EU Yahagaritse Amasezerano n’Amerika, Intangiriro y’Intambara Nshya y’Ubukungu
Nk’uko bigaragara mu isesengura rikomeje gukwirakwira mu nzego za dipolomasi n’ubukungu ku Isi, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) wafashe icyemezo gikomeye cyo guhagarika amasezerano y’ubucuruzi wari ufitanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iki cyemezo bivugwa ko cyatewe ahanini n’igitutu n’iterabwoba by’imisoro Amerika yashyiraga ku bicuruzwa by’i Burayi, mu mpaka zishingiye ku kibazo cya Greenland n’ubusugire bw’ubutaka.
Iki cyemezo cyafatiwe mu bihe byaranzwe n’umwuka mubi n’ubwumvikane buke hagati y’impande zombi, kikaba gifatwa nk’intambwe idasanzwe mu mateka y’umubano wa transatlantique. Uwo mubano wari umaze imyaka irenga 70 wubakiye ku bufatanye bukomeye mu by’ubukungu, umutekano n’igisirikare, kuva Intambara ya Kabiri y’Isi irangiye mu 1945.
Amakimbirane yatangiye gufata indi ntera mu myaka ya vuba, cyane cyane igihe Amerika yatangiraga gukoresha imisoro nk’intwaro ya politiki n’ubukungu, bigashyira igitutu gikomeye ku bucuruzi mpuzamahanga. Ikibazo cya Greenland, gifite agaciro gakomeye mu by’umutekano, umutungo kamere n’aho giherereye mu byerekeye geopolitiki, cyabaye intandaro yo gukaza umwuka mubi hagati ya Washington na Bruxelles.
Mu mpera z’umwaka ushize, EU yatangiye gutangaza ku mugaragaro ko itazihanganira iterabwoba rishingiye ku misoro, ishimangira ko ubusugire bw’ubutaka n’ubwigenge bwa politiki ari umurongo utukura utarengwa. Ibi byakurikiwe n’ibiganiro byapfubye, kugeza ubwo EU ifashe icyemezo cyo gushyira ku ruhande amasezerano y’ubucuruzi yari ayihuje na Amerika.
Benshi bise iyi ntera EU yafashe “Fortress Europe,” bisobanura u Burayi bwiyemeje kwikingira no kurinda inyungu zabwo n’ubwigenge bwabwo, mu gihe bubona Amerika itakiri umufatanyabikorwa wizewe, ahubwo ishobora kuba umunywanyi uyihungabanya.
Ariko kandi, iki cyemezo kigaragaza intege nke n’itandukaniro biri imbere muri EU ubwayo. Ubudage, nk’inkingi y’inganda z’i Burayi, buravugwaho ko zimwe mu nganda zabwo zatangiye kwimukira muri Hongrie, aho amategeko n’ibiciro by’umusaruro byoroshye kurushaho. Ubwongereza, nubwo butakiri muri EU, burimo gushora imari ikomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), bigaragaza ko bukomeje kugendera ku nyungu zabwo bwite. Ibihugu bimwe byo mu majyepfo y’i Burayi, nka Italie, bivugwa ko bidafite ubushake n’ubushobozi byo guhangana na Amerika haba mu bya gisirikare cyangwa mu bukungu, bigatuma bigira amakenga ku cyerekezo EU iri gufata.
Ibi byose bituma Bruxelles isa n’iri kwigunga, itari kumwe mu bitekerezo n’ibikorwa, ibintu bigabanya imbaraga z’umuryango mu guhangana n’Amerika nk’uruhande rumwe rukomeye.
Byemezwa ko ibi bishobora kuba ikimenyetso cy’isenyuka ry’icyiswe “Uburengerazuba (The West),” ihuriro ryari rishingiye ku mahame ahuriweho n’u Burayi na Amerika, arimo demokarasi, isoko ryigenga n’ubufatanye mu mutekano. U Burayi busa n’ubwafashe icyemezo cyo gushyira imbere ubusugire bw’ubutaka n’ubwigenge bwa politiki, cyane cyane ku kibazo cya Greenland, kurusha inyungu z’ubukungu z’igihe gito, butangira kubona Amerika nk’umunywanyi wihariye aho kuyibona nk’umufatanyabikorwa wa hafi.
Icyerekezo gishya: EU hagati ya Amerika, u Burusiya n’u Bushinwa
Iki cyemezo gishobora gusiga u Burayi buri hagati y’inkambi zitatu zikomeye: Amerika, ifite imbaraga zikomeye mu ikoranabuhanga, imari n’igisirikare; u Burusiya n’u Bushinwa, byombi byifuza kwagura umubano wabyo n’u Burayi, akenshi bitanga amahirwe y’ubucuruzi n’ishoramari ridafite amabwiriza menshi ajyanye na politiki n’uburenganzira bwa muntu.
Ibi bishyira EU mu mwanya ukomeye wo guhitamo hagati yo gukomeza umurongo wo kwigenga mu by’igenamigambi (strategic autonomy) cyangwa gushaka ubundi bufatanye bushobora kuyigabanyiriza igitutu cy’ubukungu.
Ese ejo hazaza h’isi hameze gute?
Mu isesengura ry’igihe kiri imbere, biragaragara ko intambara y’ubucuruzi hagati ya EU na Amerika ishobora gukaza umurego, ikagira ingaruka zikomeye ku isoko mpuzamahanga. Isi ishobora kwinjira mu bihe byo gucikamo ibice, aho buri ruhande rushaka kwirengera no kurinda inyungu zarwo. U Burayi na bwo buzahatirwa kwihitiramo: kuba imbaraga yigenga by’ukuri, cyangwa gukomeza kugendera ku bufatanye bwa kera bwari busigaye bufite icyuho.
Mu gusoza, iki cyemezo cya EU ntikireba ubucuruzi gusa, ahubwo ni impinduka ikomeye mu myumvire ya geopolitiki, ishobora gusobanura isura y’isi yo mu myaka iri imbere. Ikibazo gisigaye ni iki: ese EU izashobora kwihagararaho nk’imbaraga yigenga, cyangwa izasanga yishyize mu kato hagati y’ibihangange by’isi?





