• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 2, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Hahishuwe indwara Abanyamulenge bari muri Leta ya RDC barwaye ituma bifatanya na yo n’iy’u Burundi kwica benewabo, hanavugwa n’umubare w’Ingabo z’u Burundi zoherejwe iwabo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 2, 2025
in Conflict & Security
0
I Goma no mu nkengero zayo hagabwe ibitero bikaze.
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hahishuwe indwara Abanyamulenge bari muri Leta ya RDC barwaye ituma bifatanya na yo hamwe n’iy’u Burundi kwica benewabo, hanavugwa n’umubare w’Ingabo z’u Burundi zoherejwe iwabo.

You might also like

Abanya-Uvira baburiwe kwirinda kugera mu duce byavuzwe ko Wazalendo badufunze

Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n’ubw’u Burundi

Guverinoma y’u Burundi yohereje abasirikare bayo ibihumbi birenga icumi mu gice cy’i Mulenge no mu bindi bice biherereye mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, hagamijwe kurimbura abaho.

Ni amakuru yashyizwe hanze n’umunyapolitiki Moïse Nyarugabo mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Goma mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Muri iki kiganiro yakoze aha’rejo tariki ya 01/09/2025, Nyarugabo wo mu bwoko bw’Abanyamulenge yavuze ko iyi ntambara barimo yatangijwe n’aba Mai Mai bo mu bwoko bw’Abapfulero, Ababembe n’Abanyindu, bamaramaje kuzashyirwa aruko bamazeho Umunyamulenge.

Yavuze ko ubwo Mai zatangiraga gutera Abanyamulenge, Leta y’i Kinshasa yareberaga nk’aho ntakihaya gikorwa, kandi ngo nyuma na yo iza kubyinjiramo ifasha Mai Mai, ngo aba ari nabwo havuka Twirwaneho.

Nyarugabo yasobanuye ko bishe, barasenya, imihana igera ku magana barayitwika, Inka zigera ku bihumbi amagana 500 ziranyagwa, bakazigurishyiriza mu masoko ya Leta, ubundi kandi abari batuye muri iriya misozi berekeza iyubuhungiro.

Yavuze ko kandi mu 2022, Leta y’u Burundi yagiranye amasezerano n’iya RDC y’ubufatanye mu bya gisirikare birimo no kurwanya umutwe wa Red-Tabara na FOREBU. Ariko ko Abanyamulenge baje gutungurwa no kubona Abarundi bahoze babakira, na bo bifatanya na Leta y’i Kinshasa mu kubarwanya.

Avuga ko mbere hose iriya Leta y’u Burundi babanye neza n’Abanyamulenge , ngo kuko yabahaye ubuhungiro, ndetse ashimangira ko n’ubu bamwe bakiriyo nubwo hari abishwe igihe cya Gatumba, hakaba ntangamba zafashwe, ariko igihe hagize ikibaye haba i Uvira no mu misozi, bahungira yo, kandi bagafatwa neza.

Moïse Nyarugabo yakomeje avuga ko mu misozi miremire n’imigufi hari Batayo hagati ya 12 na 15 z’i ngabo z’u Burundi zigizwe n’abasirikare barenga ibihumbi 10. Maze agira ati: “Mwakwibaza ko zagiye kuhakora iki?”

Ni naho yavuze ko zahaje zitwaje ko zije guhiga Red-Tabara ariko uwo mutwe wifatanya n’uwa Mai Mai mu kurwanya Abanyamulenge, igitangaje izo ngabo z’u Burundi na zo zifatanya na Mai Mai. Avuga ko ibyo bintu kugeza ubu bitarumvikana neza.

Yavuze kandi ko ingabo z’u Burundi zabanje kurwanya uyu mutwe wa Red-Tabara, uza guhungira mu mashyamba aherereye muri Mwenga, ariko aho ku wukurikira zihitamo kwifatanya na FDLR, Leta ya RDC na Mai Mai gutera no gusahura Abanyamulenge muri Minembwe, ku Ndondo, Bibogobogo, Mibunda na Rurambo.

Yavuze ko imitwe ya Mai Mai, ingabo za FARDC zari mu Kibaya cya Rusizi no mu mujyi wa Uvira, zahawe ibwiriza ryo kujya mu misozi miremire y’i Mulenge, bisa n’aho ziri kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge.

Hejuru y’ibyo, yavuze ko drones zari zigambiriye kurasa ku bagize umutwe wa MRDP-Twirwaneho zayobye ku mugoroba wo ku itariki ya 31/08/2025, zirasa ku kigo cy’ingabo za FARDC muri Karunga, zica abasirikare bari hagati ya 36, na 48 barimo ofisiye wari ufite ipeti rya major wayoboraga Batayo.

