FARDC Yishe Umukecuru Ugeze mu Zabukuru Bikabije i Rundu
Amakuru aturuka mu gace ka Rundu, gaherereye muri Minembwe, Teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko umukecuru wari ugeze mu zabukuru bikabije, hafi imyaka 100 y’amavuko, yarasiwe mu nzu ye nyuma yo gukorerwa iyicarubozo.
Nk’uko bitangazwa n’abagize umuryango we, ibi byabaye ejo tariki ya 12/02/2026 ahagana mu masaha y’igitondo. Uwo mukecuru witwaga Mukuza, umugore wa Gahota, bivugwa ko yari ageze mu zabukuru ku buryo atari agishoboye kwigenza wenyine cyangwa gusohoka mu nzu adafashijwe.
Umuryango we uvuga ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zifatanyije n’ingabo z’u Burundi, umutwe wa Wazalendo ndetse na Forces Démocratiques de Libération du Rwanda (FDLR), zinjiye mu rugo iwe, zimukorera iyicarubozo mbere yo kumurasa.
Mu butumwa bwashyizwe hanze n’umuryango we, bagize bati:
“Umukecuru Elizabeth Mukuza, umugore wa Gahota, utabashaga kwigenza wenyine kubera izabukuru, yinjiriwe mu nzu n’ingabo za FARDC n’abazifasha barimo ingabo z’u Burundi, Wazalendo na FDLR; bamukorera iyicarubozo mbere yo kumurasa.”
Ibi byabaye mu gihe umutekano ukomeje kuzamba muri Minembwe no mu nkengero zaho. Amakuru ava muri ako gace avuga ko ibisasu, birimo n’ibivugwa ko bituruka kuri drone, byaraswaga mu duce dutuwe n’abaturage b’Abanyamulenge, by’umwihariko i Rundu no muri Kalingi, bigatuma benshi bahunga ingo zabo.
Mu gace ka Kalingi ho, haravugwa isenywa ry’inzu y’umuturage iri hafi y’urusengero rwa 8ème CEPAC, mu muhana wo kwa Reverend Mugenza Gatabana. Abaturage bavuga ko ibikorwa by’ubugizi bwa nabi n’isenywa ry’imitungo bikomeje guteza impagarara no kwimura abantu ku gahato.
Ku rundi ruhande, haravugwa ko umutwe wa MRDP–Twirwaneho wageze aho ibi byabereye, ugatabara abasivile ndetse ugasubiza inyuma ingabo bahanganye zirwanirira Leta. Ibi bibaye mu gihe ibitero by’ihuriro ry’ingabo za Leta bimaze iminsi irenga itanu bigabwa mu nkengero za Minembwe.
Amateka y’iyi mirwano ashingiye ku makimbirane amaze igihe kirekire muri Minembwe no mu misozi ya Fizi, aho uruhande rwa Leta n’imitwe yitwaje intwaro itandukanye iyifasha, irimo Wazalendo na FDLR, igenda igaba ibitero ku Banyamulenge nokuri MRDP–Twirwaneho mu rwego rwo kugenzura Minembwe. Tariki ya 21/02/2025, agace ka Minembwe kigaruriwe na MRDP–Twirwaneho, ibintu byakomeje kongera umwuka mubi hagati y’impande zombi, mu gihe Leta ya RDC ivuga ko ishaka kugarura ububasha bwayo busesuye muri ako karere.
Kugeza ubu, amakuru aracyakusanywa ku mpande zitandukanye. Hagati aho, abaturage n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, irimo sosiyete sivile, bakomeje gusaba ko hakorwa iperereza ryigenga kandi ryimbitse, ndetse ubuzima bw’abasivile bukarengerwa mu buryo bwihutirwa, mu rwego rwo gukumira ko hakomeza gutakara ubuzima bw’inzirakarengane.







