• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye amakuru ataravuzwe ku gitero perezida Félix Tshisekedi yateguye ku Rwanda, M23 ikiburizamo.

minebwenews by minebwenews
July 9, 2024
in Regional Politics
0
Hamenyekanye amakuru ataravuzwe ku gitero perezida Félix Tshisekedi yateguye ku Rwanda, M23 ikiburizamo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye amakuru ataravuzwe ku gitero perezida Félix Tshisekedi yateguye ku Rwanda, M23 ikiburizamo.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Amakuru avuga ko perezida Félix Tshisekedi yateguye gutera u Rwanda mu mpera z’u mwaka w’ 2021 ubwo yakusanyaga abasirikare bakuru mu ngabo ze, ababaza icyakorwa kugira ngo azamure igikundiro muri rubanda, ni mu gihe yari agiye kwinjira mu mwaka umuganisha gutegura amatora.

Ay’amakuru anavuga ko ubwo yahuraga n’aba basirikare ndetse no mu zindi nzego nk’uru z’igihugu bari bamwijeje gufata u Rwanda mu gihe kitageze ku mezi atanu, ndetse byibura ibice bimwe na bimwe by’u Rwanda bikaba byamaze gufatwa mu gihe rwarimo rwakira inama y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zo muri Commonwealth (Chogm).

Muri icyo gihe ingabo zari mu Burasirazuba bwa RDC zahise zongerwa, hagurwa n’ibikoresho bishya zigomba kwifashisha.

Umuvugizi w’ungirije wa leta y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, mu kiganiro yatanze muri icyo gihe ku kinyamakuru cya IGIHE yavuze ko ingabo 15,000 ari zo Tshisekedi yari yahaye misiyo yo gutera u Rwanda.

Yagize ati: “Ni ukuri, hariya ku mupaka hari ingabo hafi ibihumbi 15. Ntabwo ari ibanga icyo gitekerezo cyari gihari, ni nayo mpamvu wenda imirwano ikomeza. Wenda icyo cyizere kiracyahari.”

Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa uyu mugambi, RDC yahise itangira kwegera indi mitwe y’itwaje intwaro ibarizwa mu Burasirazuba bwa RDC iherereye kuri FDLR, Maï Maï Nyatura n’indi, ihabwa ibikoresho birimo imbunda n’amasasu n’imyambaro y’igisirikare.

Rero mu kiganiro Colonel Vianney Kanyamuhanda Kazarama wahoze ari umuvugizi wa M23 aheruka kugirana na BWIZA TV, ari nacyo dukesha iy’inkuru, yahishuye ko uwari wahawe misiyo yo gutera u Rwanda ari Major Gen Peter Cirimwami Nkuba, usanzwe ari Guverineri w’i Ntara ya Kivu Yaruguru.

Kazarama yasobanuye ko uyu musirikare Peter Cirimwami yabaye umutoni ukomeye kuri perezida Félix Tshisekedi nyuma y’uko amu meneye amabanga ya Joseph Kabila wahoze ari perezida wa RDC.

Anamubwira ko kugira ngo umugambi wo gutera u Rwanda ugererweho ari uko biyambaza FDLR imaze igihe ikorana n’igisirikare cya FARDC.

Yagize ati: “Cirimwami yabwiye Tshisekedi ati ‘nziranye na FDLR nazikuzanya, na Wazalendo nayitabaza tukajya kurasa u Rwanda.’ Tshisekedi yaramubajije ati ‘mwabishobora’? Undi ati ‘yego.’ Cirimwami yaramubwiye ati ‘nimbikora muzampemba kuba Guverineri wa Kivu Yaruguru.”

Kazarama yakomeje avuga ko Gen Peter Cirimwami na brigade zitatu za FARDC na FDLR berekeje mu birunga bitegura kurasa u Rwanda, gusa bahurirayo na M23 yabarashe birangira umugambi upfubye.

Ati: “Yaraje n’ama brigade atatu, gusa Imana y’u Rwanda ntabwo ijya iryama. Nk’umusirikare narabirebye ndanabikurikira, bageze mu birunga hariya hejuru bakubitaniramo n’ingabo za M23 zari ziryamiye amajanja. Baza gutera u Rwanda icyo gihe hariho Chogam, baraza ngo baburizemo amahanga yose yekuza, kubera intambara. Bakubitanye n’ingabo za M23 zari mu mashyamba, ndetse Ingabo za FARDC zimwe zinafatwa matekwa.”

Colonel Kazarama yunzemo ko umugambi wa Fardc na Cirimwami wari uyoboye ibikorwa byayo bya gisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru ukimara gupfuba ari bwo ingabo za RDC zatangiye kugenda zirasa ibisasu mu kinigi ho mu karere ka Musanze.

Uyu musirikare avuga ko kuba Tshisekedi yarapanze gutera u Rwanda byatewe n’ibihugu bikomeye byamusabye gushwana na rwo, kuko ngo byabonaga inyungu bikura muri RDC bitazongera kuzibona kubera rwo.

Kiriya gitangaza makuru cyanavuze ko Tshisekedi ubwo yapangaga gutera u Rwanda yari yizeye umusaada w’imitwe ya P5 na Rud Urunana irwanya leta ya perezida Paul Kagame ndetse n’ubw’ibihugu bya Uganda n’u Burundi byari bimaze igihe bidacana uwaka n’u Rwanda, gusa iyo gahunda iza kwicwa n’uko u Rwanda rwahise rutangira kuzahura umubano warwo n’ibi bihugu, ruherereye kuri Uganda.

         MCN.
Tags: Amakuru ataravuzweKu gitero kitatangajweTshisekedi yari yateguye gutera u Rwanda
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Umutwe wa M23 ugize igihe ujegeza ubutegetsi bwa Kinshasa, w’ungutse andi maboko mashya.

Umutwe wa M23 ugize igihe ujegeza ubutegetsi bwa Kinshasa, w'ungutse andi maboko mashya.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?