
Gen Andre Ohenzo yiteguwe kugera mumisozi miremire y’Imulenge homuri Kivu yamajyepho bidatinze.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 18.04.2023, saa 3 :00PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News, dukesha abaturiye Imisozi miremire y’Imulenge (High Land), nuko Muminembwe biteguye Brigadier General André Ohenzo Oketi, naho Col Alexis Rugabisha akaba yamaze kuva muri Minembwe aho yagiye nindege ya Kajugujgu ya Monusco.
Uyu mu Général yaramaze igihe kitari kinini avuye mu Minembwe aho byavugwa ko yatsimbuwe na Col Alexis Rugabisha.
Mumakuru tutarabasha kumenya neza nicoba carakuye Gen Ohenzo muri Minembwe igihe yahava kuko haramakuru yakomeje guhwihwiswa ko agiye kwisigura impamvu atarwanya abaturage b’Irwanaho bikavugwa ko yoba yararezwe nabadakunda ko Imulenge haba amahoro, nimugihe uyu Mugabo yari yaragaruye amahoro muri Minembwe.
Ikindi mubyavuzwe nuko Colonel Alexis Rugabisha, ko nawe yamaze kuva mumisozi miremire y’Imulenge akerekeza i Kalemi ho muntara ya Tanganika.
Gusa Kugeza izi saha Gen Andre Oketi aracari i Bukavu kumurwa mukuru wintara ya Kivu Yepfo, uwatanze ayamakuru kuri Minembwe Capital News, yaduhamirije ko vuba araba yagarutse muri Minembwe.
Bikavugwa ko Gen Andre Oketi ariwe wahawe kuyobora 12ème brigade ya Minembwe ireba imisozi miremire yimulenge muri Kivu Yepfo.





Hapo sawa, Jamaa huyo wacha aende Kalemie. Mungu yu mwema.
Rugabisha wee genda
This is the right blog for everyone who wants to find out about this topic. You understand so much its almost hard to argue with you (not that I personally would want toÖHaHa). You certainly put a new spin on a topic thats been written about for decades. Wonderful stuff, just great!