• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, January 19, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Hahishuwe indwara Abanyamulenge bari muri Leta ya RDC barwaye ituma bifatanya na yo n’iy’u Burundi kwica benewabo, hanavugwa n’umubare w’Ingabo z’u Burundi zoherejwe iwabo.

minebwenews by minebwenews
September 2, 2025
in Conflict & Security
0
I Goma no mu nkengero zayo hagabwe ibitero bikaze.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hahishuwe indwara Abanyamulenge bari muri Leta ya RDC barwaye ituma bifatanya na yo hamwe n’iy’u Burundi kwica benewabo, hanavugwa n’umubare w’Ingabo z’u Burundi zoherejwe iwabo.

You might also like

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

Guverinoma y’u Burundi yohereje abasirikare bayo ibihumbi birenga icumi mu gice cy’i Mulenge no mu bindi bice biherereye mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, hagamijwe kurimbura abaho.

Ni amakuru yashyizwe hanze n’umunyapolitiki Moïse Nyarugabo mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Goma mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Muri iki kiganiro yakoze aha’rejo tariki ya 01/09/2025, Nyarugabo wo mu bwoko bw’Abanyamulenge yavuze ko iyi ntambara barimo yatangijwe n’aba Mai Mai bo mu bwoko bw’Abapfulero, Ababembe n’Abanyindu, bamaramaje kuzashyirwa aruko bamazeho Umunyamulenge.

Yavuze ko ubwo Mai zatangiraga gutera Abanyamulenge, Leta y’i Kinshasa yareberaga nk’aho ntakihaya gikorwa, kandi ngo nyuma na yo iza kubyinjiramo ifasha Mai Mai, ngo aba ari nabwo havuka Twirwaneho.

Nyarugabo yasobanuye ko bishe, barasenya, imihana igera ku magana barayitwika, Inka zigera ku bihumbi amagana 500 ziranyagwa, bakazigurishyiriza mu masoko ya Leta, ubundi kandi abari batuye muri iriya misozi berekeza iyubuhungiro.

Yavuze ko kandi mu 2022, Leta y’u Burundi yagiranye amasezerano n’iya RDC y’ubufatanye mu bya gisirikare birimo no kurwanya umutwe wa Red-Tabara na FOREBU. Ariko ko Abanyamulenge baje gutungurwa no kubona Abarundi bahoze babakira, na bo bifatanya na Leta y’i Kinshasa mu kubarwanya.

Avuga ko mbere hose iriya Leta y’u Burundi babanye neza n’Abanyamulenge , ngo kuko yabahaye ubuhungiro, ndetse ashimangira ko n’ubu bamwe bakiriyo nubwo hari abishwe igihe cya Gatumba, hakaba ntangamba zafashwe, ariko igihe hagize ikibaye haba i Uvira no mu misozi, bahungira yo, kandi bagafatwa neza.

Moïse Nyarugabo yakomeje avuga ko mu misozi miremire n’imigufi hari Batayo hagati ya 12 na 15 z’i ngabo z’u Burundi zigizwe n’abasirikare barenga ibihumbi 10. Maze agira ati: “Mwakwibaza ko zagiye kuhakora iki?”

Ni naho yavuze ko zahaje zitwaje ko zije guhiga Red-Tabara ariko uwo mutwe wifatanya n’uwa Mai Mai mu kurwanya Abanyamulenge, igitangaje izo ngabo z’u Burundi na zo zifatanya na Mai Mai. Avuga ko ibyo bintu kugeza ubu bitarumvikana neza.

Yavuze kandi ko ingabo z’u Burundi zabanje kurwanya uyu mutwe wa Red-Tabara, uza guhungira mu mashyamba aherereye muri Mwenga, ariko aho ku wukurikira zihitamo kwifatanya na FDLR, Leta ya RDC na Mai Mai gutera no gusahura Abanyamulenge muri Minembwe, ku Ndondo, Bibogobogo, Mibunda na Rurambo.

Yavuze ko imitwe ya Mai Mai, ingabo za FARDC zari mu Kibaya cya Rusizi no mu mujyi wa Uvira, zahawe ibwiriza ryo kujya mu misozi miremire y’i Mulenge, bisa n’aho ziri kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge.

Hejuru y’ibyo, yavuze ko drones zari zigambiriye kurasa ku bagize umutwe wa MRDP-Twirwaneho zayobye ku mugoroba wo ku itariki ya 31/08/2025, zirasa ku kigo cy’ingabo za FARDC muri Karunga, zica abasirikare bari hagati ya 36, na 48 barimo ofisiye wari ufite ipeti rya major wayoboraga Batayo.

Yageze aha asaba ingabo z’u Burundi kuva mu mugambi mubisha wa Leta y’i Kinshasa ugamije kurimbura Abanyamulenge, kandi ko niba barwanya Red-Tabara, bakwiye kwifatanya na MRDP-Twirwaneho.

Yanaboneyeho gusaba umuryango mpuzamahanga guhagarika umugambi wo kurimbura Abanyamulenge, kandi mu gihe batawuhagaritse MRDP izakomeza kwirwanaho.

Mu gusoza yavuze ko Lt Gen Masunzu n’abagenzi be barwaye, aho yavuze ko nubwo Abanyamulenge baremye umutwe wa Twirwaneho mu rwego rwo kugira ngo ubarindire umutekano, hari benewabo bahisemo gukomeza gukorana na Leta y’i Kinshasa, banifatanya na yo muri uyu mugambi. Abo barimo Lt Gen Masunzu Pacifique uyobora Zane ya gatatu y’ingabo z’iki gihugu.

Yavuze ko Lt Gen Masunzu n’abandi Banyamulenge barimo minisitiri ushinzwe iterambere ry’imijyi n’imiturire, Alexis Muvunyi, bagenda bumvikana mu itangazamakuru bavuga ko nta bwicanyi bukorerwa bene wabo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bagatesha agaciro impamvu yo kubaho kwa MRDP-Twirwaneho.

Avuga ko kuba Let Gen Masunzu n’abandi Banyamulenge bakomeje gukorana na Leta y’i Kinshasa, babitewe n’indwara ya “Stockholm syndrome” ituma umuntu yishimira ubugizi bwa nabi akorerwa.

Yasobanuye ko nubwo aba barimo Lt Gen Masunzu na Alexis Muvunyi bahakana ubwicanyi bukorerwa Abanyamulenge, na bo babizi ko benewabo benshi bahunze ibice bari batuyemo muri Kivu y’Amajyepfo biturutse ku bitero bya Mai Mai, ingabo za FARDC n’indi mitwe.

Yanaboneyeho asaba bene wabo b’Ababanyamulenge bari gukorana na Leta y’i Kinshasa ko bava ibuzimu bagasubira ibintu, abamenyesha ko uzagirira nabi abatuye muri Kivu y’Amajyepfo na bo atazabareka, n’iyo baba bari i Kinshasa.

Tags: AbanyamulengeIndwaraRdc
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC Abakurikiranira hafi ibibera mu ntambara imaze igihe ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bemeza...

Read moreDetails

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23 Mu gitondo cyo ku Cyumweru, abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo ni bo babanje kwinjira mu mujyi wa...

Read moreDetails

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa Mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), umutwe wa Wazalendo, ubarizwa mu mitwe...

Read moreDetails

Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira

Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira Amakuru yizewe aturuka mu mujyi wa Uvira, uri muri teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga...

Read moreDetails

Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu

Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gushinjwa gukomeza guha umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro...

Read moreDetails
Next Post
Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Nyuma y'aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?