• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

FARDC, FDNB na FDLR bakubiswe izakabwana mu bitero bagabye ahazwi nk’i Mulenge.

minebwenews by minebwenews
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
“Adui uri i Gakangala turamurasa naho ahandi yayabangiye ingata,” ibivugwa n’abari mu Minembwe.
101
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FARDC, FDNB na FDLR bakubiswe izakabwana mu bitero bagabye ahazwi nk’i Mulenge.

You might also like

Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya “Balkanisation” -ubusesenguzi

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

Nyuma y’aho uyu munsi ku cyumweru ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo rigabye ibitero mu mihana ituwe n’Abanyamulenge y’ahazwi nk’i Mulenge, Twirwaneho yirwanyeho irikubita inshuro abagize ririya huriro bakizwa n’amaguru.

Ni mu bitero iri huriro rirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa ryagabye mu irembo rya Gahwela haherereye mu ntera ngufi uvuye muri Minembwe centre.

Amakuru agera kuri Minembwe Capital News avuga ko ibi bitero by’iri huriro ryabigabye mu Gahwela riturutse mu Lulenge, kandi ko intambara yabereye neza ahitwa mu Bwarara. Aha akaba ari umusozi wa Gahwela umanuka werekeza i Lulenge ahari ibirindiro by’iri huriro rigizwe n’ingabo z’u Burundi, iza Congo n’imitwe irimo FDLR na Wazalendo.

Aya makuru agira ati: “Mu Bwarara niho intambara yahereye, uwahateye yaturutse za Lulenge. Wazalendo, ingabo z’u Burundi n’iza FARDC nibo bagabye ibyo bitero.”

Ni amakuru akomeza avuga ko iri huriro ryagabye biriya bitero ryarikubitiwemo izakabwana, nyuma y’aho Twirwaneho yatabaye ku bwinshi ahari hagabwe iki gitero.

Ati: “Twirwaneho irwanirira Abanyamulenge yakubise izakabwana uruhande rwa Leta rwagabye ibitero ku Banyamulenge.”

Nk’uko aya makuru abisobanura nuko iri huriro rirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa, nyuma yogutera rigatsindwa na Twirwaneho ryahungiye za Gashasha werekeza i Rukombe kuri Nyabibuye ahahoze ari umuhana munini wari utuwe n’Abanyabyinshi ku bw’intambara urasenyuka, ariko aba barwanyi bo muri Twirwaneho bakomeza gu kurikira ririya huriro bongera kuryirukana na za Gashasha, nibwo abarigize bahise binjira amashyamba araho hafi.

Ibi bitero iri huriro ry’ingabo za Congo ryagabye uyu munsi ku cyumweru bije bikurikira ibindi ryagabye ku wa gatatu, ku wa kane, ku wa gatanu ndetse n’ahar’ejo ku wa gatandatu.

Nyamara nubwo ari iri huriro rigaba biriya bitero ku Banyamulenge ariko ntibibuza ko ritsindwa na Twirwaneho.

Kuko mu bitero byose ryagiye rigaba mu bice bitandukanye byo mu nkengero za komine ya Minembwe, byose uyu mutwe wa Twirwaneho wagiye ubisubiza inyuma.

Kimwecyo, ibi bitero bikomeza guhungabanya umutekano w’abaturage baturiye ibi bice, ni mu gihe bituma bahagarika bimwe mu bikorwa bakoraga byaburi munsi, nko kwita ku mirima yabo, kuragira Inka zabo ahari ubwatsi bwiza, ndetse kandi bigatuma amashuri atiga neza, kandi abantu bagahora bahunga.

Gusa, mu gitondo cyo kuri iki cyumweru ubuyobozi bwa FARDC bwatangaje ko Ingabo zabwo na Wazalendo ko batazongera kugaba ibitero kuri AFC/m23 kandi uyu mutwe wa Twirwaneho ukaba nawo ubarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC.

Ubundi kandi Fardc isaba Ingabo zayo na Wazalendo kubahiriza icyo cyemezo yafashe, ivuga ko ibikoze mu rwego rwo kubahiriza ibyemerejwe i Doha muri Qatar hagati ya perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi n’uw’u Rwanda, Paul Kagame.

Tags: FardcGahwelaIngabo z'u BurundiMinembweTwirwanehoWazalendo
Share40Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya “Balkanisation” -ubusesenguzi

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya “Balkanisation” -ubusesenguzi

Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya Balkanisation - ubusesenguzi Uwamenyekanye cyane kuri Tuungane Minembwe, imwe mu ma radio akorera mu misozi miremire y'i Mulenge,...

Read moreDetails

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw'abasivili benshi Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, cyifashishe indege z'intambara gitera ibisasu ahatuwe cyane n'abaturage bihitana abatari bake....

Read moreDetails

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, cyohereje Brigadier General Amuli Civiri na Brigadier General Ilunga Kabamba mu mujyi...

Read moreDetails

Imirwano iravuza ubuhuha mu gace ka Nyabiondo muri Masisi

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Imirwano yakajije umurego hagati ya FARDC na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Amajyepfo

Imirwano iravuza ubuhuha mu gace ka Nyabiondo muri Masisi Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ryabyukiye mu mirwano na Wazalendo...

Read moreDetails

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru Mu gihe imirwano yongeye kuremera muri Kivu y'Amajyaruguru hagati y'Ingabo za Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo,...

Read moreDetails
Next Post
Bishop.Mwumvirwa, yabwirije ijambo rihumuriza Abanyamulenge mu bihe barimo gucamo by’intambara.

Bishop.Mwumvirwa, yabwirije ijambo rihumuriza Abanyamulenge mu bihe barimo gucamo by'intambara.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?