itunguranye.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 02.04.2023, saa 9:38AM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Inkuru yumubabaro Minembwe Capital News, ikesha itangazo ryumuryango Nyakwigendera yavukagamo, rivuga ko Col Stanislas Muheto, umusirikare mungabo za Republika ya democrasi ya Congo (FARDC) yaraye apfuye mwirijoro ryakeye ryokwitariki 01.04.2023.
Col Muheto Stanislas, yarangirije mubitaro bya Kavumu i Bukavu muntara ya Kivu yamajyepho mugihugu ca Republika ya democrasi ya Congo (RDC).
Ubwo Minembwe Capital News, yagerageje kubaza bamwe mungabo za FARDC ko ibi ari ukuri umwe muribo yagize ati: “FARDC yabitangaza itabitangaza gusa tubabajwe nurupfu rwintwari yadusize, uyu yarumugabo utaba muri twadutiku twaba Sevile.”
Haribyinshi byavuzwe kumbuga nkoranya Mbaga (Social media), bivuga ubutwari bwa Nyakwigendera Stanislas Muheto, bavuze ko ahagana mumwaka wa 1999 -2000, ko yagize uruhare runini kugira akarere Kindondo ya Bijombo muri Teritware ya Uvira, kabemo amahoro, muribimwe yabafashije nuko yarwanyije Mai Mai aho bita Gatanga na Gihamba na Gikozi na Kirumba, muribi bice yarwanyije Mai Mai afatanije na Major Kagigi Musabwa, nawe watabarutse.
Stanislas Muheto, muriyimyaka yavuzwe bivugwa ko yanagize uruhare mugutuma Inzira ya Kirungwa iboneka nimugihe yariyarafunzwe kubera Mai Mai, Inzira ya Kirungwa ihuza Umujyi wa Uvira nibice by’Indondo ya Bijombo.
Ahandi Muheto Yagaragaje ubutwari nimubice bya Gituntu muriza operation zahabaye ahagana mumwaka wa 1998.
Mumwaka wa 2016-2017 yarenganuye Abacuruzi mubice bya Kindu nimugihe banyagwaga numutwe witerabwoba wa FDLR na Mai Mai.
Col Stanislas Muheto, arangije afite imyaka 50.
Tumwifurije iruhuko ridashira.




