• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, October 24, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye amakuru ataravuzwe ku gitero perezida Félix Tshisekedi yateguye ku Rwanda, M23 ikiburizamo.

minebwenews by minebwenews
July 9, 2024
in Regional Politics
0
Hamenyekanye amakuru ataravuzwe ku gitero perezida Félix Tshisekedi yateguye ku Rwanda, M23 ikiburizamo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye amakuru ataravuzwe ku gitero perezida Félix Tshisekedi yateguye ku Rwanda, M23 ikiburizamo.

You might also like

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Amakuru avuga ko perezida Félix Tshisekedi yateguye gutera u Rwanda mu mpera z’u mwaka w’ 2021 ubwo yakusanyaga abasirikare bakuru mu ngabo ze, ababaza icyakorwa kugira ngo azamure igikundiro muri rubanda, ni mu gihe yari agiye kwinjira mu mwaka umuganisha gutegura amatora.

Ay’amakuru anavuga ko ubwo yahuraga n’aba basirikare ndetse no mu zindi nzego nk’uru z’igihugu bari bamwijeje gufata u Rwanda mu gihe kitageze ku mezi atanu, ndetse byibura ibice bimwe na bimwe by’u Rwanda bikaba byamaze gufatwa mu gihe rwarimo rwakira inama y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zo muri Commonwealth (Chogm).

Muri icyo gihe ingabo zari mu Burasirazuba bwa RDC zahise zongerwa, hagurwa n’ibikoresho bishya zigomba kwifashisha.

Umuvugizi w’ungirije wa leta y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, mu kiganiro yatanze muri icyo gihe ku kinyamakuru cya IGIHE yavuze ko ingabo 15,000 ari zo Tshisekedi yari yahaye misiyo yo gutera u Rwanda.

Yagize ati: “Ni ukuri, hariya ku mupaka hari ingabo hafi ibihumbi 15. Ntabwo ari ibanga icyo gitekerezo cyari gihari, ni nayo mpamvu wenda imirwano ikomeza. Wenda icyo cyizere kiracyahari.”

Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa uyu mugambi, RDC yahise itangira kwegera indi mitwe y’itwaje intwaro ibarizwa mu Burasirazuba bwa RDC iherereye kuri FDLR, Maï Maï Nyatura n’indi, ihabwa ibikoresho birimo imbunda n’amasasu n’imyambaro y’igisirikare.

Rero mu kiganiro Colonel Vianney Kanyamuhanda Kazarama wahoze ari umuvugizi wa M23 aheruka kugirana na BWIZA TV, ari nacyo dukesha iy’inkuru, yahishuye ko uwari wahawe misiyo yo gutera u Rwanda ari Major Gen Peter Cirimwami Nkuba, usanzwe ari Guverineri w’i Ntara ya Kivu Yaruguru.

Kazarama yasobanuye ko uyu musirikare Peter Cirimwami yabaye umutoni ukomeye kuri perezida Félix Tshisekedi nyuma y’uko amu meneye amabanga ya Joseph Kabila wahoze ari perezida wa RDC.

Anamubwira ko kugira ngo umugambi wo gutera u Rwanda ugererweho ari uko biyambaza FDLR imaze igihe ikorana n’igisirikare cya FARDC.

Yagize ati: “Cirimwami yabwiye Tshisekedi ati ‘nziranye na FDLR nazikuzanya, na Wazalendo nayitabaza tukajya kurasa u Rwanda.’ Tshisekedi yaramubajije ati ‘mwabishobora’? Undi ati ‘yego.’ Cirimwami yaramubwiye ati ‘nimbikora muzampemba kuba Guverineri wa Kivu Yaruguru.”

Kazarama yakomeje avuga ko Gen Peter Cirimwami na brigade zitatu za FARDC na FDLR berekeje mu birunga bitegura kurasa u Rwanda, gusa bahurirayo na M23 yabarashe birangira umugambi upfubye.

Ati: “Yaraje n’ama brigade atatu, gusa Imana y’u Rwanda ntabwo ijya iryama. Nk’umusirikare narabirebye ndanabikurikira, bageze mu birunga hariya hejuru bakubitaniramo n’ingabo za M23 zari ziryamiye amajanja. Baza gutera u Rwanda icyo gihe hariho Chogam, baraza ngo baburizemo amahanga yose yekuza, kubera intambara. Bakubitanye n’ingabo za M23 zari mu mashyamba, ndetse Ingabo za FARDC zimwe zinafatwa matekwa.”

Colonel Kazarama yunzemo ko umugambi wa Fardc na Cirimwami wari uyoboye ibikorwa byayo bya gisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru ukimara gupfuba ari bwo ingabo za RDC zatangiye kugenda zirasa ibisasu mu kinigi ho mu karere ka Musanze.

Uyu musirikare avuga ko kuba Tshisekedi yarapanze gutera u Rwanda byatewe n’ibihugu bikomeye byamusabye gushwana na rwo, kuko ngo byabonaga inyungu bikura muri RDC bitazongera kuzibona kubera rwo.

Kiriya gitangaza makuru cyanavuze ko Tshisekedi ubwo yapangaga gutera u Rwanda yari yizeye umusaada w’imitwe ya P5 na Rud Urunana irwanya leta ya perezida Paul Kagame ndetse n’ubw’ibihugu bya Uganda n’u Burundi byari bimaze igihe bidacana uwaka n’u Rwanda, gusa iyo gahunda iza kwicwa n’uko u Rwanda rwahise rutangira kuzahura umubano warwo n’ibi bihugu, ruherereye kuri Uganda.

         MCN.
Tags: Amakuru ataravuzweKu gitero kitatangajweTshisekedi yari yateguye gutera u Rwanda
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC /M23 ryavuze ko amakuru avuga ko yagiranye ibiganiro na perezida w'u Burundi, Evariste...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
Umutwe wa M23 ugize igihe ujegeza ubutegetsi bwa Kinshasa, w’ungutse andi maboko mashya.

Umutwe wa M23 ugize igihe ujegeza ubutegetsi bwa Kinshasa, w'ungutse andi maboko mashya.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?