• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

FARDC, FDNB na FDLR bakubiswe izakabwana mu bitero bagabye ahazwi nk’i Mulenge.

minebwenews by minebwenews
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
“Adui uri i Gakangala turamurasa naho ahandi yayabangiye ingata,” ibivugwa n’abari mu Minembwe.
101
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FARDC, FDNB na FDLR bakubiswe izakabwana mu bitero bagabye ahazwi nk’i Mulenge.

You might also like

AFC/M23 yigaruriye uduce dushya tugera mu icumi

Ababarirwa muri 5 ni bo bamaze kugwa mu myigaragambyo iri kubera i Uvira abandi imirongo bayikomerekeyemo, inkuru irambuye

Abigaragambya bahaye Brig.Gen. Gasita isaha ntarengwa zo kuba yavuye muri Uvira

Nyuma y’aho uyu munsi ku cyumweru ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo rigabye ibitero mu mihana ituwe n’Abanyamulenge y’ahazwi nk’i Mulenge, Twirwaneho yirwanyeho irikubita inshuro abagize ririya huriro bakizwa n’amaguru.

Ni mu bitero iri huriro rirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa ryagabye mu irembo rya Gahwela haherereye mu ntera ngufi uvuye muri Minembwe centre.

Amakuru agera kuri Minembwe Capital News avuga ko ibi bitero by’iri huriro ryabigabye mu Gahwela riturutse mu Lulenge, kandi ko intambara yabereye neza ahitwa mu Bwarara. Aha akaba ari umusozi wa Gahwela umanuka werekeza i Lulenge ahari ibirindiro by’iri huriro rigizwe n’ingabo z’u Burundi, iza Congo n’imitwe irimo FDLR na Wazalendo.

Aya makuru agira ati: “Mu Bwarara niho intambara yahereye, uwahateye yaturutse za Lulenge. Wazalendo, ingabo z’u Burundi n’iza FARDC nibo bagabye ibyo bitero.”

Ni amakuru akomeza avuga ko iri huriro ryagabye biriya bitero ryarikubitiwemo izakabwana, nyuma y’aho Twirwaneho yatabaye ku bwinshi ahari hagabwe iki gitero.

Ati: “Twirwaneho irwanirira Abanyamulenge yakubise izakabwana uruhande rwa Leta rwagabye ibitero ku Banyamulenge.”

Nk’uko aya makuru abisobanura nuko iri huriro rirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa, nyuma yogutera rigatsindwa na Twirwaneho ryahungiye za Gashasha werekeza i Rukombe kuri Nyabibuye ahahoze ari umuhana munini wari utuwe n’Abanyabyinshi ku bw’intambara urasenyuka, ariko aba barwanyi bo muri Twirwaneho bakomeza gu kurikira ririya huriro bongera kuryirukana na za Gashasha, nibwo abarigize bahise binjira amashyamba araho hafi.

Ibi bitero iri huriro ry’ingabo za Congo ryagabye uyu munsi ku cyumweru bije bikurikira ibindi ryagabye ku wa gatatu, ku wa kane, ku wa gatanu ndetse n’ahar’ejo ku wa gatandatu.

Nyamara nubwo ari iri huriro rigaba biriya bitero ku Banyamulenge ariko ntibibuza ko ritsindwa na Twirwaneho.

Kuko mu bitero byose ryagiye rigaba mu bice bitandukanye byo mu nkengero za komine ya Minembwe, byose uyu mutwe wa Twirwaneho wagiye ubisubiza inyuma.

Kimwecyo, ibi bitero bikomeza guhungabanya umutekano w’abaturage baturiye ibi bice, ni mu gihe bituma bahagarika bimwe mu bikorwa bakoraga byaburi munsi, nko kwita ku mirima yabo, kuragira Inka zabo ahari ubwatsi bwiza, ndetse kandi bigatuma amashuri atiga neza, kandi abantu bagahora bahunga.

Gusa, mu gitondo cyo kuri iki cyumweru ubuyobozi bwa FARDC bwatangaje ko Ingabo zabwo na Wazalendo ko batazongera kugaba ibitero kuri AFC/m23 kandi uyu mutwe wa Twirwaneho ukaba nawo ubarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC.

Ubundi kandi Fardc isaba Ingabo zayo na Wazalendo kubahiriza icyo cyemezo yafashe, ivuga ko ibikoze mu rwego rwo kubahiriza ibyemerejwe i Doha muri Qatar hagati ya perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi n’uw’u Rwanda, Paul Kagame.

Tags: FardcGahwelaIngabo z'u BurundiMinembweTwirwanehoWazalendo
Share40Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 yigaruriye uduce dushya tugera mu icumi

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
AFC/M23 yigaruriye uduce dushya tugera mu icumi

AFC/M23 yigaruriye uduce dushya tugera mu icumi Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryafashe ibindi bice bishya byo muri teritware ya Masisi mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru, nyuma...

Read moreDetails

Ababarirwa muri 5 ni bo bamaze kugwa mu myigaragambyo iri kubera i Uvira abandi imirongo bayikomerekeyemo, inkuru irambuye

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
Ababarirwa muri 5 ni bo bamaze kugwa mu myigaragambyo iri kubera i Uvira abandi imirongo bayikomerekeyemo, inkuru irambuye

Imyigaragambyo iri kubera Uvira imaze kugwamo ababarirwa muri 5 abandi imirongo bayikomerekeyemo, inkuru irambuye Abantu batanu ni bo bamaze kumenyekana baguye mu myigaragambyo ikomeje kubica bigacika mu mujyi...

Read moreDetails

Abigaragambya bahaye Brig.Gen. Gasita isaha ntarengwa zo kuba yavuye muri Uvira

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
Brig.Gen.Gasita woherejwe i Uvira ari hagati y’urupfu n’umupfumu

Abigaragambya bahaye Brig.Gen. Gasita isaha ntarengwa zo kuba yavuye muri Uvira Mu gihe igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo muri Uvira cyari cyatanze itegeko ryo kurasa abigaragambya...

Read moreDetails

Aho imyigaragambyo ya Wazalendo igeze isatira kuri Meri muri Uvira

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
Aho imyigaragambyo ya Wazalendo igeze isatira kuri Meri muri Uvira

Aho imyigaragambyo ya Wazalendo igeze isatira kuri Meri muri Uvira Abazindukiye mu myigaragambyo i Uvira muri Kivu y'Amajyepfo yo kwamagana Brigadier General Olivier Gasita, igeze hafi naho igambiriye...

Read moreDetails

Abyukiye i Uvira ahanini ku myigaragambyo simusiga yazindukiye i Kavimvira

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Abyukiye i Uvira ahanini ku myigaragambyo simusiga yazindukiye i Kavimvira Amakuru aturuka i Uvira avuga ko muri iki gice giherereye ku nkombe y'ikiyaga cya Tanganyika, kibyukiyemo imyigaragambyo ikomeye...

Read moreDetails
Next Post
Bishop.Mwumvirwa, yabwirije ijambo rihumuriza Abanyamulenge mu bihe barimo gucamo by’intambara.

Bishop.Mwumvirwa, yabwirije ijambo rihumuriza Abanyamulenge mu bihe barimo gucamo by'intambara.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?