Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

FARDC yavuze ku by’urupfu rwa Col. Rugabisha waguye i Kalehe muri Kivu y’Epfo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 2, 2025
in Regional Politics
0
FARDC yavuze ku by’urupfu rwa Col. Rugabisha waguye i Kalehe muri Kivu y’Epfo.
151
SHARES
3.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FARDC yavuze ku by’urupfu rwa Col. Rugabisha waguye i Kalehe muri Kivu y’Epfo.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, cyemeje ko Colonel Alexis Rugabisha wari umwe mubayobozi bacyo bayoboye urugamba ingabo zayo zihanganyemo n’umutwe wa M23 muri Kivu y’Amajy’epfo yishwe arashwe kandi ko yapfanye imbunda mu ntoki.

Bikubiye mu itangazo iki gisirikare cya FARDC cyashyize hanze kuri uyu wo ku Cyumweru tariki ya 02/02/2025.

Ni itangazo riteweho umukono n’umvugizi wa FARDC ku rwego rw’igihugu, Maj Gen Sylvain Ekenge.

Muri iryo tangazo uyu muvugizi w’iki gisirikare cya Congo yagaragaje ko Col. Rugabisha ya pfanye intwaro mu ntoki, nyuma y’uko yari yayoboye igitero cyari kigamije gusubiza inyuma M23 ikavanwa i Nyabibwe kugeza mu nkengero za Minova.

Iri tangazo kandi rivuga ko yarasiwe hafi na Mukwindja muri teritware ya Kalehe.

Urupfu rwa Col. Rugabisha rwamenyekanye ahar’ejo, mbere y’uko FARDC irwemeza.

Nubwo iki gisirikare cya Leta ya Kinshasa cyemeza ko Rugabisha yarashwe n’abarwanyi b’u mutwe wa M23, ariko hari amakuru avuga yaba yarishwe n’abagenzi be (Katanyama), bamuziza ko ari umugambanyi nk’uko bakunze kubyegeka kubasirikare bakomoka muri Kivu y’Amajy’epfo.

Colonel Alexis Rugabisha wapfuye yari umuyobozi wa brigade ya 12 y’ingabo za RDC, ikaba yari ifite icyicaro gikuru i Kavumu muri teritware ya Kabare.

Ku rundi ruhande imirwano hagati ya M23 n’ingabo za RDC irakomeje muri Kivu y’Amajy’epfo, aho ndetse bivugwa ko mu minsi mike uyu mutwe ushobora kwigarurira umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Tags: FardcKaleheRugabisha
Share60Tweet38Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda rwahaye urwamenyo abashakira amakuru y’iki gihugu kuri Kayumba.

U Rwanda rwahaye urwamenyo abashakira amakuru y'iki gihugu kuri Kayumba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?