• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, March 6, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Fayulu Yahinduye Imvugo ku Mishikirano na AFC/M23, Ahamya ko Amahoro arambye ya RDC Atazashingira ku Mvugo Gusa

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
December 18, 2025
in Conflict & Security
0
Fayulu Yahinduye Imvugo ku Mishikirano na AFC/M23, Ahamya ko Amahoro arambye ya RDC Atazashingira ku Mvugo Gusa
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Fayulu Yahinduye Imvugo ku Mishikirano na AFC/M23, Ahamya ko Amahoro arambye ya RDC Atazashingira ku Mvugo Gusa

You might also like

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

Nyuma y’aho abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 batangiriye gukura ingabo zabo mu mujyi wa Uvira, ku busabe bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), Martin Fayulu, yahinduye imvugo ku bijyanye no gushyikirana n’uyu mutwe witwaje intwaro.

Mu ijoro ryo ku itariki ya 15/12/2025, AFC/M23 yatunguye amahanga isohora itangazo ryemeza ko igiye kuva mu mujyi wa Uvira, aho yari imaze iminsi itanu ihirukanye ingabo za Leta ya RDC (FARDC), iz’u Burundi n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo. Iryo tangazo ryahise rituma isi yose yongera kwibaza ku cyerekezo cy’umutekano n’amahoro mu burasirazuba bwa RDC.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yasobanuye ko iki cyemezo kiri mu murongo wo kubungabunga intambwe iherutse guterwa mu biganiro by’amahoro byabereye i Doha muri Qatar, bihuza iri huriro na Leta ya Kinshasa. Yavuze ko igikorwa cyo kuva muri Uvira kigamije kugaragaza ubushake bwo guha amahirwe inzira ya dipolomasi.

Mu mashusho yakwirakwiye cyane ku rubuga rwa X mu ijoro ryo ku wa Gatatu, hagaragaye abarwanyi ba AFC/M23 basohoka mu mujyi wa Uvira berekeza mu bindi bice. Aya mashusho yemejwe n’Umuyobozi wungirije w’ihuriro AFC/M23, Bertrand Bisimwa, wavuze ko iki gikorwa giteganyijwe kurangira ku wa Kane, tariki ya 18/12.

Gusa mu gitondo cyo kuri uwo wa Kane, Martin Fayulu, uyobora ishyaka ECIDé kandi usanzwe atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi, yahise asohora ubutumwa ku rubuga rwa X agaragaza ko adashyigikiye byuzuye iyi ntambwe. Nubwo asangiye na Leta ya Kinshasa igitekerezo cyo gushinja u Rwanda uruhare mu bibazo bya RDC, Fayulu yavuze ko kuva muri Uvira kwonyine bidahagije kugira ngo habeho impinduka zifatika ku mutekano w’igihugu.

Yagize ati: “Kwikura muri Uvira ni intambwe nto. Amahoro arambye asaba ibikorwa bifatika, bigaragara kandi byemezwa ku rwego mpuzamahanga, birimo guhagarika burundu imirwano no kugarura ubusugire bw’igihugu.” Ibi byavuzwe byasobanuye ihinduka rikomeye mu mvugo ye, kuko mbere yagaragazaga ko kudashyikirana na AFC/M23 ari bwo buryo bwonyine bwo gukemura ikibazo.

Iyi mvugo nshya ya Fayulu igaragaza uko umwuka wa politiki muri RDC ukomeje guhindagurika, mu gihe amahanga akomeje gushyira igitutu ku mpande zose kugira ngo inzira y’ibiganiro ibe ari yo yiharirwa mu gushakira amahoro arambye abaturage bo mu burasirazuba bw’igihugu.

MCN

Tags: AFC/m23FayuluibiganiroRdc
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko utewe impungenge n’ibikorwa by’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC)...

Read moreDetails

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo Amakuru aturuka mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa, aravuga...

Read moreDetails

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO Umunyamerika James Swan yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, buzwi nka MONUSCO, asimbuye...

Read moreDetails

AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo

AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo Amakuru aturuka mu gace ka Kimuka, kari muri Groupement ya Kabunambo, muri Teritwari ya...

Read moreDetails

Imirwano Ikomeye Yadutse i Mwenga muri Kivu y’Epfo: AFC/M23 Ihanganye n’Ihuriro rya FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR na Wazalendo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Igitero Kiyobowe na Omari Cyasubijwe Inyuma na MRDP–Twirwaneho mu Mirwano Ikaze ku Ndondo

Imirwano Ikomeye Yadutse i Mwenga muri Kivu y’Epfo: AFC/M23 Ihanganye n’Ihuriro rya FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR na Wazalendo Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Putin Yikomye Abanyaburayi mu Magambo Akaze, Atangaza ko U Burusiya Bwiteguye Kwagura Intambara muri Ukraine

Perezida Putin Yikomye Abanyaburayi mu Magambo Akaze, Atangaza ko U Burusiya Bwiteguye Kwagura Intambara muri Ukraine

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?