• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Hamenyekanye icyateye imirwano ikaze ihanganishije imitwe ibiri ya Maï Maï, mu misozi ya teritware ya Fizi.

minebwenews by minebwenews
June 8, 2024
in World News
0
Hamenyekanye icyateye imirwano ikaze ihanganishije imitwe ibiri ya Maï Maï, mu misozi ya teritware ya Fizi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kuri uyu wa Gatandatu, hubuye imirwano yahanganishije imitwe ibiri ya Maï Maï, mu misozi miremire yo muri teritware ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

You might also like

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Ni imirwano yatangiye igihe c’isaha ya saa kumi nimwe z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, ikaba ihanganishije Maï Maï Biloze Bishambuke na CNPSC ya General Hamuri Yakutumba, nk’uko iy’inkuru tuyikesha abaturiye ibyo bice.

Mu makuru ari kuvugwa n’abaturage baturiye ibi bice byo muri teritware ya Fizi, avuga ko uru rugamba rwo gusubiranamo ku mutwe wa Maï Maï Biloze Bishambuke iyobowe n’uwiyita Col Ngomanzito, n’undi wo uyobowe na General Hamuri Yakutumba, ko rwabereye mu gace ka Kabanju no ku musozi wa Sarah byo mu majyepfo ashira uburengerazuba bwa Komine Minembwe.

Kandi ko uruhande rwa General Yakutumba rushigikiwe na Gen Assani Mbakanyi wo mubwoko bw’Abanyindu, mu gihe Biloze Bishambuke yo iri kumwe na Red Tabara umutwe witwara Gisirikare urwanya leta y’u Burundi.

Nk’uko biri gusobanurwa n’aba baturage bavuga ko ukutumvikana hagati y’izi mpande zihanganye ko byatangiye ku mugoroba wo ku wa Gatanu, bigeze kuri uyu wa Gatandatu haba uguhangana bakoresheje imbunda.

Byanavuzwe kandi ko ayamakimbirane yavutse muri Maï Maï ava ku nyama z’inka banyaze Abanyamulenge.

Ay’amakuru akomeza avuga ko kugeza ubu isaha z’u mugoroba intambara ikirimo hagati y’izi mpande zombi zihanganye, kandi ko uru rugamba ruri kumvikanamo imbunda ziremereye ndetse n’izito.

Umwe mu baturage baturiye ibyo bice yagize ati: “Kugeza ubu turi kumva urusaku rw’imbunda, kandi barwaniye kuri Sarah no mu Kabanju.”

Ibi bibaye mu gihe hari amakuru avuga ko General William Yakutumba ari kwitegura kwerekeza mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho bivugwa ko ashaka kuja ku rwanya M23 igize igihe ihanganye n’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Mu butumwa bwa majwi bwatanzwe n’abamwe mu ba Maï Maï bo muri Kivu y’Epfo, bwagiye bunyuzwa ku mbuga nkoranya mbaga, bwavuga ko William Yakutumba ari we uzabasha guhagarika M23 kudafata umujyi wa Goma, uzwi nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru uwo uyu mutwe usatira gufata.

Tubibutsa ko ndetse m23 yamaze no kugira ibice bimwe ifata byo muri Kivu y’Amajy’epfo, ahanini muri teritware ya Kalehe.

             MCN.
Tags: Biloze BishambukeKabanjuMaï MaïYasubiranyemo
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas Ingabo za Israel zakoze igitero gikomeye cyumvikanyemo iturika ridasanzwe, aho zakigabye i Doha muri Qatar ahari intumwa z'umutwe...

Read moreDetails

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zifite umugambi wo kugaba ibitero bikomeye no gusenya umujyi wa Gaza ugenzurwa n'abarwanyi bo mu...

Read moreDetails

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails
Next Post
Menya ibyimbitse ku rugamba rwabaye ku mugoroba w’ejo hashize, rubereye mu duce tubiri turi mu nkengero za Kanyabayonga.

Menya ibyimbitse ku rugamba rwabaye ku mugoroba w'ejo hashize, rubereye mu duce tubiri turi mu nkengero za Kanyabayonga.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?