Hamenyekanye igihugu Israel igambiriye kugabamo igitero.
Igisirikare cya Israel kirimo gutegura kugaba ibitero ku bigo bya gisirikare bikora intwaro za nucleaire muri Iran.
Ni amakuru yatangajwe n’ibiro ntara makuru by’Abongereza, Reuters, aho byagaragaje ko Israel irimo gutegura kugaba ibitero ku bigo bya gisirikare bikora intwaro za nucleaire bya Iran mu minsi mike iri mbere.
Reuters ivuga ko ubuyobozi bwa Israel bwamaze kugeza ku bayobozi ba Leta Zunze ubumwe z’Amerika uko gahunda yo kugaba ibi bitero iteye.
Ariko kandi Reuters yavuze ko umwe mu bayobozi ba Israel yayibwiye ko ntacyemezo cya nyuma kirafatwa.
Kurundi ruhande, Amerika ntishigikiye Israel, kuko perezida Donald Trump ashigikiye inzira y’amahoro.
Ikinyamakuru cya The New York Times nacyo giheruka gutangaza ko Trump yanze icyifuzo cya Israel cyo kugaba ibitero kuri Iran, ngo kuko we ashaka amahoro n’ituze.
Uyu mukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, ubushize yabwiye itangazamakuru ko adashaka imivurungano y’intambara.
Yagize ati: “Ntabwo nshaka kwihutira intambara. Ndifuza ko Iran yaba igihugu cyiza, gituje, kandi abantu bakabaho neza. Ibyo nibyo nshira imbere.
Hagataho, Iran nayo nticyecyetse, kuko yamaze gutahura umugambi wa Israel wo kuyitera.
Ndetse umwe mu bayobozi bo muri Iran yabwiye Reuters ko bafite amakuru yizewe avuga ko Israel irimo kuja kubatera.
Iran ikaba igize igihe ivuga ko izihorera igihe cyose Israel yo yitera.