• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hagaragajwe akarengane Abatutsi b’Abanyekongo bakorerwa na FDLR izwiho gukorana byahafi n’igisirikare cya leta ya Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
June 13, 2024
in Regional Politics
0
Hagaragajwe akarengane Abatutsi b’Abanyekongo bakorerwa na FDLR izwiho gukorana byahafi n’igisirikare cya leta ya Kinshasa.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hagaragajwe akarengane Abatutsi b’Abanyekongo bakorerwa na FDLR izwiho gukorana byahafi n’igisirikare cya leta ya perezida Félix Tshisekedi, muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

You might also like

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

Nibyaragajwe n’umuryango wa Never Again Rwanda, uvuga ko FDLR n’indi mitwe ikorana nayo mu gufasha ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo ku rwanya M23, yakoreye ubugizi bwanabi Abanye-kongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, ibashinja gukona na M23.

Bikubiye muri raporo Never Again Rwanda yakoze mu mwaka w’ 2023, iyo raporo ikaba yasohotse ku ya 12/06/2024, yagaragaje ko ibitero byakorewe aba Banye-kongo byaranzwe n’ubwicanyi, kubasambanya ku gahato, kubatwikira inzu, gusahura imutungo yabo ndetse no gutangaza imvugo zibibasira.

Wagize uti: “Ibi bitero byaranzwe n’ubwicanyi, kubasambanya ku gahato, gutwika amazu, gusahura amatungo yabo n’ibikangisho by’urwango. Amagana y’imiryango y’Abatutsi yahunze muri teritware ya Masisi na Rutshuru, ijya mu nkambi hafi ya Goma, ariko naho ishobora kugerwaho n’inyeshamba.”

Umuryango Never Again wasobanuye ko ubuzima bwabo bwagiye mu kaga cyane mu ntangiriro za 2023 ubwo umutwe wa M23 wamburaga ingabo za RDC ibice bitandukanye.

Mu kwezi kwa Kane, imitwe ya Wazalendo ikorana na FDLR yishe Abatutsi 18 mu bice byo muri Grupema ya Tongo na Mupfunyi-Shanga, muri Masisi, isahura n’inka zabo.

Nk’uko yakomeje ibivuga n’uko mu kwezi kwa Kabiri 2023 ubwo M23 yafataga Kitchanga, FDLR, Maï Maï n’ingabo za RDC bagabye igitero ku nkambi hafi yo mu gace ka Katoyi, Muheto na Ikobo. Aho ngo bahatwitse inzu zirenga 100, bica Abatutsi barenga 20, bashimuta 13, abandi 2000 barahunga. Hari nababuriwe irengero nyuma y’iki gitero.

Uyu muryango watangaje ko ibi bikorwa by’u bugizi bwa nabi byiyongeraho iterabwabo Abatutsi b’Abanyekongo bashyirwaho n’abasirikare ndetse n’abapolisi ba leta, bababwira ko bakorana na M23. Ibi byatumye bamwe muri bo bafungwa, batotezwa mu bigo bya gisirikare, abandi baburirwa irengero.

Uyu muryango watanze uregero rw’abasore batanu bakoreraga ku kigo gitunganya amazi cya Mwanza batawe muri yombi n’abasirikare tariki ya 24/02/2024, bashinjwa kuba abarwanyi ba M23. Aba ni Byiringiro Kennedy, Irumva Steve, Benze Mudari, Zirimwabagabo Sambibe na Nizeyimana Callixte.

Hari umushumba witwa Kazungu uyu muryango uvuga ko yiciwe na FDLR mu gace ka Bihambwe tariki ya 25/02/2024, izi nyeshamba zitwara Inka yari aragiye , zisambanya uwitwa Nzayisenga Ziragora mu isambu mu gace ka Ngungu, zitwara Inka ze.

Uwo munsi, abarwanyi ba Nyatura CMC ya Domi hamwe n’Ingabo za FARDC batera ikusanyirizo ryamata ry’ishyirahamwe Acogenok muri Luhonga.

Mu mpera z’uku kwezi, Inyeshamba za Nyatura CMC zateye agace ka Kaniro, zitwara Inka zirenga 1500, gusa zimwe muri zo zabohojwe na M23, nyuma y’imirwano yahanganishije impande zombi.

Hagati mu mwaka w’ 2023, nk’uko uyu muryango wabivuze , ofisiye ukomeye muri Nyatura CMC yasohoye indirimbo yise ‘Abatutsi ni imbwa,’ ashimira abagabye igitero ku Batutsi muri Masisi na Rutshuru. Hari amakuru avuga ko yishe umushumba amuhoro ubwoko bwe.

Mu bice FDLR igenzura, yakomeje gutoza abana kwanga Abatutsi ndetse no kubagirira nabi. Ibi byashimangiwe na video yasohotse muri uko kwezi, aho bitaga Abatutsi ‘inyenzi.’ ibi byose byagize ingaruka zirimo kubagabaho ibitero no kwangiza imutungo wabo.

Mu gihe ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byibasira Abanye-kongo b’Abatutsi, kugeza mu mpera za 2023 abagera kuri miliyoni imwe bahungiye mu bihugu bituranye na Repubulika ya demokarasi ya Congo, ku bw’u mutekano wabo.

           MCN.
Tags: AbatutsiBakorerwa akarenganeMasisiRdc
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails

Ese Wari Uzi ko Afurika Yigeze Kuba Umugabane Ukize Kurusha Indi ku Isi?Amateka, Ishema n’Inzira yo Kongera Kwiyubaka

by Bahanda Bruce
January 22, 2026
0
Ese Wari Uzi ko Afurika Yigeze Kuba Umugabane Ukize Kurusha Indi ku Isi?Amateka, Ishema n’Inzira yo Kongera Kwiyubaka

Ese Wari Uzi ko Afurika Yigeze Kuba Umugabane Ukize Kurusha Indi ku Isi?Amateka, Ishema n’Inzira yo Kongera Kwiyubaka Ese wari uzi ko mu bihe bya kera cyane, Afurika...

Read moreDetails
Next Post
Umugaba mukuru w’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, yagiriye uruzinduko rudasanzwe i Goma, menya ibyarwo.

Umugaba mukuru w'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, yagiriye uruzinduko rudasanzwe i Goma, menya ibyarwo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?