FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace.
Nyuma y’aho FARDC n’abambari bayo bazindutse bagaba ibitero mu mihana y’Abanyamulenge mu Mikenke, umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bikaziha isomo rikomeye, ubu zongeye gutera m mu Rugezi muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Guhera saa kumi n’imwe z’igitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 23/05/2025, ni bwo ibitero bya FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo byagabwe ku Banyamulenge mu Mikenke.
Minembwe Capital News yamenye ko ibi bitero byagabwe mu duce duherereye ku bitaro bya Mikenke, usibye ko Twirwaneho na M23 byahise bikubita iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zabigabye zisubizwa inyuma zihungura amatwi.
Amakuru ava muri ibyo bice agira ati: “Umwanzi wateye mu Mikenke yahunze kare. Twirwaneho na M23 ntibigeze ba mubabarira kuko bamukubise ahita ahunga rugikubita.”
Mu mwanya muto ushize ni bwo kandi iri huriro rirwanirira Leta y’i Kinshasa ryongeye kugaba ibitero mu duce duherereye mu Rugezi.
Amakuru dukesha abari muri ibyo bice ahamya ko iri huriro ryateye mu gace kitwa i Muchikachika, ni agace kari imbere yo kwa Didas.
Umwe waho yabwiye Minembwe Capital News ati: “Ibindi bitero by’ihuriro ry’Ingabo za Congo bigabwe aka kanya i Muchikachika, nyuma yuko zitsinzwe mu Mikenke.”
Mu butumwa bugufi bwanditse yabashe kuduha bugira buti: “Uruhande rwa Leta ruri gusheringa rukoresheje Twelve na Mashin Gun. Ariko Twirwaneho na M23 ntibarasubiza, ahubwo bari gushaka andi mayeri.”
Mu ntangiriro z’iki cyumweru turimo ni bwo kandi imirwano iheruka aha mu Rugezi. Ni imirwano amakuru avuga ko yamaze iminsi ibiri, impande zombi zihanganye kubi.
Gusa, byarangiye uruhande rwa Leta ya Congo ruhunze, maze uduce twinshi two muri ibyo bice twigarurirwa n’uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23.
Hagataho, uru ruhande rwa Leta rugaba ibitero ruturutse i Gasiro na Matanganika, kuko rufite ibirindiro bikaze mu Kabanju n’imbere y’i Gasiro werekeza i Milimba, akaba aribyo ziturukamo zigiye kugaba ibitero ku Banyamulenge.