Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye amafaranga Tshisekedi yahaye Ndayishimiye kugira ngo yohereze abasirikare be muri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 18, 2025
in Regional Politics
0
Hamenyekanye amafaranga Tshisekedi yahaye Ndayishimiye kugira ngo yohereze abasirikare be muri RDC.
116
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye amafaranga Tshisekedi yahaye Ndayishimiye kugira ngo yohereze abasirikare be muri RDC.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Intambara ikomeje kubica bigacika mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za Congo(FARDC), yatumye amasezerano ya perezida Félix Tshisekedi wa Congo na mugenzi we w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye avugisha benshi, aho igisirikare cy’igihugu cye cyinjiye muri iyi ntambara gufasha icya Kinshasa kurwanya uyu mutwe wa M23, ariko kigatsindwa bikomeye.

Ibihugu byombi byagiranye amasezerano y’ibanga ajyanye n’ubufanye mu byagisirikare. Ni amasezerano yari igamije gushyira ingabo z’u Burundi mu Ntara ya Kivu Yaruguru kugira ngo zifashe iza RDC guhashya umutwe wa M23. Tshisekedi yemeye gutanga inkunga igizwe n’amafaranga n’ibikoresho by’intambara kugira ngo ingabo z’u Burundi zikomeze urugamba.

Kuva ingabo z’u Burundi zagera mu Burasirazuba bw’iki gihugu cya RDC, habaye impinduka zikomeye z’u rugamba. Kimwecyo zari zifite intego yo kumaraho M23 ariko ikomeza kuzirusha imbaraga, binatuma iz’i ngabo z’u Burundi zitakarizwa icyizere. Kuko icyo gihe umubare w’ingabo z’u Burundi zagwaga kurugamba wagiye urushyaho kwiyongera. Ibyateje impagarara mu gihugu cy’u Burundi.

Binyuze muri ayo masezerano, perezida Tshisekedi yahaye Ndayishimiye miliyoni 5 z’amadolari y’Amerika nk’ishimwe.
Perezida Félix Tshisekedi yagombaga guha buri musirikare w’u Burundi ubarizwa muri RDC amafaranga ahwanye n’amadolari 5000. Ariko ibi byaje kugaragara ko atageze ku basirikare kuko bivugwa ko amafaranga yajaga kwa Ndayishimiye ubwe ndetse n’abandi bohafi ye bake, naho abasirikare bagakomeza guhembwa ayo bahembwaga mu Burundi.

Nyamara kandi Ndayishimiye yari yizeye ko ingabo ze zizagera ku ntego mu buryo bworoshye, ariko byaje kumugaragarira ko bitari byoroshye kurwanya umutwe wa M23. Ndetse kandi, nyuma yaho ingabo z’u Burundi zitsinzwe muri Kivu Yaruguru, yabaye ngombwa ko zoherezwa no muri Kivu y’Amajy’epfo, nanone naho m23 irazikubita kubi, yo ikomeza kwagura ibirindiro byayo.

Nyuma y’aho abonye ko ingabo ze zitari gutsinda urugamba nk’uko yari abyiteze, yigiye inama yo kuvana ingabo ze muri RDC. Kubera amasezerano yagiranye na Tshisekedi ndetse n’inyungu yagiye abikuramo, byamubereye ikibazo kuzivanayo. Binavugwa ko ibi byateje n’umwuka mubi hagati mu Burundi, ahanini mu bategetsi.

Kuri ubwo rero, amasezerano y’i gisirikare hagati ya perezida Félix Tshisekedi na mugenzi we Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yagize uruhare rukomeye mu gukomeza intambara mu Burasirazuba bwa RDC. Gusa, yari agamije guhashya umutwe wa, ariko bigenda uko bitari byitezwe, ingabo z’u Burundi n’iza Congo Kinshasa zihura n’akaga gakomeye ko gutsindwa no gukoza izoni abakuru b’ibihugu byabo.

Tags: AmafarangaNdayishimiyeTshisekedi
Share46Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post
M23 yafashe ibindi bice byingenzi muri Kivu y’Epfo nyuma ya Bukavu.

M23 yafashe ibindi bice byingenzi muri Kivu y'Epfo nyuma ya Bukavu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?