
Dr Charles Murigande wabayeho umuyobozi ukomeye mu butegetsi bwa leta ya Kigali ndetse nomu i shyaka rya RPF Inkotanyi, yatanze isomo rikaze ku nyigisho yarahuye mu muryango “Unity Club Intwararumuri,” n’inyigisho avuga ko zagize uruhare runini mu kurandura imyitwarire idahwitse yagaragaraga kuri bamwe bakurwaga ku buyobozi hambere bagasharirirwa, bamwe bakanahunga Igihugu.
Nk’uko Iy’inkuru tuyikesha ikinyamakuru cya Radio 10, Dr Charles Murigande yigeze kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, kuva mu mwaka w’ 2002 kugeza mu mwaka w’ 2009, muri leta ya Perezida Paul Kagame, akaba yaranagize imyanya mu nzego nkuru z’Igihugu, aho yaje kuba kandi minisitiri w’uburezi mu mwaka w’2009 kugeza mu mwaka w’2011, yatangaje ibi ubwo yagaragazaga umusaruro w’Umuryango Unity Club Intwararumuri.
Murigande, yavuze ko yagize amahirwe yo kuba umunyamuryango wa Unity Club Intwararumuri, kuva washingwa na Madamu Jeannette Kagame, kandi ko hari byinshi yawungukiyemo.
Dr Charles Murigande, yagize ati “Ikintu gikomeye Unity Club imaze kubaka mu buyobozi, ni uko abantu benshi bamaze gusobanukirwa ko kuba umuyobozi ari ukuba umugaragu w’Abaturarwanda, kandi atari ikintu uba mu gihe ugifite Post uhagarariye, ari ikintu ukwiriye kuba mu gihe cyose.”
Dr Murigande avuga ko mu gihe cyo hambere hari abantu bavanwaga mu myanya y’ubuyobozi bakagaragaza imyitwarire y’umujinya yo kutanyurwa no kuba batakiri abayobozi.
Ati “Hari igihe kera abantu bavaga mu buyobozi, ukabona barashaririye, bamwe barahunze abandi bagize bate, ibyo bintu byose byarashize.”
Yakomeje agira ati “Ndahamya ko Unity Club yatanze umusanzu mu kongera kubaka iyo myumvire myiza yo kuba uri Umuyobozi, ukaba uri Minisitiri umwaka umwe, ibiri se, itanu se, byarangira ukagenda ugakomeza ukaba Umunyarwanda ufite akamaro, aho atuye mu byo akora, utumva ko ubwo yavuye ku Buminisitiri nta gaciro agifite cyangwa yibagiranye.”

Uyu Mugabo Murigande avuga ko inyigisho zirahurwa muri Unity Club zagize uruhare rukomeye mu kumvisha abayobozi ko igihe bakiri mu nshingano, baba bagomba kumva ko babereyeho gukorera abaturage, kandi ko nanone igihe bazivuyemo baba bakwiye gukomeza gutanga umusanzu mu kubaka Igihugu.
Dr Charles Murigande, yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru avuye ku mwanya w’Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe iterambere, ari na wo mwanya yasorejeho.
By Bruce Bahanda.
Ibiganiro byanyu ntacyo byari bibaye, ni uko mushyiraho amafoto ya illuminati, y’ubusambanyi, mukaba mukora contrat na satani mutabizi. Niba buri link yose ariko igomba kumera, ahubwo mwayiheba, niba isaba ko muban a kuyoba!