Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Hamenyekanye icyakurikiyeho nyuma y’uko umusirikare wishe abantu i Goma yari amaze gufatwa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 26, 2024
in World News
0
Hamenyekanye icyakurikiyeho nyuma y’uko umusirikare wishe abantu i Goma yari amaze gufatwa.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye icyakurikiyeho nyuma y’uko umusirikare wishe abantu i Goma yari amaze gufatwa.

You might also like

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

Amakuru ava i Goma ku murwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, avuga ko umusirikare warashe amasasu menshi ku Cyumweru tariki ya 25/08/2024 akica abantu 5 yafashwe kuri uyu wa Mbere.

Ubwo uwo musirikare wo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), yari amaze kwica abantu batanu nyuma y’uko yari amaze kwiba ashakisha inzira kugira ngo ataja gufatwa, uyu munsi ntibyamuhiriye kuko byarangiye atawe muri yombi.

Aya makuru anavuga kandi ko uyu musirikare yafashwe igihe c’isaha zitanu z’igitondo, kandi ko yafatiwe mu gace ka Majengo, ku isoko yitwa “Ki 30” ho muri Komine ya Karisimbi.

Abatanga buhamya bavuze ko uriya musirikare wari wambaye impuzakano y’ingabo za RDC yegereye umugore warimo avunja amafaranga, amwambura ayo yari afite yose. Ariko nyuma habanza kuba guterana amagawa, umugore rero nyuma yo kubona imbunda ahitamo guheba amafaranga ye.

Abaturage babibonye baje kwegera uwo musirikare w’umujura kugira ngo bamufate, undi nawe yiha inzira akoresheje imbunda ari nabwo yaje kurasa abantu batanu.

Nyuma abaturage bakomeje kwiruka kuri uyu musirikare bamugeza ahitwa kuri vision 20-20 mu gace ka Buhene, icyo gihe yari akirimo kurasa amasasu menshi.

Uy’umunsi rero, nibwo uriya musirikare yaje gufatwa n’abagenzi be bahurujwe n’abaturage.

Mu masaha make ashize yo kuri uyu wa Mbere, uyu musirikare yaje kujanwa ku biro bya Sheferie ya Bukumu, aha kandi hakaba hari haheruka kubera urubanza rw’abasirikare bakekwaho kwica abamotari.

Umukozi umwe wo muri Sosiyete sivile yo muri teritware ya Nyiragongo yemeje ay’amakuru aho yagize ati: “Igisambo cyarasaga amasasu menshi gishaka guhunga. Inzego z’umutekano zikijyanye kuri Sheferie ya Bukumu.”

Ndetse kandi n’umunyamabanga mukuru wa Sosiyete sivile yo mu Ntara ya Kivu Yaruguru, Palacide Nzilamba, avuga ko muri kiriya gikorwa bamenye ko hari umuntu umwe wa pfuye, n’undi wakomeretse bikabije.

Ibyo bikaba atari igishitsi muri uyu mujyi wa Goma, kuko ibyo byabaye inshuro nyinshi.

Amakuru yavuzwe muri iki Cyumweru gishize, yavugaga ko abamotari batatu bishwe n’abasirikare kandi ko aba basirikare barangije kubica bagurisha izi moto zabo.

Gusa, ubutabera bwo muri ibyo bice bukaba bwatangiye gukurikirana abakekwa gukora ubwo bugizi bwa nabi.

Kimweho, andi makuru avuga ko abaturage baturiye umujyi wa Goma biyemeje kwicungira umutekano nyuma yokubona ko ingabo za leta zirinyuma y’umutekano muke.

              MCN.
Tags: FardcGomaumusirikareYishwe abantu 5
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ukraine yagaragaje ko ishaka kongera kuganira n'u Burusiya. Leta ya Ukraine yatangaje ko ibiganiro hagati yayo n'u Burusiya ko ari yo nzira yonyine nziza ishobora kubaganisha ku mahoro...

Read moreDetails

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

by Bruce Bahanda
July 18, 2025
0
Auto Draft

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yari yarasezeranyije rubanda igihe cy'amatora ko azashyira ahagaragara amadosiye y'abantu bashinjwa ibyaha...

Read moreDetails

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Ukraine igiye kurindwa bikomeye. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zatangaje ko zigiye kurinda ikirere cya Ukraine, ivuga ko izakirindisha intwaro zikomeye. Byatangajwe na perezida Donald Trump, aho yabwiye itangazamakuru...

Read moreDetails

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria. Israel yakoze ibitero by'indege mu mujyi wa Damascus, umurwa mukuru w'igihugu cya Syria, ahanini byangiza inyubako zikomeye za gisirikare harimo na minisiteri...

Read moreDetails
Next Post
Leta ya Tunisia iravugwamo impinduka mu gihe haburaga iminsi mike ngo amatora y’umukuru w’igihugu abe.

Leta ya Tunisia iravugwamo impinduka mu gihe haburaga iminsi mike ngo amatora y'umukuru w'igihugu abe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?