
Colonel Sebastien Kabulo, warumu Polisi muri Republika ya Demokarasi ya Congo(PNC), y’ishwe nabantu batabashe kumenyekana.
Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 21/07/2023, saa 5:00pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Mugace kitwa Kasenga homuntara ya Haut-Katanga, mugihugu ca Republika ya Demokarasi ya Congo, bwakeye basanga umurambo wa Colonel Sebastien Kabulo, urambaraye hafi naho bavomera amazi murako gace ka Kasenga.
Colonel Sebastien Kabulo, yarumwe muba Polisi bakuru muri Polisi ya RDC ikorera murako gace ka Kasenga homuntara ya Haut-Katanga. Uyu mupolisi w’ishwe byemejwe ko yari numuvandimwe wa Minisitiri w’imikino(Sport), muri leta ya Republika ya Demokarasi ya Congo, bwana François, Kabulo.
Uru rupfu rwuyu Mupolisi warufite ipeti rya Colonel, ruje rukurukira urwa Depite Cherubin Okende wiciwe i Kinshasa, akaba yarishwe urupfu rubi rwagashinyaguro rwenda gusa nurwo Colonel Sebastien Kabulo, aho basanze umurambo usa nuwabanjye kunigwa anigishijwe imigozi.
N’imugihe Kandi i Kinshasa abagore benshi bakoze imyiyerekano maze bazenguruka Umujyi wa Kinshasa basaba leta ko yokora ibishoboka hagakorwa Iperereza ry’imbitse abishe Depite Cherubin Okende bakagezwa Imbere y’ubutabera.
Aba bagore kandi basabye ko umutekano wagera kuri buriwese ndetse bagasaba ko hoba nubutabera aho bakomeje gusaba ko leta ikwiye kubafungurira Salomon Kalonda na Mike Mukebayi, abo bavuga ko bafunzwe buzira impamvu. Muriyo myiyerekano abo badamu bageze n’imbere y’ikigo ca Monusco kiri i Kinshasa, basaba ubutabera muri RDC. Ibi babikoze uyumunsi kuwa Gatanu.
Inkuru dukesha umunyamakuru wa RDC, wandika akoresheje Urubuga rwa Twitter, bwana Stanis Bujakera.