Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 23, 2025
in Conflict & Security
0
Iby’imirwano itari yavuzwe yabereye mu Rurambo hagati ya Twirwaneho na Wazalendo.
93
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace.

You might also like

Ihuriro ry’abayobozi ba gakondo muri RDC ryareze abasenyeri.

Gen.Muhoozi yavuze icyo UPDF izakora mu gihe imirwano yo kwaduka i Uvira muri Kivu y’Epfo.

Imirwano ikaze yongeye kwaduka mu duce dutandukanye two muri Kivu y’Amajyepfo.

Nyuma y’aho FARDC n’abambari bayo bazindutse bagaba ibitero mu mihana y’Abanyamulenge mu Mikenke, umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bikaziha isomo rikomeye, ubu zongeye gutera m mu Rugezi muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Guhera saa kumi n’imwe z’igitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 23/05/2025, ni bwo ibitero bya FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo byagabwe ku Banyamulenge mu Mikenke.

Minembwe Capital News yamenye ko ibi bitero byagabwe mu duce duherereye ku bitaro bya Mikenke, usibye ko Twirwaneho na M23 byahise bikubita iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zabigabye zisubizwa inyuma zihungura amatwi.

Amakuru ava muri ibyo bice agira ati: “Umwanzi wateye mu Mikenke yahunze kare. Twirwaneho na M23 ntibigeze ba mubabarira kuko bamukubise ahita ahunga rugikubita.”

Mu mwanya muto ushize ni bwo kandi iri huriro rirwanirira Leta y’i Kinshasa ryongeye kugaba ibitero mu duce duherereye mu Rugezi.

Amakuru dukesha abari muri ibyo bice ahamya ko iri huriro ryateye mu gace kitwa i Muchikachika, ni agace kari imbere yo kwa Didas.
Umwe waho yabwiye Minembwe Capital News ati: “Ibindi bitero by’ihuriro ry’Ingabo za Congo bigabwe aka kanya i Muchikachika, nyuma yuko zitsinzwe mu Mikenke.”

Mu butumwa bugufi bwanditse yabashe kuduha bugira buti: “Uruhande rwa Leta ruri gusheringa rukoresheje Twelve na Mashin Gun. Ariko Twirwaneho na M23 ntibarasubiza, ahubwo bari gushaka andi mayeri.”

Mu ntangiriro z’iki cyumweru turimo ni bwo kandi imirwano iheruka aha mu Rugezi. Ni imirwano amakuru avuga ko yamaze iminsi ibiri, impande zombi zihanganye kubi.

Gusa, byarangiye uruhande rwa Leta ya Congo ruhunze, maze uduce twinshi two muri ibyo bice twigarurirwa n’uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23.

Hagataho, uru ruhande rwa Leta rugaba ibitero ruturutse i Gasiro na Matanganika, kuko rufite ibirindiro bikaze mu Kabanju n’imbere y’i Gasiro werekeza i Milimba, akaba aribyo ziturukamo zigiye kugaba ibitero ku Banyamulenge.

Tags: I MuchikachikaRugezi
Share37Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ihuriro ry’abayobozi ba gakondo muri RDC ryareze abasenyeri.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Ihuriro ry’abayobozi ba gakondo muri RDC ryareze abasenyeri.

Ihuriro ry'abayobozi ba gakondo muri RDC ryareze abasenyeri. Ihuriro ry'abayobozi ba gakondo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo ryareze inama nkuru y'abasenyeri ba kiliziya gatolika bo muri iki...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze icyo UPDF izakora mu gihe imirwano yo kwaduka i Uvira muri Kivu y’Epfo.

by Bruce Bahanda
July 16, 2025
0
Uvira bari mu marira menshi nyuma y’aho FARDC yishe irashe umuyobozi waho ukomeye.

Gen.Muhoozi yavuze icyo UPDF izakora mu gihe imirwano yo kwaduka i Uvira muri Kivu y'Epfo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda akaba n'umuhungu wa perezida Yoweli Kaguta Museveni, General...

Read moreDetails

Imirwano ikaze yongeye kwaduka mu duce dutandukanye two muri Kivu y’Amajyepfo.

by Bruce Bahanda
July 16, 2025
0
Icyo amakuru avuga kuri Col.Macunda.

Imirwano ikaze yongeye kwaduka mu duce dutandukanye two muri Kivu y'Amajyepfo. Nyuma y'imirwano ikomeye iheruka kubera mu misozi ya Nyangenzi muri teritware ya Walungu no mu gace kamwe...

Read moreDetails

Ibivugwa kuri Gen. Tshiwewe uheruka gutabwa muri yombi i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 16, 2025
0
Byakaze, uwahoze ari umugaba mukuru w’ingabo za RDC, ari mu mazi abira.

Ibivugwa kuri Gen. Tshiwewe uheruka gutabwa muri yombi i Kinshasa. General Christian Tshiwewe wahoze ari umugaba mukuru w'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo arimo kubazwa umugambi wo...

Read moreDetails

Idubu zatojwe na Gen. Makanika zikomeje kugarura ituze n’amahoro i Mulenge.

by Bruce Bahanda
July 16, 2025
0
Twirwaneho yashyizeho ubuyobozi bwayo bushya.

Idubu zatojwe na Gen. Makanika zikomeje kugarura ituze i Mulenge. Nyuma y'aho ku munsi w'ejo ku wa kabiri ihuriro ry'ingabo za Congo zateraguye amasasu mu bice byo mu...

Read moreDetails
Next Post
Byinshi wa menya kuri YouTube channel ya Mulenge Top Tv.

Byinshi wa menya kuri YouTube channel ya Mulenge Top Tv.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?