• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, August 28, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

FARDC yamishijweho urufaya rw’amasasu ikizwa n’amaguru.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 19, 2025
in Conflict & Security
0
Ihuriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FARDC yamishijweho urufaya rw’amasasu ikizwa n’amaguru.

You might also like

Abanyamulenge bongeye kugabwa ibitero bya drones by’Ingabo za RDC.

Havuzwe uburyo byagenze kugira ngo abaheruka kwica umuntu i Nakivale batabwe muri yombi.

Mu bice byabohojwe na AFC/M23, umuco wo kudahana watangiye kurandurwa.

Amakuru aturuka i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa mbere tariki ya 19/05/2025, abasirikare ba Leta y’i Kinshasa(FARDC) bagiye kwiba muri imwe muri Quartier y’uyu mujyi wa Uvira, ni ko guhita baraswa n’abaturage ubundi bayabangira ingata.

Ni ahagana isaha zitanu zija gushyira muri saa sita ziri joro ryakeye, ni bwo bamwe mu basirikare ba FARDC bari Uvira bagiye kwiba birangira bamishijweho urufaya rw’amasasu, maze biruka ubudahindukira.

Iki gikorwa cy’ubujura izi ngabo za Leta ya Congo zagikoreye muri Quartier ya Kasenga.

Amakuru akomeza avuga ko iryo mishwaho ryamasasu ryabaye kuri FARDC, ryatumye abaturage benshi bagira icyikango, bakeka ko ari intambara yabaye hagati y’izi ngabo z’iki gihugu n’iz’u mutwe wa M23. Kuko bivugwa ko iryo rasana ryamaze umwanya wamaze isaha zirengaho iminota nka mirongo.

Gusa, ukuri kwaryo kwamenyekanye ubwo insoresore zirinda umutekano wa Quartier ya Kasenga bamururaga FARDC, aho barimo bagira bati: “FARDC, muri abajura. Turabamaganye. Mu barase, nga bo barahunze!”

Kimweho, aba basirikare bakoze igikorwa nk’iki mu gihe bari baheruka gusurwa n’umugaba mukuru w’Ingabo zabo, waje avuye i Kinshasa. Binavugwa ko yari aje ku bakangurira kwirinda gusubiranamo na Wazalendo, ndetse kandi ngo yanabategetse kuvanga n’abo barwanyi no gushakira abaturage batuye umujyi wa Uvira umutekano n’ibindi bice byose bagenzura.

Hejuru y’ibyo yanabahaye ibindi bikoresho byagisirikare bikaze, bizabafasha kurinda uyu mujyi ntugwe mu maboko ya M23.

Nyamara nubwo FARDC yasabwe kudasubiranamo na Wazalendo inahabwa ibwiriza ryo kwivanga nayo kugira ngo habe kurushaho kurinda umutekano w’ibice bagenzura, ntibyabujije ko ku munsi w’ejo bundi ku wa gatandatu aba basirikare bica barashe umurwanyi wa Wazalendo wari uzwi nk’umukolonel(Colonel).

Bigaragazwa ko bamurasiye mu gace kitwa Nzibira ko muri teritware ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Kimweho icyatume bamwicya ntikizwi, icyo tuzi ni uko bamwishe mu ijoro ryo ku wa gatandatu rishyira ku cyumweru.

Gukora ubujura kwa FARDC no gusubiranamo kwayo na Wazalendo ni ibintu bisanzwe byarabaye akamenyero, haba muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru ndetse n’ahandi mu zindi ntara ahanini nko muri Manyema no mu cyahoze ari Katanga.

Mu ntangiriro zakiriya cyumweru na bwo, aba basirikare barasiwe i Luvungi muri Uvira bazira ubujura, ki mwe kandi n’irindi rasana riheruka kubera kuri Mulongwe, hari nyuma y’aho FARDC yasanzwe iri kwiba mu ngo z’abaturage niko guhita imishwaho urufaya rw’amasasu menshi na bwo barahunga nk’uko n’ubundi byababayeho mu ijoro ryaraye rikeye muri Kasenga.

Tags: AmasasuKasengaUvira
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Abanyamulenge bongeye kugabwa ibitero bya drones by’Ingabo za RDC.

by Bruce Bahanda
August 28, 2025
0
Minembwe yashyizwe ku rundi rwego rwo hejuru muri RDC.

Abanyamulenge bongeye kugabwa ibitero bya drones by'Ingabo za RDC. Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zongeye kugaba ibitero zikoresheje drones mu Rugezi mu majy'Epfo ashyira uburengerazuba bwa...

Read moreDetails

Havuzwe uburyo byagenze kugira ngo abaheruka kwica umuntu i Nakivale batabwe muri yombi.

by Bruce Bahanda
August 28, 2025
0
Nakivale: Yamaze kwicwa atabwa munsi y’inzira, ubuhamya.

Havuzwe uburyo byagenze kugira ngo abaheruka kwica umuntu i Nakivale batabwe muri yombi. Umusore w'Umurundi uri mu kigero cy'imyaka iri hagati ya 25 na 30, akaba aheruka kwicirwa...

Read moreDetails

Mu bice byabohojwe na AFC/M23, umuco wo kudahana watangiye kurandurwa.

by Bruce Bahanda
August 28, 2025
0
AFC/M23/MRDP yafashe umwanzuro ukakaye ku ba canshuro barwana ku ruhande rwa RDC.

Mu bice byabohojwe na AFC/M23, umuco wo kudahana watangiye kurandurwa. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rigamije gushyiraho akadomo kanyuma ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya...

Read moreDetails

Uvira:Imirwano ya Wazalendo na FARDC yaguyemo abatari bake.

by Bruce Bahanda
August 27, 2025
0
Uvira:Imirwano ya Wazalendo na FARDC yaguyemo abatari bake.

Imirwano ya Wazalendo na FARDC yaguyemo abatari bake. Haravugwa imirwano ikomeye hagati y'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC na Wazalendo muri Uvira mu ntara ya Kivu...

Read moreDetails

Ihuriro ry’ingabo za Congo ryahuriye n’uruva gusenya mu Rugezi.

by Bruce Bahanda
August 27, 2025
0
Ihuriro ry’ingabo za Congo ryahuriye n’uruva gusenya mu Rugezi.

Ihuriro ry'ingabo za Congo ryahuriye n'uruva gusenya mu Rugezi. Ihuriro ry'ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye igitero mu nshe za Rugezi mu majy'Epfo ashyira uburengerazuba bwa...

Read moreDetails
Next Post
Uko byifashe ku mirongo y’urugamba mu Rugezi hagati ya FARDC na Twirwaneho.

Uko byifashe ku mirongo y'urugamba mu Rugezi hagati ya FARDC na Twirwaneho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?