Hamenyekanye ikiri gukorwa kugira ngo abiciwe mu kabari n’umuhungu wa Tshisekedi batabisakuza
Umuryango wa perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, uri gutanga akayabo ka mafaranga ku biciwe n’umuhungu w’uyu mukuru w’iki gihugu, be kubisakiza, hubwo bamuhishyire.
Umuhungu wa perezida Tshisekedi witwa Anthony, ku wa gatandatu tariki ya 04/10/2025, ni bwo yarekuriye amasasu ku bantu bari mu kabari, bamwe barakomereka, mu gihe undi umwe we yahise yitaba Imana ako kanya.
Bivugwa ko yabikoreye mu kabari ka Nuovo gaherereye muri komine ya Gombe, mu mujyi wa Kinshasa.
Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko uyu muhungu wa Tshisekedi usanzwe wiyita igikomangoma cya RDC, yateje akavuyo muri ako kabari, nyuma yo kugahuriramo n’inkumi n’urundi rubyiruko rutandukanye.
Ubwo rero yatezaga akavuyo muri ako kabari, akaza kurekura urufaya rw’amasasu, umwe mubakozi bako yaje guhitanwa n’ayo abandi akabakomeretsa.
Amakuru akavuga ko kuri ubu umuryango wa perezida w’iki gihugu cya RDC, uri gutanga ibihumbi 20 by’amadorali ya America, ngo abiciwe batavuga ko Anthony Tshisekedi ko ari we wamwishe amurashe.
Usibye uwarashwe agapfa, n’abandi bagakomeretswa, hari n’abakubiswe bahindurwa intere, nk’uko aya makuru abigaragaza.