Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Fizi: Hamenyekane icyo FARDC irimo gutegura nyuma y’aho Twirwaneho iyikubise ahababaza.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
Ibivugwa ku irasana ryabaye hagati y’abasirikare  n’abapolisi i Kinshasa.
97
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Fizi: Hamenyekane icyo FARDC irimo gutegura nyuma y’aho Twirwaneho iyikubise ahababaza.

You might also like

Ibivugwa ku ntumwa M23 yari yarohereje mu mishyikirano i Doha.

Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23.

Amakuru: Iby’igitero i Katana.

Nyuma yuko ihuriro ry’ingabo za Congo ririmo FARDC, FDLR, FDNB, FDLR na Wazalendo rigabye ibitero mu minsi itatu yikurikiranya mu bice bya Minembwe bituwe n’Abanyamulenge benshi, ariko Twirwaneho irwanirira aba Banyamulenge bikarangira ihanye kubi ririya huriro rigaba biriya bitero; ubu noneho ubuyobozi bwaririya huriro muri Fizi na Uvira bwohereje abandi basirikare benshi kuja kurwanya uyu mutwe wa Twirwaneho, nk’uko Minembwe Capital News yahawe aya makuru n’abari i Fizi.

Kuva ku wa gatatu w’iki cyumweru mu nkengero za Minembwe hagabwa ibitero, aho byagabwe mu Marango aherereye mu majy’Epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe ho muri secteur ya Lulenge na Mikenke iherereye muri secteur ya Itombwe.

Ni ibitero kandi aba Banyamulenge bagabweho no ku wa kane, ndetse n’uyu munsi ku wa gatanu, kuko batewe mu gice cya Mukoko na Nyaruhinga, ariko aha’rejoho batewe mu irembo rya Gahwela na Kivumu.

Ariko nk’uko amakuru abivuga nuko iri huriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, muri ibi bitero byose ryagabye ku Banyamulenge, ryarihuriyemo n’ibirushya byinshi, ni mu gihe Twirwaneho yaryambuye ibikoresho bya gisirikare, ndetse kandi bamwe mu basirikare bo muri iryo huriro baburirwa irengero, abandi babiburiramo ubuzima.

Ubundi kandi, uyu mutwe wa Twirwaneho wagiye usubiza biriya bitero byose inyuma.

Muri ubwo buryo, ubuyobozi bw’iri huriro ry’ingabo za Congo muri teritware ya Fizi na Uvira bwohereje abandi basirikare benshi mu Minembwe.

Ubuhamya dukesha umwe uri i Fizi, bugira buti: “Abasirikare benshi bo muri FARDC, FDNB, FDLR na Wazalendo, bari kuzamuka berekeza mu Minembwe. Bagiye ku rwanya Twirwaneho.”

Bushimangira ibi bugira buti: “Naha mu muhana wa Fizi hari abasirikare benshi, bamwe bavuye i Baraka, abandi baturutse i Uvira. Bose bari gutumwa kuja kurwana mu Minembwe.”

Aya makuru avuzwe mu gihe Justin Bitakwira uzwiho urwango rukomeye ku Banyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange yakiriwe i Uvira.

Bitakwira yageze i Uvira aturutse i Bujumbura, nyuma yokuva i Kinshasa akabanza guca i Lubumbashi n’i Kalemi mu ntara ya Tanganyika akabona kwereza i Bujumbura mu Burundi aho yavuye ahita aja aha i Uvira.

Bikaba bizwi ko uyu mugabo yazaniye Wazalendo ibikoresho bya gisirikare ndetse n’amafranga; gusa hakaba hari amakuru ataragenzurwa neza avuga ko bimwe muri ibyo bikoresho byagisirikare byazaniwe Wazalendo byaburiwe irengero.

Kuza kw’ibi bikoresho byagisirikare n’amafranga ya Wazalendo, bivugwa ko bije mu rwego rwo kugira ngo Wazalendo batangize urugamba rwo kubohoza ibice byigaruriwe na m23 na Twirwaneho.

Muri ibyo bice birimo Kamanyola iyo uyu mutwe wa m23 uheruka gufata, na Bukavu ifatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Epfo, ikaba yarafashwe n’uyu mutwe tariki ya 16/02/2025, ndetse na Minembwe, iyo Twirwaneho yigaruriye ku ya 21/02/2025.

Tags: FardcFiziMinembwe
Share39Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku ntumwa M23 yari yarohereje mu mishyikirano i Doha.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
M23 yigaruriye uduce twinshi mu mirwano yarimaze iminsi irenga ibiri.

Ibivugwa ku ntumwa M23 yari yarohereje mu mishyikirano i Doha. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryahamagaje intumwa zayo ryari ryarohereje i...

Read moreDetails

Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23.

Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo(AFC) ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryahinduriye imirimo Birato Rwihimba Emmanuel wari guverineri w'i ntara...

Read moreDetails

Amakuru: Iby’igitero i Katana.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
I Walikale habereye imirwano ikomeye.

Amakuru: Iby'igitero i Katana. Ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye igitero mu gice cya Katana kimaze iminsi ibarirwa mu mezi atatu kigenzurwa n'umutwe wa M23,...

Read moreDetails

Constant Mutamba yitabye ubushinjacyaha i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Constant Mutamba yitabye ubushinjacyaha i Kinshasa.

Constant Mutamba yitabye ubushinjacyaha i Kinshasa. Minisitiri w'u butabera muri Repubulika ya demokarasi ya Congo yitabye ubushinjacyaha bumukurikiranyeho icyaha cyo kunyereza amafaranga yari agenewe kubaka gereza y'i Kisangani...

Read moreDetails

Amakuru mashya: Hagaragajwe icyabaye kuri Wazalendo mu Rurambo kiyicya intege.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Amakuru mashya: Hagaragajwe icyabaye kuri Wazalendo mu Rurambo kiyicya intege. Amakuru aturuka mu Rurambo ho mu misozi ya teritware ya Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, agaragaza ko...

Read moreDetails
Next Post
Uganda’s First son Muhoozi Kainerugaba Travels to Rwanda as DRC  crisis Continues

Uganda's First son Muhoozi Kainerugaba Travels to Rwanda as DRC crisis Continues

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?