Hagaragajwe aho m23 igeze igana ku kibuga cy’indege cya Bukavu.
Nyuma y’aho umutwe wa m23 ku wa gatatu w’ejo hashize wafashe zone ya Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo, kuri ubu uyu mutwe urigusatira ikibuga cy’indege cya Kavumu kiri hafi n’umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Bivugwa ko kuri uyu wa kane tariki ya 13/02/2025, imirwano ikaze hagati y’uyu mutwe wa m23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta, yabereye mu gace ka Kasheke-Kabamba, gaherereye mu birometero 15 uvuye ku kibuga cy’indege cya Kavumu.
Aya makuru ava muri ibyo bice yemeza ko uyu mutwe wa maze kubohoza kariya gace, kandi ko uri kwerekeza i Kavumu.
Itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe hanze ahar’ejo, igisirikare cya Congo cyamaganye ibyo cyise kurenga ku ihagarikwa ry’imirwano kwa m23 kuri ubu ngo zikoresha ihame ryo kuganira no kurwana.
Ni mu gihe abakuru b’ibihugu bya EAC na SADC mu nama iheruka kubera muri Tanzania basabye ko imirwano ihagarara vuba.
Ibi ariko ntabwo bisa nkaho byumviswe. Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, m23 nayo iheruka gushyira ahagaragara yerekanye ko yifuza gukomeza urugamba, basobanura ko impamvu ari uko ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bazo bakomeje guhohotera abaturage mu mujyi wa Bukavu no mu nkengero zayo.