Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye impamvu abakuwe mu byabo bari mu bice bigenzurwa n’ingabo za RDC basabye gusubizwa iyo baje bava.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 12, 2024
in Regional Politics
0
Hamenyekanye impamvu abakuwe mu byabo bari mu bice bigenzurwa n’ingabo za RDC basabye gusubizwa iyo baje bava.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye impamvu abakuwe mu byabo bari mu bice bigenzurwa n’ingabo za RDC basabye gusubizwa iyo baje bava.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni abaturage bari mu nkambi ya Mugunga basabye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, kubasubiza mu bice umutwe wa M23 wabohoje ngo kuko aho bari bahababriye cyane.

Inkambi ya Mugunga, iherereye mu Burengerazuba bw’umujyi wa Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo. Igenzurwa n’ingabo z’iki gihugu.

Abaturiye iyi nkambi, batanze ubusabe bwabo mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 12/09/2024, ubwo bari mu myigaragabyo bavuga ko bashaka ngo basubizwe mu bice bari bahunze. Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko babanje kurunda amabuye mu muhanda munini mu rwego rwo kuwufunga kugira ngo hatagira imodoka ziwunyuramo.

Iyi nkambi ibarizwamo abantu bahunze intambara zabaye umwaka ushize no mu zindi zagiye ziba muri uyu mwaka turimo.

Mu kwezi kwa Gatanu uyu mwaka, muri iyi nkambi yarashwemo ibisasu bihitana ubuzima bw’abantu 35 abandi benshi barakomereka. Icyo gihe umutwe wa M23 wamenyesheje abayirimo ko nibatayivamo, abasirikare ba FARDC bazakomeza kubifashisha nk’ingabo ibakingira.

Muri icyo gihe M23 yohereje amakamyo hafi y’iyi nkambi yizeza impunzi kuzicura no kuzirindira umutekano.

Ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’ubutabazi, OCHA, ryatangaje ko kuva mu kwezi kwa Gatatu kugeza mu kwezi kwa Gatandatu 2024, impunzi 383.000 zasubiye mu ngo zabo mu bice birimo Kibirizi, Birambizo na Bambo muri teritware ya Rutshuru mu gihe hari hakomeje kuboneka agahenge.

Mu bibazo impunzi zakomeje guhura nabyo mu nkambi, nk’uko OCHA yabisobanuye, harimo kubura ibiribwa ndetse n’ubuvuzi bw’ibanze.

Nubwo impunzi ziri mu nkambi zikomeje kubaho mu buzima bubi, M23 yagaragaje ko mu gihe yazishishikariza gutaha, ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi bwabyanze , buzibuza kujya mu bice bigenzurwa n’umutwe bwita umwanzi w’igihugu.

Muri iyi myigaragabyo yabereye mu nkambi ya Mugunga, izi mpunzi zagaragaje ko zirambiwe imibereho mibi nk’inzara, mu gihe Leta ya Kinshasa ntacyo ibafasha . Zimwe muri zo zashinze amahema mu muhanda.

Mu byo izi mpunzi zigaragabyaga, zavuze ko zababaye igihe kirekire.

Zagize ziti: “Twarababaye bihagije mu myaka myinshi tumaze mu nkambi. Turambiwe amasezerano adasohozwa. Turasaba gusubizwa mu midugudu yacu kugira ngo dusubire mu buzima busanzwe.”

Ikindi kandi zavuze ko “Ntacyo zisigaje mu kubabara kwazo, maze zisaba Leta ko igomba kuzifasha gusubira mu ngo zabo.”

Ibyo bibaye mu gihe intambara iri hagati ya M23 na leta ya RDC iri gushakirwa umuti urambye binyuze mu biganiro byo ku rwego rw’akarere. Biteganijwe ko tariki ya 14/09/2024, intumwa ziyobowe na minisitiri w’ubabanye n’amahanga wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, uw’u Rwanda na Angola zizahurira i Luanda muri Angola, ziganire kuri iyi ntambara n’uko yahagarara burundu.

              MCN.
Tags: InkambiMugangaZasabye gusubizwa mu ngo
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wamenya kuri Kikuni bivugwa ko yaba yarishwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Ibyo wamenya kuri Kikuni bivugwa ko yaba yarishwe n'ubutegetsi bwa Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?