• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Gen.Alengbia wari mu basirikare bakuru ba Leta y’i Kinshasa yapfuye.

minebwenews by minebwenews
April 17, 2025
in Regional Politics
0
Gen.Alengbia wari mu basirikare bakuru ba Leta y’i Kinshasa yapfuye.
93
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Gen.Alengbia wari mu basirikare bakuru ba Leta y’i Kinshasa yapfuye.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Major General Alengbia Nyatetessya Nzambe Dieu Genti wari mu basirikare bakuru ba Repubulika ya demokarasi ya Congo bafunzwe bazira guhunga urugamba ingabo z’iki gihugu zihanganyemo n’umutwe wa M23 mu Burasizuba bwacyo, yapfuye.

Mj.Gen. Alengbia Nyatetessya yahoze ari umuyobozi w’akarere ka gisirikare ka 34, ubwo ni muri Kivu y’Amajyaruguru.

Mu mpera z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka wa 2025, M23 yafashe umujyi wa Goma iba yigaruriye aka karere kose. Alengbia Nyatetessya n’ingabo yarayoboye hamwe n’abandi bayobozi baribafatikanyije kuyobora, bahungiye i Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo, aho bari bagiye kwisuganya ngo bazigaranzure uyu mutwe wa M23.

Byaje kurangira n’aha i Bukavu bahirukanywe, higarurirwa n’uyu mutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho.
Leta ya Congo yaje gufunga Alengbia Nyatetessya Nzambe Dieu Genti, aho yarafunganywe n’abandi basirikare bashinjwa guhunga muri ibyo bice barimo Brig.Gen. Danny Tene Yangba wari umujyanama mu by’umutekano wa guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru na Brig.Gen.Papy Lupembe wari umuyobozi wa Brigade ya 11.

Barimo kandi komiseri muri polisi ya Congo, Ekuka Lipopo Jean Romuald wahoze ari guverineri wungirije wa Kivu y’Amajyaruguru na Mukuna Tumba Eddy Léonard nawe wari komiseri, n’abo bashinjwe guhungira i Bukavu, bakoresheje ubwato.

Mu rukerera rwo ku wa gatatu tariki ya 16/04/025 ni bwo byamenyekanye ko Gen.Alaingbia Nzambe Dieu Genti yapfuye. Ikitazwi ni uko yaba yaraguye muri gereza ya Ndolo iyo yarafungiwemo cyangwa ko yaba yaguye hanze yayo.

Amakuru y’urubanza rw’aba basirikare n’abapolisi ntiyari akimenyekana nyuma y’aho tariki ya 20/03/2025, urukiko rukuru rwa gisirikare rwa Kinshasa rufashe umwanzuro mu rwego rwo kwirinda kumena amabanga y’umutekano.

Tariki ya 13/03/2025, ni bwo Gen.Alaingbia na bagenzi be bagajejwe mu rukiko bwa mbere. Abanyamategeko babo basabaga ko bafungurwa by’agateganyo mu gihe baburana, basobanura ko bafunzwe mu buryo bubi.

Tags: AlaingbiaNdoloyapfuye
Share37Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Wazalendo bo mu misozi ya Uvira baheruka gutera umugongo Leta y’i Kinshasa basobanuye impamvu.

Rwambikanye hagati ya AFC/M23 n'ihuriro ry'ingabo za Congo muri Kivu y'Amajyepfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?