
Muminembwe hageze Gen wa Monusco ahagana mumasaha yakare.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 25.04.2023, saa 3:58 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru avugwa Muminembwe nuko kuruyu wa Kabiri hageze abayobozi bagisirikare ba Monusco, aba bayobozi bageze muri Minembwe ahagana isaha zigitondo, nkuko bamwe mubaturage babibwiye Minembwe Capital News.
Uwatanze amakuru kuri Minembwe Capital News, yavuze ko Muminembwe bagize abashitsi bavuye Uvira barimo nu musirikare wa Monusco ufite ipeti rya Général .
Yagize ati : “Ubu dufite abashitsi kuva Uvira, bayobowe na Générale wa monusco. Aba bashitsi baribazanwe nokureba Igipolice cya Minembwe, Umubare wabo nokumenya abatakirimukazi n’Abapfakazi. Nyuma abo bashitsi bavuzeko bagiyeku kuzubaka ikigo cyarapolice Muminembwe.”
Nyuma yuko aba bashitsi bamaze gukorana ikiganiro n’a Polisi iri Muminembwe bahise burira indege basubira Mumujyi wa Uvira, nkuko Minembwe Capital News, imaze guhabwa ayamakuru.
Ibi bibaye mugihe muri Minembwe hasa nahamaze kugaruka umutekano mwiza, nimugihe intambara isa nihagaze hagati yabaturage b’irwanaho nabasirikare ba FARDC.




