Hamenyekanye ibyo umuherwe Bill Gate agiye gufasha Afrika.
Umunyamerika w’umukire ku rwego rw’isi, Bill Gate, yatangaje ko agiye gutanga inkunga ya miliyari 200 z’amadolari y’Amerika mu bikorwa bigamije guteza imberere umugabane wa Afrika.
Nibyatangajwe na Bill Gate muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, aho yagaragaje ko ashaka ko umugabane wa Afrika uzamuka mu iterambere.
Nk’uko abisobanura, avuga ko ibi bikorwa bizibanda cyane ku burezi no ku buzima, mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza y’abaturage bo muri Afrika.
Uyu muherwe uri mu bavuga rikijana kuri uyu mubumbe w’isi, yanaboneyeho asaba abanyafrika by’umwihariko abashakashatsi bo kuri uyu mugabane, gukoresha ubwenge bw’ubukorano buzwi nka Al mu gushaka ibisubizo bijyanye n’ubuzima, bikenewe ku rwego rw’afrika.
Bill Gate, uri mubashinze kompanyi zikomeye ku Isi, harimo n’iya Microsoft, yavuze ko azatanga 99%, by’umutungo we mbere y’umwaka wa 2045, ari nawo mwaka ateganya ko ibi korwa bye yise Bill and Melinda Gates FOUNDATION bizasozwa burundu.