Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

Dr.Kanyiki wahawe umwanya ukomeye muri AFC ni muntu ki?

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 1, 2025
in History
0
Dr.Kanyiki wahawe umwanya ukomeye muri AFC ni muntu ki?
172
SHARES
4.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Dr.Kanyiki wahawe umwanya ukomeye muri AFC ni muntu ki?

You might also like

Ibyimbitse kuri Marie ushinjwa gukora icyaha cyo kwica umuyobozi i Bukavu.

Ibyo wa menya kuri perezida Ibrahim Traoré ukunzwe cyane muri Afrika no ku Isi.

Hatangajwe amakuru y’urupfu rutunguranye rwa visi guverineri wa Kivu y’Epfo.

Dr. Freddy Kanyiki, uheruka kuva muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yerekeza mu Burasizuba bwa Congo gufatikanya n’ihuriro ry’imitwe ya politiki n’iyagisirikare rya Alliance Fleuve Congo(AFC), yagizwe umuyobozi ukomeye, aho yahawe umwanya wa kabiri muri iryo ihuriro rigamije gushyiraho iherezo ryanyuma ubutegetsi bw’i Kinshasa. Iri huriro riyobowe na Corneille Nangaa.

Mu minsi mike ishize nibwo iri huriro rya AFC ryatangaje ko Kanyiki ari we wungirije umuhuza bikorwa mukuru waryo, aho ashyinzwe iterambere n’ubukungu.

Kanyiki ni Umunyamulenge, umwana w’Umukozi w’Imana, Reverend Mahota, wayoboye igihe kirekire itorero rya Methodist Libre i Mushimbaki muri Baraka, ho muri teritware ya Fizi.

Akaba kandi umwe mubayobozi bakomeye bo muri Mahoro-Peace Association izwiho gufasha Abanyamulenge mu gihe cyose babaye mu kaga k’intambara bashoweho na Leta y’i Kinshasa kuva mu 2017-2025. Kanyiki ni umwe mu bafashije ababyeyi basigaye imuhira, ahazwi nk’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo, nk’uko Abanyamulenge babivuga.

Umubyeyi wa Freddy Kanyiki yazize jenocide yakorewe Abanyamulenge mu 1996, kabone nubwo yari ashyumbye amatorero aherereye i Baraka, igice gituwe cyane n’Ababembe, ntibyabujije ko imitwe yitwaje imbunda irimo FDLR na Mai-mai imwicana n’abandi Banyamulenge babarirwa mu magana bari i Kabera, Mushimbaki n’ahandi muri ibi bice by’umushyashya.

Ise wa Kanyiki, Mahota, ari mu bagize uruhare runini mu kwigisha abana b’Ababembe, ubwo yari akorera muri ibyo bice. Yabigishaga abinyujije muri “Compassion,” ariko barangije bamwitura ku mwica.

Nyuma y’urupfu rw’umubyeyi we, Kanyiki na mama we, bahawe ubufasha baja gutura muri Amerika.
Akimara kugera i Bukavu avuye muri Amerika yatangaje ko bazanye impinduka muri iki gihugu.

Yagize ati: “Ndishimye cyane kongera kugera aha, navuye i Bukavu mu 1994, ariko nagarutse, kandi uko ngarutse sink’uko nahavuye. Ndi umwana wo muri Kivu y’Epfo. Ndi umwana wo mu Minembwe, ndi Umunyamulenge. Ndanabaramukije mwese.”

Yunze kandi ati: “Tuje kugira tugire ibyo duhindura. Tuzabigisha kubana neza, ntavangura iryo ariryo ryose. Imana ibahe imigisha.”

Ibyerekeye amashuri, Dr Kanyiki, yigiye amashuri y’isumbuye muri Kivu y’Epfo, akomereza i Butare, nyuma aja muri Amerika, ari naho yaherewe impamyabumenyi ya doctorat muri Pharmacie.
Bizwi kandi ko yagiye ahabwa ibihembo bitandukanye nk’umwe mu baganga bagiye bitwara neza muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Tags: Dr.KanyikiTwirwaneho
Share69Tweet43Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibyimbitse kuri Marie ushinjwa gukora icyaha cyo kwica umuyobozi i Bukavu.

by Bruce Bahanda
May 16, 2025
0
Ibyimbitse kuri Marie ushinjwa gukora icyaha cyo kwica umuyobozi i Bukavu.

Ibyimbitse kuri Marie ushinjwa gukora icyaha cyo kwica umuyobozi i Bukavu. Marie Bizimana ni umukobwa uri mu kigero cy'imyaka iri hagati ya 25 na 20 y'amavuko, akaba mwene...

Read moreDetails

Ibyo wa menya kuri perezida Ibrahim Traoré ukunzwe cyane muri Afrika no ku Isi.

by Bruce Bahanda
May 13, 2025
0
Ibyo wa menya kuri perezida Ibrahim Traoré ukunzwe cyane muri Afrika no ku Isi.

Perezida ukunzwe cyane muri Afrika no ku Isi.

Read moreDetails

Hatangajwe amakuru y’urupfu rutunguranye rwa visi guverineri wa Kivu y’Epfo.

by Bruce Bahanda
May 12, 2025
0
Hatangajwe amakuru y’urupfu rutunguranye rwa visi guverineri wa Kivu y’Epfo.

Hatangajwe amakuru y'urupfu rutunguranye rwa visi guverineri wa Kivu y'Epfo. Visi guverineri w'i ntara ya Kivu y'Amajyepfo, Gasinzira Gashingira Juvenal, ntakiri mu isi yabazima, aho yapfuye muburyo butunguranye....

Read moreDetails

M’u Rwanda intama yabyaye itungura benshi.

by Bruce Bahanda
May 12, 2025
0
M’u Rwanda intama yabyaye itungura benshi.

M'u Rwanda intama yabyaye itungura benshi. I Rubavu ho mu gihugu cy'u Rwanda intama yabyaye abana batandatu icyarimwe, ibyatumye benshi batungurwa kuko bitari bimenyerewe. Aya makuru agaragaza neza...

Read moreDetails

Amarira n’imenshi ku batuye i Bubwari muri Fizi.

by Bruce Bahanda
May 10, 2025
0
Amarira n’imenshi ku batuye i Bubwari muri Fizi.

Amarira n'imenshi ku batuye i Bubwari muri Fizi. Abantu 100 nibo byatangajwe ko bishwe n'umwuzure watewe n'imvura yaguye ari nyinshi i Bubwari muri teritware ya Fizi mu ntara...

Read moreDetails
Next Post
Ibivugwa kuri Tshisekedi wamaze kwaka ubuhungiro aranabwemererwa.

Kinshasa yatangije indi nzira yo kurwanya ubutegetsi bw'i Kigali.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?