Yageze aha asaba ingabo z’u Burundi kuva mu mugambi mubisha wa Leta y’i Kinshasa ugamije kurimbura Abanyamulenge, kandi ko niba barwanya Red-Tabara, bakwiye kwifatanya na MRDP-Twirwaneho.

Yanaboneyeho gusaba umuryango mpuzamahanga guhagarika umugambi wo kurimbura Abanyamulenge, kandi mu gihe batawuhagaritse MRDP izakomeza kwirwanaho.

Mu gusoza yavuze ko Lt Gen Masunzu n’abagenzi be barwaye, aho yavuze ko nubwo Abanyamulenge baremye umutwe wa Twirwaneho mu rwego rwo kugira ngo ubarindire umutekano, hari benewabo bahisemo gukomeza gukorana na Leta y’i Kinshasa, banifatanya na yo muri uyu mugambi. Abo barimo Lt Gen Masunzu Pacifique uyobora Zane ya gatatu y’ingabo z’iki gihugu.

Yavuze ko Lt Gen Masunzu n’abandi Banyamulenge barimo minisitiri ushinzwe iterambere ry’imijyi n’imiturire, Alexis Muvunyi, bagenda bumvikana mu itangazamakuru bavuga ko nta bwicanyi bukorerwa bene wabo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bagatesha agaciro impamvu yo kubaho kwa MRDP-Twirwaneho.

Avuga ko kuba Let Gen Masunzu n’abandi Banyamulenge bakomeje gukorana na Leta y’i Kinshasa, babitewe n’indwara ya “Stockholm syndrome” ituma umuntu yishimira ubugizi bwa nabi akorerwa.

Yasobanuye ko nubwo aba barimo Lt Gen Masunzu na Alexis Muvunyi bahakana ubwicanyi bukorerwa Abanyamulenge, na bo babizi ko benewabo benshi bahunze ibice bari batuyemo muri Kivu y’Amajyepfo biturutse ku bitero bya Mai Mai, ingabo za FARDC n’indi mitwe.

Yanaboneyeho asaba bene wabo b’Ababanyamulenge bari gukorana na Leta y’i Kinshasa ko bava ibuzimu bagasubira ibintu, abamenyesha ko uzagirira nabi abatuye muri Kivu y’Amajyepfo na bo atazabareka, n’iyo baba bari i Kinshasa.

Tags: AbanyamulengeIndwaraRdc
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Abanya-Uvira baburiwe kwirinda kugera mu duce byavuzwe ko Wazalendo badufunze

by Bruce Bahanda
September 2, 2025
0
Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Abanya-Uvira baburiwe kwirinda kugera mu duce byavuzwe ko Wazalendo badufunze Abanyamulenge bari Uvira n'abahazindukira, baburiwe kwirinda cyane muri iki gihe, ngo kuko Wazalendo bashobora kubagirira nabi kandi ko...

Read moreDetails

Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

by Bruce Bahanda
September 2, 2025
0
Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Nyuma y'aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane Brigadier General Olivier Gasita wo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, ushinzwe ibikorwa bya...

Read moreDetails

Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n’ubw’u Burundi

by Bruce Bahanda
September 1, 2025
0
Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n’ubw’u Burundi

Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n'ubw'u Burundi Moïse Nyarugabo wahoze mu bategetsi bavuga rikijana muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, igihe cya Joseph Kabila...

Read moreDetails

Mu ibanga rikomeye Gen.Gasita yinjiye muri Uvira, ubuhamya twahawe

by Bruce Bahanda
September 1, 2025
0
Mu ibanga rikomeye Gen.Gasita yinjiye muri Uvira, ubuhamya twahawe

Mu ibanga rikomeye Gen.Gasita yinjiye muri Uvira, ubuhamya twahawe Brigadier General Olivier Gasita uyoboye ibikorwa bya gisirikare mu mujyi wa Kindu ufatwa nk'umurwa mukuru w'i ntara ya Maniema,...

Read moreDetails

AFC/M23 mu gikorwa cyo gutangiza umwaka wa mashuri wa 2025-2026.

by Bruce Bahanda
September 1, 2025
0
Auto Draft

AFC/M23 mu gikorwa cyo gutangiza umwaka wa mashuri wa 2025-2026. Abayobozi bakuru bo mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23, Corneille Nangaa na Bisimwa bagaragaye bari kumwe n'abana...

Read moreDetails
Next Post
Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Nyuma y'aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?