• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

FARDC yagize icyo ikora kubasirikare bayo bafashe abagore ku ngufu mu Minembwe.

minebwenews by minebwenews
October 30, 2024
in Regional Politics
1
FARDC yagize icyo ikora kubasirikare bayo bafashe abagore ku ngufu mu Minembwe.
93
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FARDC yagize icyo ikora kubasirikare bayo bafashe abagore ku ngufu mu Minembwe.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Abasirikare umunani ba Repubulika ya demokarasi ya Congo(FARDC), bo muri brigade ya 21 bakorera mu Minembwe ho mu misozi miremire y’Imulenge bafunzwe bazira gufata abagore ku ngufu, nk’uko abaturage baho babyiganiye MCN.

Ku Cyumweru tariki ya 27/10/2024, nibwo abagore batandatu bo mu bwoko bw’Abashi bafashwe ku ngufu, nyuma y’urusaku rw’ibiturika byumvikanye kuri uwo munsi mu Minembwe hose.

Aba bagore bafashwe ku ngufu batanze n’ubuhamya bw’urugomo bakorewe, umwe yagize ati: “Uwo munsi twari tuvuye mu ikanisa, gusenga. Tuzakumva amasasu menshi arimo kuvugira hirya no hino, nyuma twaje guhungira munzu n’umugabo wanje n’abandi twari kumwe. Twaje kumva imirindi y’abasirikare baraje batangira gutonganya umugabo wanjye ngo abakingurire, niko gukingura badukoreraho urugomo rubabaje!”

Yakomeje agira ati: “Barinjiye bahita bafata mugenzi wanjye, bamukorera ibyamfurambi. Bamuvuyeho nanjye baramfata babanje kunjyana mu cyumba. Abamfashe ku ngufu bari abasirikare babiri kandi baribafite n’imbunda. Ibyo twakorewe birababaje turasaba gufashwa.”

Undi yagize ati: “Njyewe baraje iwanjye basenya umuryango w’inzu yanjye, binjira mu cyumba bafata ibyarimo bajyana ibyo batoranije, ariko ntibamfashe kungufu kuko nahise mbaha ifaranga. Rero, ndasaba amahoro, Leta iduhe amahoro.”

Undi nawe yagize ati: “Bageze mu wanjye babanza kurasa amasasu menshi, bankura aho nari nihishye munsi y’igitanda bamfata ku ngufu banjyana n’ifaranga zingana n’ibihumbi 17 by’amafaranga ya Congo.”

Uko aba basirikare barimo bafata kungufu abadamu, ninako basahuraga amaduka y’abacuruzi yo muri centre ya Minembwe.

Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko “hari amaduka abiri manini yo muri ako gace yasahuwe arashyira, ndetse bayakuramo n’amadolari y’Amerika angana na 821 irindi 178 $.

Sibyo byonyine gusa, kuko muri ako kavuyo abasirikare bateje ku Cyumweru mu Minembwe, barashe n’inka icyenda z’Abanyamulenge harimo zitatu zakomeretse, izindi zirapfa.

Nyuma yaho, ku wa kabiri tariki ya 29/10/2024, uhagarariye mutualité y’Abashi mu Minembwe, Momo Modela n’umudamu ukuriye abagore bose bo mu Minembwe, Nyagitamu Elysee, berekeje kureba Col Jean Pierre Lwamba ureba brigade ya 21 bamuha raporo yose y’ibyo ingabo ze zakoze.

Aya makuru akomeza avuga ko “Col Jean Pierre Lwamba yababwiye ko abasirikare bafashe abagore ku ngufu batawe muri yombi, ndetse kandi ko iperereza rigikomeje, kugira ngo ubutabera bukore akazi kabwo.

Yagize ati: “Abasirikare umunani bafashe abagore ku ngufu bari muri gereza, kandi dukomeje kubikurikiranira hafi, mu gihe hogira abandi bamenyekana, ubutabera buzakora ibibereye.”

Ibi byasize biteje undi mutekano muke mu Minembwe, mu gihe hari hagize igihe ari agahenge ka mahoro, nyuma y’ibitero byagiye bigabwa muri ibi bice mu mpera z’uyu mwaka.

Nibitero byasize abaturage benshi bataye izabo, bagana iy’ubuhungiro, utaretse abanyazwe amatungo yabo abandi bakahasiga ubuzima.

Tags: FardcKungufuMinembwe
Share37Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Ku kibuga cy’indege cya Ndolo muri RDC, habereye impanuka ikomeye y’indege.

Ku kibuga cy'indege cya Ndolo muri RDC, habereye impanuka ikomeye y'indege.

Comments 1

  1. Ensuent says:
    10 months ago

    UVI hos barn Allmänt UVI hos små barn ger ofta ospecifika symtom såsom slöhet, matningssvårigheter, kräkningar och feber vilket gör diagnostiken svår priligy generic In addition, Brazilian men are actively using deodorants and antiperspirants

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?