Hamenyekane uduce ingabo z’u Burundi zoherejwemo kugira ngo zikore ibitero simusiga kuri AFC/M23.
Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirashinja Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo kohereza abasirikare b’u Burundi mu bice bitandukanye byo muri Kivu y’Amajyepfo, mu rwego rwo kugira ngo yigarurire umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara.
Ni amakuru yashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko leta y’i Kinshasa ikomeje gahunda y’intambara mu gihe bo bashaka ko ibisubizo biboneka mu nzira ya politiki.
Kanyuka ashinja Leta gushaka kuburizamo ibiganiro birimo kuba hagati ya AFC/M23 na Leta i Doha.
Agaragaza ko iyi Leta irimo kurunda abasirikare bayo benshi n’abu Burundi mu mpande zinyuranye muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru, igamije gutegura ibitero, haba i Shabunda, Bunyakiri, Mwenga, Pinga, Lubero n’i Walikale.
Yagize ati: “Ingabo nyinshi zirava i Kalemi zijyanwa i Uvira, ziva i Bujumbura zijya Ishabunda, n’i Kisangani.”
Yanavuze kandi ko hashize icyumweru ingabo za Congo n’abambari bazo bagaba ibitero ahantu henshi hari ibirindiro bya AFC/M23.
Yakomeje avuga ko u Burundi bwohereje ingabo zabwo zigera kuri 520 zifite ibikoresho zigana i Shabunda, izo ngabo ngo zikaba zishaka kujya i Buakavu zivuye ahitwa Zimbira mu rwego rwo guha imbaraga ingabo ziri mu Kibaya cya Rusizi.
Ati: “Ihuriro ry’ingabo zacyu ryongeye kwemeza ko ryiyemeje kurinda abaturage b’abasivili, no gukuraho inzitizi yose ku mutekano tuyisanze aho iri.”
Nyamara ibi abitangaje mu gihe imirwano irimo kubera mu Rurambo, aho ihuriro ry’ingabo za Congo zagabye ibitero mu mihana ituwe n’Abanyamulenge iherereye muri localite ya Kahololo.
Ni ibitero byanazindutse kandi bigabwa muri aka gace. Gusa Twirwaneho iri kurwana ku baturage, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.
Ibi kandi bibaye mu gihe i Doha muri Qatar hakomeje ibiganiro hagati ya RDC na AFC/M23 mu rwego rwo kugira ngo hashakwe igisubizo kirambye ku mutekano w’u Burasizuba bwa Congo, no muri Congo yose muri rusange.