• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, November 28, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 28, 2025
in Uncategorized
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu z’abaye mu matora y’umukuru w’igihugu. Perezida Umaro Sissoco Embaló yahise ahunga igihugu, mu gihe ingabo zatangaje ko Major General Horta N’Tam, wari usanzwe ayobora umutwe w’ingabo zirinda umukuru w’igihugu, nka perezida w’inzibacyuho.

Ku mugoroba wo ku wa 27/11/, hashize amasaha make Embaló akuwe ku butegetsi, yahise ajyanwa i Dakar muri Sénégal mu ndege yihariye yateguwe na CEDEAO. Uyu muryango w’ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika wahise wamagana kudeta, usaba ko amategeko n’imikorere isanzwe y’inzego za Leta bisubizwaho.

Mu itangazo rya CEDEAO, uyu muryango wavuze ko “utazigera wemera inzira ya gisirikare mu kugenzura ubutegetsi,” usaba ko Embaló asubizwa mu nshingano cyangwa hagashakwa inzira y’amahoro isubiza igihugu mu murongo wa demokarasi.

Abasesenguzi ba politiki ya Guinée-Bissau bakomeje kwibaza byinshi ku mitunganyirizwe y’iyi kudeta, bamwe bakeka ko Embaló ubwe yaba yarashatse ko abasirikare bamukuraho, kugira ngo yirinde isura yo gutsindwa amatora.

Amajwi y’agateganyo yari atangiye kubarurwa yagaragazaga ko Embaló yatsinzwe, mu gihe Fernando Diaz, umukandida wigenga warushyigikiwe n’ishyaka rikomeye PAIGC — ari we wari imbere mu majwi.

Gutsindwa kwa Embaló mu matora byari byitezwe ko byongera umwuka mubi wari usanzwe hagati ye n’ishyaka PAIGC, iryo yigeze gusuzugura mu ruhame, kandi rifatwa nk’irifite amateka akomeye mu rugamba rwo kwigobotora ubukoloni. Ibi byashimangiye ubushyamirane mu rugamba rwo gushaka ubutegetsi.

Ku manywa yo ku wa 27/11, Komisiyo y’amatora yari iteganya gutangaza ibyavuye mu matora by’agateganyo, icyemezo cyari cyitezwe n’abatari bake, ariko mbere y’uko bigerwaho, ingabo zahise zitangaza ko zifatanyije na Gen. Horta N’Tam mu gufata ubutegetsi.

Abasesenguzi baravuga ko kudeta yashoboraga kuba igamije guhagarika isohorwa ry’ibyavuye mu matora, no kurinda Embaló ingaruka zaterwa n’itsindwa rye, cyangwa igahesha ingabo ubwinyagamburiro mu ishyirwaho ry’ubutegetsi bushya.

Ku rundi ruhande, iyi kudeta yongeye gushyira Guinée-Bissau ku rutonde rw’ibihugu bya Afurika biri mu miyoborere ya gisirikare kuva mu 2020. Muri byo harimo Mali, Guinée Conakry, Burkina Faso, Niger, Gabon, Madagascar, n’ibindi byinshi.

Ibi byerekana ko Afurika ikomeje kugarizwa n’ihungabana rya demokarasi, politiki y’amatora atavugwaho rumwe, n’ubuyobozi bushidikanywaho.

Kudeta yo mu 2025 yashyize Guinée-Bissau mu rundi rungabangabo. Abayobozi bakomeye b’ishyaka PAIGC, barimo n’umuyobozi waryo, bahise bafatwa barafungwa.

Ibyo byose biri gukorwa mu gihe abaturage bakomeje kwibaza uko igihugu kizongera gusubira ku murongo w’amahoro, mu gihe ubuyobozi bwa gisirikare bukomeje kwagura ububasha mu karere kose.

Tags: Coup d'ÉtatGuinea bisasu
Share24Tweet15Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by minebwenews
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by minebwenews
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by minebwenews
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by minebwenews
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?