Facebook Igiye Kongera Gukora muri Uganda nyuma y’igihe kirekire Ifunzwe – Perezida Museveni
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko Guverinoma ye iri mu cyiciro cya nyuma cyo gusuzuma uko urubuga rwa Facebook rwakongera gufungurwa mu gihugu, nyuma y’imyaka irenga itanu rufunzwe.
Facebook, rwahoze ari urubuga ruyoboye mu itumanaho, ubucuruzi no kwamamaza kuri interineti muri Uganda, rwarafunzwe mu 2021 mu gihe cy’amatora. Ibi byatumye abaturage benshi, barenga miliyoni, bakomeza kurugeraho bifashishije uburyo bwa VPN. Abacuruzi bakorera kuri murandasi n’abamamaza banyuze kuri Facebook bakomeje gusaba ko rufungurwa, bavuga ko gufungwa kwarwo byangije ubucuruzi bwabo.
Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Perezida Museveni yavuze ko hashobora kubaho kongera kurufungura, ariko bigakorwa hubahirizwa amabwiriza mashya.
Yagize ati: “Tuzabiganiraho. Nashakaga kubereka isomo, kuko batekerezaga ko Uganda itabaho nta Facebook. Ariko igihugu kirakomeje gutera imbere. Twashakaga kwerekana ko tudategekwa na bo.”
Nubwo nta tariki ntakuka yatangajwe, ibi bishobora gutanga icyizere ku Banya-Uganda bifuza kongera gukoresha uru rubuga nta nkomyi.






