Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

FARDC yahawe imyitozo iyifasha guhashya umutwe wa M23.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 3, 2024
in Regional Politics
0
FARDC yahawe imyitozo iyifasha guhashya umutwe wa M23.
106
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FARDC yahawe imyitozo iyifasha guhashya umutwe wa M23.

You might also like

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Ingabo z’u muryango w’Abibumbye, Monusco, ziri muri Repubulika ya demokarasi ya Congo zahaye imyitozo ikaze ingabo za za RDC, hagamijwe gutsintsura umutwe wa M23 mu bice igenzura byo muri Kivu Yaruguru.

Iyi myitozo yahawe abasirikare ba FARDC n’abarwanyi b’u mutwe wa FDLR, ikaba yarabereye i Bunia mu Ntara ya Ituri.
Ni myitozo igamije kongera ubushobozi mu gisirikare cya FARDC n’abambari bacyo.

Bahawe ubumenyi bwo hejuru mu guhiga umwanzi, tekiniki z’urugamba, ndetse no kwirwanaho bakoresheje ingufu z’umubiri n’amayeri y’ubutasi.

Ni mu gihe kandi batojwe uko bagomba gushikama imbere y’umwanzi, n’uburyo bwose bukoreshwa mu guca intege uwo bahanganye, kugira ngo barusheho kugira imbaraga mu rugamba.

Mu butumwa bahawe, bibukijwe ko ibyo bigishijwe bigomba gushyirwa mu bikorwa ku mirongo y’imbere, kuko bizeweho ubushobozi bwo gutsinda umutwe wa M23 mu bice ukomeje kwigarurira, bityo bakarushaho gutanga umusanzu mu kugarura amahoro.

Basabwe kandi gutinyura no guha ubumenyi bagenzi babo, biganjemo aba Wazalendo, bumva urugamba ruhinanye, bagakuramo akabo karenge, bigatanga icyuho gukubitwa na M23 amanywa n’ijoro.

Amakuru avuga ko Monusco yabibukije ko uwo bahanganye afite imbaraga n’imyitozo ihagije, ko icyo basabwa ari ugushikama bagakoresha ubunararinonye bakuye muri iyi myitozo, kugira ngo barusheho kugira ubushobozi mu guhangana n’umwanzi wabo.

Ingabo za Monusco zishinjwe kenshi gukorana n’imitwe irimo na FDLR, yahawe icyicaro cy’imbere mu yigize ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Kinshasa, zimaze igihe zirwana na M23, ibyo bikaba bigaragaza impungenge ku mikorere y’izi ngabo.

Kugeza ubu, imirwano ikomeye imaze iminsi ibera muri Walikale aho inyeshamba ziyobowe na Gen Sultan Makenga zikomeje kwigarurira uduce dutandukanye.

M23 ivuga ko ihuriro ry’Ingabo za FARDC, FDLR Wazalendo, ingabo z’u Burundi na SADC ari ryo ribagabaho ibitero mu duce dutuwe cyane zikoresheje imbunda ziremereye, ku buryo hari n’abakomereka abandi bagapfa.

Bivugwa kandi ko Monusco irimo guha ziriya ngabo zirimo FARDC na FDLR ubufasha mu bijyanye n’ubutasi.

Iri huriro ryanemeje ko ritazatererana abaturage n’abasivili ndetse n’ibyabo, gusa ryibutsa umuryango mpuzamahanga ko rishaka imishikirano na leta ya Kinshasa mu rwego rwo gukemura amakimbirane bafitanye, kugira ngo habeho amahoro arambye n’umutekano.

Tags: BuniaFDLRImyitozoM23Monusco
Share42Tweet27Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails
Next Post
Uganda: Uwari umaze iminsi apfuye yongeye kugaragara mu ruhame ari muzima.

Uganda: Uwari umaze iminsi apfuye yongeye kugaragara mu ruhame ari muzima.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?