FARDC yavuze ku by’urupfu rwa Col. Rugabisha waguye i Kalehe muri Kivu y’Epfo.
Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, cyemeje ko Colonel Alexis Rugabisha wari umwe mubayobozi bacyo bayoboye urugamba ingabo zayo zihanganyemo n’umutwe wa M23 muri Kivu y’Amajy’epfo yishwe arashwe kandi ko yapfanye imbunda mu ntoki.
Bikubiye mu itangazo iki gisirikare cya FARDC cyashyize hanze kuri uyu wo ku Cyumweru tariki ya 02/02/2025.
Ni itangazo riteweho umukono n’umvugizi wa FARDC ku rwego rw’igihugu, Maj Gen Sylvain Ekenge.
Muri iryo tangazo uyu muvugizi w’iki gisirikare cya Congo yagaragaje ko Col. Rugabisha ya pfanye intwaro mu ntoki, nyuma y’uko yari yayoboye igitero cyari kigamije gusubiza inyuma M23 ikavanwa i Nyabibwe kugeza mu nkengero za Minova.
Iri tangazo kandi rivuga ko yarasiwe hafi na Mukwindja muri teritware ya Kalehe.
Urupfu rwa Col. Rugabisha rwamenyekanye ahar’ejo, mbere y’uko FARDC irwemeza.
Nubwo iki gisirikare cya Leta ya Kinshasa cyemeza ko Rugabisha yarashwe n’abarwanyi b’u mutwe wa M23, ariko hari amakuru avuga yaba yarishwe n’abagenzi be (Katanyama), bamuziza ko ari umugambanyi nk’uko bakunze kubyegeka kubasirikare bakomoka muri Kivu y’Amajy’epfo.
Colonel Alexis Rugabisha wapfuye yari umuyobozi wa brigade ya 12 y’ingabo za RDC, ikaba yari ifite icyicaro gikuru i Kavumu muri teritware ya Kabare.
Ku rundi ruhande imirwano hagati ya M23 n’ingabo za RDC irakomeje muri Kivu y’Amajy’epfo, aho ndetse bivugwa ko mu minsi mike uyu mutwe ushobora kwigarurira umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

