• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Hagaragajwe ibibazo bigikomeje kuba ingorabahizi mu Minembwe nubwo bafite umutekano mwiza.

minebwenews by minebwenews
April 23, 2025
in Conflict & Security
0
Hagaragajwe ibibazo bigikomeje kuba ingorabahizi mu Minembwe nubwo bafite umutekano mwiza.
93
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hagaragajwe ibibazo bigikomeje kuba ingorabahizi mu Minembwe nubwo bafite umutekano mwiza

You might also like

Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

Mu Minembwe ahazwi cyane nk’umurwa mukuru w’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, kubura umunyu, isabune, amavuta na Carbila biracyakomeje kubera abaturage ikibazo gikomeye.

Minembwe ni komine, ahanini ituwe n’Abanyamulenge, abashi bake n’Abapfulero ndetse n’Abanyindu.

Izwiho kuba yibitseho ubutaka bwera cyane ku bihingwa birimo ibigori, ibishimbo, ibirayi n’ibindi. Usibye ubuhinzi, izwiho kandi ubworozi bw’inka n’andi matungo magufi.

Ku ya 21/02/2025, Twirwaneho yafashe iki gice cya Minembwe, nyuma y’aho icyirukanyemo ihuriro ry’ingabo za Congo ririmo FARDC, FDNB, FDLR na Wazalendo.

Kuva icyo gihe Minembwe ibohojwe na Twirwaneho inzira zayihuzaga n’ibindi bice bizwi kuba bituwe n’Ababembe, ari nabyo byaturukagamo ibicuruzwa byarafunze.

Inzira yo kwa Mulima iyihuza na Fizi ku i zone yahise ifunga, ndetse kandi n’inzira ya Bijombo, iyihuza na Uvira nayo irafunga. Kuko Bijombo irimo ingabo za Congo iz’u Burundi na FDLR ndetse na Wazalendo.

Ubundi kandi n’inzira y’ikirere iyihuza na Bukavu irahagarara.

Muri ubwo buryo ibyashara bijanye n’umunyu, amavuta, n’amasabune ndetse na Carbila birabura.

Umwe mu Banyamulenge uherereye mu Minembwe yabwiye Minembwe Capital News ko icyo kibazo kibagoye cyane.

Mu butumwa yaduhaye yagize ati: “Tubuze isabune, amavuta n’umunyu. Naho kubera Carbila, rwose iminara y’itumanaho ntigikora. Hari mukuba aho iharagarara iminsi irindwi yose, nta tumanaho dufite.”

Yavuze ko itumanaho rya Vodacom na Airtel, ariryo bakoreshaga mu Minembwe, kandi ko Airtel ariyo yakoraga neza kurusha Vodacom nubwo Vodacom ariyo yahabanje, ariko kubera ibura rya Carbila byose bihagaze.

Kurundi ruhande, agaragaza ko ku bijyanye n’umutekano mu Minembwe bihagaze neza, nubwo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa RDC zikigaba ibitero mu mihana iherereye mu nkengero za centre ya Minembwe.

Ariko ko Abanyamulenge batembera bisanzuye, bitandukanye n’igihe iki gice cyagenzurwaga n’iri huriro ry’ingabo za Congo n’iz’u Burundi.

Icyo gihe uwahurirana n’izi ngabo mu gacikane, yaricwaga, aticwa akanyagwa ibye.

Ati: “Ubuho dufite umutekano wose. Turatembera amasaha yose dushakira. Bitari nka cyagihe twari dusigaye twicwa nk’ihene.”

Hagataho, ahari amahoro n’ituze kubijyanye n’ubwisanzure bw’abaturage, bigaragara mu duce tugenzurwa na Twirwaneho na M23, ubwo ni mu Minembwe, Mikenke na Rurambo n’ahandi.

Ariko nk’ibice bikigenzurwa n’ingabo za Leta byo muri iki gice cy’i Mulenge, nk’i Ndondo ya Bijombo na Bibogobogo, abaturage baracicwa kandi bakanyagwa. Ubundi kandi ntibagira uburenganzira bwo gutemberera aho baba bashaka hose, ahanini ibyo biba gusa ku Banyamulenge.

Tags: IsabuneItumanahoMinembweUmunyu
Share37Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

Ingabo z'u Burundi zahawe igisubizo nyuma y'aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke Nyuma y'aho Ingabo z'u Burundi zihaye umutwe wa MRDP-Twirwaneho ukorera muri Kivu...

Read moreDetails

Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

Indege z'intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyateye ibisasu by'indege za Sukhoi-25 mu bice bituwe cyane byo muri teritware ya...

Read moreDetails

Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

Urusaku rw'imbunda z'irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n'impamvu yarwo Amakuru aturuka mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, ugenzurwa n'ihuriro ry'ingabo za Repubulika...

Read moreDetails

Conflict Monitoring Report: Burundian Military Expansion and the Security Situation in the Mulenge Highlands

by minebwenews
October 19, 2025
0
Burundian Soldiers in Tshisekedi’s Plan to Wipe Out the Banyamulenge

Background Recent developments in the highlands of Mulenge, South Kivu Province (eastern Democratic Republic of the Congo), reveal a growing presence of Burundian soldiers operating in collaboration with elements of the Congolese national army...

Read moreDetails

Menya uduce turenga 4 Ingabo z’u Burundi zashyinzemo ibirindiro mu Cyohagati

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukaza umurego mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Epfo

Menya uduce turenga 4 Ingabo z'u Burundi zashyinzemo ibirindiro mu Cyohagati Igice kizwi nko mu Cyohagati cyo mu misozi miremire y'i Mulenge mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo mu...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 yaburiye FARDC n’abambari bayo ku bitero ikomeje kugaba mu Minembwe n’i Walikale.

RDC ikomeje kunaniza AFC/M23 ku bijyanye n'ibiganiro bya Qatar.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?