• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Hamenyekanye icyakurikiyeho nyuma y’uko umusirikare wishe abantu i Goma yari amaze gufatwa.

minebwenews by minebwenews
August 26, 2024
in World News
0
Hamenyekanye icyakurikiyeho nyuma y’uko umusirikare wishe abantu i Goma yari amaze gufatwa.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye icyakurikiyeho nyuma y’uko umusirikare wishe abantu i Goma yari amaze gufatwa.

You might also like

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

Amakuru ava i Goma ku murwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, avuga ko umusirikare warashe amasasu menshi ku Cyumweru tariki ya 25/08/2024 akica abantu 5 yafashwe kuri uyu wa Mbere.

Ubwo uwo musirikare wo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), yari amaze kwica abantu batanu nyuma y’uko yari amaze kwiba ashakisha inzira kugira ngo ataja gufatwa, uyu munsi ntibyamuhiriye kuko byarangiye atawe muri yombi.

Aya makuru anavuga kandi ko uyu musirikare yafashwe igihe c’isaha zitanu z’igitondo, kandi ko yafatiwe mu gace ka Majengo, ku isoko yitwa “Ki 30” ho muri Komine ya Karisimbi.

Abatanga buhamya bavuze ko uriya musirikare wari wambaye impuzakano y’ingabo za RDC yegereye umugore warimo avunja amafaranga, amwambura ayo yari afite yose. Ariko nyuma habanza kuba guterana amagawa, umugore rero nyuma yo kubona imbunda ahitamo guheba amafaranga ye.

Abaturage babibonye baje kwegera uwo musirikare w’umujura kugira ngo bamufate, undi nawe yiha inzira akoresheje imbunda ari nabwo yaje kurasa abantu batanu.

Nyuma abaturage bakomeje kwiruka kuri uyu musirikare bamugeza ahitwa kuri vision 20-20 mu gace ka Buhene, icyo gihe yari akirimo kurasa amasasu menshi.

Uy’umunsi rero, nibwo uriya musirikare yaje gufatwa n’abagenzi be bahurujwe n’abaturage.

Mu masaha make ashize yo kuri uyu wa Mbere, uyu musirikare yaje kujanwa ku biro bya Sheferie ya Bukumu, aha kandi hakaba hari haheruka kubera urubanza rw’abasirikare bakekwaho kwica abamotari.

Umukozi umwe wo muri Sosiyete sivile yo muri teritware ya Nyiragongo yemeje ay’amakuru aho yagize ati: “Igisambo cyarasaga amasasu menshi gishaka guhunga. Inzego z’umutekano zikijyanye kuri Sheferie ya Bukumu.”

Ndetse kandi n’umunyamabanga mukuru wa Sosiyete sivile yo mu Ntara ya Kivu Yaruguru, Palacide Nzilamba, avuga ko muri kiriya gikorwa bamenye ko hari umuntu umwe wa pfuye, n’undi wakomeretse bikabije.

Ibyo bikaba atari igishitsi muri uyu mujyi wa Goma, kuko ibyo byabaye inshuro nyinshi.

Amakuru yavuzwe muri iki Cyumweru gishize, yavugaga ko abamotari batatu bishwe n’abasirikare kandi ko aba basirikare barangije kubica bagurisha izi moto zabo.

Gusa, ubutabera bwo muri ibyo bice bukaba bwatangiye gukurikirana abakekwa gukora ubwo bugizi bwa nabi.

Kimweho, andi makuru avuga ko abaturage baturiye umujyi wa Goma biyemeje kwicungira umutekano nyuma yokubona ko ingabo za leta zirinyuma y’umutekano muke.

              MCN.
Tags: FardcGomaumusirikareYishwe abantu 5
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails

Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

by minebwenews
August 31, 2025
0
Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

Kubera telefone minisitiri w'intebe wa Thailand yegujwe Urukiko rw'ikirenga rwo muri Thailand rwafashe icyemezo cyo kweguza minisitiri w'intebe w'iki gihugu, Poetongtarn Shinawatra, kubera ikiganiro cya telefone yagiranye na...

Read moreDetails
Next Post
Leta ya Tunisia iravugwamo impinduka mu gihe haburaga iminsi mike ngo amatora y’umukuru w’igihugu abe.

Leta ya Tunisia iravugwamo impinduka mu gihe haburaga iminsi mike ngo amatora y'umukuru w'igihugu abe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?