Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye amakuru ataravuzwe ku gitero perezida Félix Tshisekedi yateguye ku Rwanda, M23 ikiburizamo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 9, 2024
in Regional Politics
0
Hamenyekanye amakuru ataravuzwe ku gitero perezida Félix Tshisekedi yateguye ku Rwanda, M23 ikiburizamo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye amakuru ataravuzwe ku gitero perezida Félix Tshisekedi yateguye ku Rwanda, M23 ikiburizamo.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Amakuru avuga ko perezida Félix Tshisekedi yateguye gutera u Rwanda mu mpera z’u mwaka w’ 2021 ubwo yakusanyaga abasirikare bakuru mu ngabo ze, ababaza icyakorwa kugira ngo azamure igikundiro muri rubanda, ni mu gihe yari agiye kwinjira mu mwaka umuganisha gutegura amatora.

Ay’amakuru anavuga ko ubwo yahuraga n’aba basirikare ndetse no mu zindi nzego nk’uru z’igihugu bari bamwijeje gufata u Rwanda mu gihe kitageze ku mezi atanu, ndetse byibura ibice bimwe na bimwe by’u Rwanda bikaba byamaze gufatwa mu gihe rwarimo rwakira inama y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zo muri Commonwealth (Chogm).

Muri icyo gihe ingabo zari mu Burasirazuba bwa RDC zahise zongerwa, hagurwa n’ibikoresho bishya zigomba kwifashisha.

Umuvugizi w’ungirije wa leta y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, mu kiganiro yatanze muri icyo gihe ku kinyamakuru cya IGIHE yavuze ko ingabo 15,000 ari zo Tshisekedi yari yahaye misiyo yo gutera u Rwanda.

Yagize ati: “Ni ukuri, hariya ku mupaka hari ingabo hafi ibihumbi 15. Ntabwo ari ibanga icyo gitekerezo cyari gihari, ni nayo mpamvu wenda imirwano ikomeza. Wenda icyo cyizere kiracyahari.”

Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa uyu mugambi, RDC yahise itangira kwegera indi mitwe y’itwaje intwaro ibarizwa mu Burasirazuba bwa RDC iherereye kuri FDLR, Maï Maï Nyatura n’indi, ihabwa ibikoresho birimo imbunda n’amasasu n’imyambaro y’igisirikare.

Rero mu kiganiro Colonel Vianney Kanyamuhanda Kazarama wahoze ari umuvugizi wa M23 aheruka kugirana na BWIZA TV, ari nacyo dukesha iy’inkuru, yahishuye ko uwari wahawe misiyo yo gutera u Rwanda ari Major Gen Peter Cirimwami Nkuba, usanzwe ari Guverineri w’i Ntara ya Kivu Yaruguru.

Kazarama yasobanuye ko uyu musirikare Peter Cirimwami yabaye umutoni ukomeye kuri perezida Félix Tshisekedi nyuma y’uko amu meneye amabanga ya Joseph Kabila wahoze ari perezida wa RDC.

Anamubwira ko kugira ngo umugambi wo gutera u Rwanda ugererweho ari uko biyambaza FDLR imaze igihe ikorana n’igisirikare cya FARDC.

Yagize ati: “Cirimwami yabwiye Tshisekedi ati ‘nziranye na FDLR nazikuzanya, na Wazalendo nayitabaza tukajya kurasa u Rwanda.’ Tshisekedi yaramubajije ati ‘mwabishobora’? Undi ati ‘yego.’ Cirimwami yaramubwiye ati ‘nimbikora muzampemba kuba Guverineri wa Kivu Yaruguru.”

Kazarama yakomeje avuga ko Gen Peter Cirimwami na brigade zitatu za FARDC na FDLR berekeje mu birunga bitegura kurasa u Rwanda, gusa bahurirayo na M23 yabarashe birangira umugambi upfubye.

Ati: “Yaraje n’ama brigade atatu, gusa Imana y’u Rwanda ntabwo ijya iryama. Nk’umusirikare narabirebye ndanabikurikira, bageze mu birunga hariya hejuru bakubitaniramo n’ingabo za M23 zari ziryamiye amajanja. Baza gutera u Rwanda icyo gihe hariho Chogam, baraza ngo baburizemo amahanga yose yekuza, kubera intambara. Bakubitanye n’ingabo za M23 zari mu mashyamba, ndetse Ingabo za FARDC zimwe zinafatwa matekwa.”

Colonel Kazarama yunzemo ko umugambi wa Fardc na Cirimwami wari uyoboye ibikorwa byayo bya gisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru ukimara gupfuba ari bwo ingabo za RDC zatangiye kugenda zirasa ibisasu mu kinigi ho mu karere ka Musanze.

Uyu musirikare avuga ko kuba Tshisekedi yarapanze gutera u Rwanda byatewe n’ibihugu bikomeye byamusabye gushwana na rwo, kuko ngo byabonaga inyungu bikura muri RDC bitazongera kuzibona kubera rwo.

Kiriya gitangaza makuru cyanavuze ko Tshisekedi ubwo yapangaga gutera u Rwanda yari yizeye umusaada w’imitwe ya P5 na Rud Urunana irwanya leta ya perezida Paul Kagame ndetse n’ubw’ibihugu bya Uganda n’u Burundi byari bimaze igihe bidacana uwaka n’u Rwanda, gusa iyo gahunda iza kwicwa n’uko u Rwanda rwahise rutangira kuzahura umubano warwo n’ibi bihugu, ruherereye kuri Uganda.

         MCN.
Tags: Amakuru ataravuzweKu gitero kitatangajweTshisekedi yari yateguye gutera u Rwanda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Umutwe wa M23 ugize igihe ujegeza ubutegetsi bwa Kinshasa, w’ungutse andi maboko mashya.

Umutwe wa M23 ugize igihe ujegeza ubutegetsi bwa Kinshasa, w'ungutse andi maboko mashya.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?