Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Hahishuwe uburyo Abanyakagara batangiye gukora mu buryo bwa “mayobera” ya satani.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 17, 2025
in Conflict & Security
0
Hahishuwe uburyo Abanyakagara batangiye gukora mu buryo bwa “mayobera” ya satani.
99
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hahishuwe uburyo Abanyakagara batangiye gukora mu buryo bwa “mayobera” ya satani.

You might also like

Tshisekedi yiyambaje izindi ngabo zo ku mufasha kurwanya M23, izo abona ko zikomeyeho.

Haratutumba intambara ikomye, nyuma y’amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi.

Icyo amakuru avuga kuri Col.Macunda.

Nyuma y’aho abo mugatsiko k’Abanyakagara gasanzwe gakorera mu kwaha k’u butegetsi bw’i Kinshasa kanditse inyandiko z’ibihimbano kakazikwirakwiza ku mbugankoranyambaga, ziyitiriye umuryango wa Mahoro Peace Association, uyu muryango waje kubibeshyuza unasaba abantu kubitesha agaciro.

Mu minsi ibiri ishize ni bwo bamwe bo mu kagara bafunguye Konti ya x, biyitirira urubuga rwa MPA, maze bayishyiraho ubutumwa bugira buti: “Umuryango wa Mahoro Peace Association twamaganye ubwicanyi bukomeje gukorerwa Abanyamulenge mu bice bigenzurwa na M23.”

Ni ubutumwa bwagaragaje ko aba Banyakagara bashaka kurema amaharakubiri hagati y’Abanyamulenge n’ingabo za M23 zibarwanirira.

Uyu mutwe wubuye imirwano mu mpera z’u mwaka wa 2021 kubera ubwicanyi Leta y’i Kinshasa iyo Abanyakagara bakorera yari ikomeje ubwicanyi ku Banyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni ubwicanyi amateka agaragaza ko bwatangiye kubakorerwa kuva mu mwaka wa 1964, ariko buza gufata indi ntera mu mwaka wa 2017 kugeza n’ubu kuko ku mugoroba w’ahar’ejo ku wa gatanu hari abandi Banyamulenge biciwe mu biraro bishwe n’izi ngabo za Leta ya Congo zifatanyije n’iz’u Burundi.

Buriya butumwa umuryango wa Mahoro Peace Association waje kubunyomoza kandi usaba ababubonye ku butesha agaciro.

Bagize bati: “Turabeshyuza ubutumwa bwanditswe n’inkozi z’ibibi, ziyitiriye urubuga rwa MPA kuri x yahoze yitwa Twitter.”

Bongeye ati: “Turi mu ntambara y’ubuvugizi ku bwicanyi dukorerwa na Leta ya Congo na bo bafatanyije gukoresha igisa n’urubuga rwa Mahoro (MPA) mu kuyobya abadukurikira. Ibyo banditse nta bwo biri ku rubuga rwacu mu biteshe agaciro.”

Mahoro Peace Association ni umuryango ugizwe n’Abanyamulenge baba muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika. Uyobowe na Adele Kibasumba, mu busanzwe uyu muryango ufasha Abanyamulenge bakuwe mubyabo kubera intambara mu Minembwe n’ahandi. Babafasha ibirimo amafu, imboga n’amafu y’ibikoma kubera batakibona amata nka mbere nyuma y’aho FARDC n’abambari bayo banyaze Inka zabo ibihumbi amagana.

Uyu muryango watangiye gufasha Abanyamulenge i Mulenge, kuva mu mwaka wa 2017, kugeza n’uyu munsi urabafasha.

Mu gihe Akagara ko bizwi ko ari agatsiko kagizwe n’Abanyamulenge barwanya ababo. Binazwi ko gakoreshwa n’umusirikare uyoboye zone ya gatatu y’ingabo za Congo, nk’uko zimwe mu mbugankoranyambaga zikoreshwa n’Abanyamulenge zikunze kubitangaza.

Rumwe muri izo mbuga, rukorera kuri Facebook rwitwa Kivu New, rwanditse rubyamagana rugira ruti: “Hariho Fake news yakozwe na Gen Masunzu Pacifique. Uyu yaje ari bindi bindi mu bwoko bwabo Abanyamulenge.”

Rwakomeje rugaragaza ko yaje aje kubarimbura. Kandi ko ari we ukuriye Akagara.

Ati: “Yiyitirira abantu akandika ibihimbano. Turamwamaganye. Ari gukora mu buryo bwamayobera ya satani.”

Si umuryango wa Mahoro Peace Association biyitiriye gusa, kuko kandi abakora izo nyandiko baniyitiriye Adele Kibasumba umuyobozi mukuru w’uyu muryango bandika bamagana umutwe wa M23, ariko ibi uyu muyobozi yaje kubitesha agaciro agaragaza ko byakozwe n’inkozi z’ibibi.

Tags: Adele KibasumbaAkagaraAmayoberaMPASatani
Share40Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Tshisekedi yiyambaje izindi ngabo zo ku mufasha kurwanya M23, izo abona ko zikomeyeho.

by Bruce Bahanda
July 5, 2025
0
Tshisekedi yiyambaje izindi ngabo zo ku mufasha kurwanya M23, izo abona ko zikomeyeho.

Tshisekedi yiyambaje izindi ngabo zo ku mufasha kurwanya M23, izo abona ko zikomeyeho. Repubulika ya demokarasi ya Congo yiyambaje abandi bacanshuro kuza kuyifasha gutsinsura umutwe wa M23 n'uwa...

Read moreDetails

Haratutumba intambara ikomye, nyuma y’amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi.

by Bruce Bahanda
July 5, 2025
0
Haratutumba intambara ikomye, nyuma y’amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi.

Haratutumba intambara Ikomeye, nyuma y'amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi. Amakuru aturuka i Uvira muri Kivu y'Amajyepfo ahimuriwe ibiro bikuru by'iyi ntara ku ruhande rwa Leta ya...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga kuri Col.Macunda.

by Bruce Bahanda
July 4, 2025
0
Icyo amakuru avuga kuri Col.Macunda.

Icyo amakuru avuga kuri Col.Macunda. Colonel Macunda Mutebutsi ukuriye Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo mu Cyohagati, yahamagajwe igitaraganya i Uvira ahimuriwe ibiro bikuru by'i ntara ya...

Read moreDetails

I Mirimba byakaze, FARDC na FDNB batakambiye Wazalendo irabarasa.

by Bruce Bahanda
July 4, 2025
0
Kivu y’Epfo: AFC/M23 izindutse yambikana n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

I Mirimba byakaze, FARDC na FDNB batakambiye Wazalendo irabarasa. Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zizwi nka FARDC n'iz'u Burundi arizo FDNB, nyuma y'aho zerekeje i Mirimba...

Read moreDetails

Kenya strengthen National Security with $26 Million Missile Defense Deal from Israel.

by minebwenews
July 4, 2025
0
Kenya strengthen National Security with $26 Million Missile Defense Deal from Israel.

Kenya is set to enhance it's national defense capabilities with the acquisition of a $26 million approximately KSh 3.4 billion missile defense system from Israel aimed at countering...

Read moreDetails
Next Post
Rev-Mudaheranwa Fidel, yabwirije hejuru y’ubwenge buboneye.

Rev-Mudaheranwa Fidel, yabwirije hejuru y'ubwenge buboneye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?