Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Habonetse impamvu yo kugumisha ingabo z’u muryango w’Abibumbye ku butaka bwa RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 15, 2024
in Regional Politics
0
Habonetse impamvu yo kugumisha ingabo z’u muryango w’Abibumbye ku butaka bwa RDC.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Habonetse impamvu yo kugumisha ingabo z’u muryango w’Abibumbye ku butaka bwa RDC.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

N’ibyatangajwe na minisitiri w’ubabanye n’amahanga wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho yavuze ko ingabo z’u muryango w’Abibumbye zidashobora kuvanwa mubikorwa byo kubungabunga amahoro n’umutekano, muri Kivu y’Amajyaruguru mu gihe cyose ingabo z’u Rwanda ngo zizaba zitarava muri iy’i ntara yo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ahagana ku wa Kabiri, iyi Guverinoma ya Kinshasa niho yavuze ko ibisabwa bitujujwe kugira ngo ubutumwa bw’umuryango w’Abibumbye buve muri iyo ntara, kandi minisitiri w’ubabanye n’amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yavuze ko kuvayo nubwo bikiri iby’ibanze , bigomba gukorwa mu buryo biteganijwe igihe ibisabwa byose bizaba byuzuye.

Mu kiganiro minisitiri w’ubabanye n’amahanga wa RDC yagiranye na Reuters ku wa Gatandatu, yagize ati: “Uko ibintu bimeze ubu no kuhaba kw’ingabo z’u Rwanda bituma bigorana cyane gutekereza kuri ibyo bintu ubungubu.”

Yakomeje agira ati: “Turakurikirana rero imihindagurukire y’ibintu kugirango tubone umwanya ubereye wo gutangira iki gikorwa.”

Bintou Keita, ukuriye ubutumwa bw’umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya demokarasi ya Congo buzwi ku izina rya Monusco, yavuze ko nta gihe ntarengwa cyo gukurayo ingabo, cyari cyasabwe na perezida Félix Tshisekedi mu kwezi kwa Cyenda umwaka ushize.

Icyicaro cya mbere cyarangiye abashinzwe kubungabunga amahoro by’umuryango w’Abibumbye barangije kuva mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Kuva burundu kwa Monusco yatangiye inshingano zo ku bungabunga amahoro muri RDC mu 2010, kugeza ubu ikaba ibarirwa ingabo zigera ku 10.800, bizahindura ibikorwa by’umutekano mu Burasirazuba bwiki gihugu.

Minisitiri w’ubabanye n’amahanga wa RDC yavuze kandi ko ingamba za RDC mu rwego rwo gukangurira amahanga kumenya uruhare rw’u Rwanda mu ntambara iki gihugu gihanganyemo na M23 rutangiye kwera imbuto, anagaragaza ko bizeye ko ibihano bizashyirwaho nk’i gisubizo.

Yagize ati: “Ubu ho ntidushidikanya kuko abatumva bari kugenda barushyaho gusobanukirwa.”

Hagati aho intambara ibera muri Kivu y’Amajyaruguru imaze imyaka itatu, hari uguhangana hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Muri iyi ntambara Congo ishinja u Rwanda gutera inkunga uyu mutwe wa M23, ibyo u Rwanda ruhakana rukavuga ko nta nyungu rubifitemo. Gusa raporo y’impuguke z’u muryango w’Abibumbye iheruka kuja hanze yemeje ko u Rwanda rufite hagati ya basirikare 3000 na 4000 bari muri iki gihugu.

Ibi u Rwanda rurabihakana, kandi rwakunze gushinja RDC gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze genocide mu Rwanda mu 1994.

                 MCN.
Tags: ImpamvuIyigumisha muri RDCMonusco
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Mu Rwanda komisiyo ishinzwe amatora yaraye itangaje amajwi y’agateganyo, abatsinzwe bashimira kandida Paul Kagame wegukanye intsinzi ku majwi ari hejuru cyane.

Mu Rwanda komisiyo ishinzwe amatora yaraye itangaje amajwi y'agateganyo, abatsinzwe bashimira kandida Paul Kagame wegukanye intsinzi ku majwi ari hejuru cyane.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?