Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 23, 2025
in Conflict & Security
0
Iby’imirwano itari yavuzwe yabereye mu Rurambo hagati ya Twirwaneho na Wazalendo.
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace.

You might also like

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye.

Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Nyuma y’aho FARDC n’abambari bayo bazindutse bagaba ibitero mu mihana y’Abanyamulenge mu Mikenke, umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bikaziha isomo rikomeye, ubu zongeye gutera m mu Rugezi muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Guhera saa kumi n’imwe z’igitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 23/05/2025, ni bwo ibitero bya FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo byagabwe ku Banyamulenge mu Mikenke.

Minembwe Capital News yamenye ko ibi bitero byagabwe mu duce duherereye ku bitaro bya Mikenke, usibye ko Twirwaneho na M23 byahise bikubita iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zabigabye zisubizwa inyuma zihungura amatwi.

Amakuru ava muri ibyo bice agira ati: “Umwanzi wateye mu Mikenke yahunze kare. Twirwaneho na M23 ntibigeze ba mubabarira kuko bamukubise ahita ahunga rugikubita.”

Mu mwanya muto ushize ni bwo kandi iri huriro rirwanirira Leta y’i Kinshasa ryongeye kugaba ibitero mu duce duherereye mu Rugezi.

Amakuru dukesha abari muri ibyo bice ahamya ko iri huriro ryateye mu gace kitwa i Muchikachika, ni agace kari imbere yo kwa Didas.
Umwe waho yabwiye Minembwe Capital News ati: “Ibindi bitero by’ihuriro ry’Ingabo za Congo bigabwe aka kanya i Muchikachika, nyuma yuko zitsinzwe mu Mikenke.”

Mu butumwa bugufi bwanditse yabashe kuduha bugira buti: “Uruhande rwa Leta ruri gusheringa rukoresheje Twelve na Mashin Gun. Ariko Twirwaneho na M23 ntibarasubiza, ahubwo bari gushaka andi mayeri.”

Mu ntangiriro z’iki cyumweru turimo ni bwo kandi imirwano iheruka aha mu Rugezi. Ni imirwano amakuru avuga ko yamaze iminsi ibiri, impande zombi zihanganye kubi.

Gusa, byarangiye uruhande rwa Leta ya Congo ruhunze, maze uduce twinshi two muri ibyo bice twigarurirwa n’uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23.

Hagataho, uru ruhande rwa Leta rugaba ibitero ruturutse i Gasiro na Matanganika, kuko rufite ibirindiro bikaze mu Kabanju n’imbere y’i Gasiro werekeza i Milimba, akaba aribyo ziturukamo zigiye kugaba ibitero ku Banyamulenge.

Tags: I MuchikachikaRugezi
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza. Ibitero ihuriro ry'Ingabo za Congo ririmo FARDC, FDNB, FDLR na Wazalendo zagabye mu duce dutuwe n'Abanyamulenge two mu Mikenke ho muri secteur...

Read moreDetails

I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye.

I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye. Brigadier General Pierre Banywesize wigeze kuba umugaba mukuru w'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo igihe cya Joseph Kabila ubwo yari...

Read moreDetails

Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
1
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila. Joseph Kabila wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo kuva mu mwaka wa 2001 kugeza mu 2018, Sena...

Read moreDetails

FARDC yagabye igitero mu Mikenke mu baturage.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
FARDC yagabye igitero mu Mikenke mu baturage.

FARDC yagabye igitero mu Mikenke. Ihuriro ry'ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo rigizwe na FARDC, FDNB, FDLR na Wazalendo ryazindutse ribagaba ibitero ku Banye-Congo bo mu bwoko...

Read moreDetails

Ibyo wa menya ku ngabo za RDC zisoje amahugurwa adasanzwe.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
Ibyo wa menya ku ngabo za RDC zisoje amahugurwa adasanzwe.

Ibyo wa menya ku ngabo za RDC zisoje amahugurwa adasanzwe. Icyiciro cya mbere cy'abasirikare basoje imyitozo yo gukoresha intwaro zirasa kure ba Repubulika ya demokarasi ya Congo cyasoje...

Read moreDetails
Next Post
Byinshi wa menya kuri YouTube channel ya Mulenge Top Tv.

Byinshi wa menya kuri YouTube channel ya Mulenge Top Tv.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?