• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye impamvu abakuwe mu byabo bari mu bice bigenzurwa n’ingabo za RDC basabye gusubizwa iyo baje bava.

minebwenews by minebwenews
September 12, 2024
in Regional Politics
0
Hamenyekanye impamvu abakuwe mu byabo bari mu bice bigenzurwa n’ingabo za RDC basabye gusubizwa iyo baje bava.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye impamvu abakuwe mu byabo bari mu bice bigenzurwa n’ingabo za RDC basabye gusubizwa iyo baje bava.

You might also like

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Ni abaturage bari mu nkambi ya Mugunga basabye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, kubasubiza mu bice umutwe wa M23 wabohoje ngo kuko aho bari bahababriye cyane.

Inkambi ya Mugunga, iherereye mu Burengerazuba bw’umujyi wa Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo. Igenzurwa n’ingabo z’iki gihugu.

Abaturiye iyi nkambi, batanze ubusabe bwabo mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 12/09/2024, ubwo bari mu myigaragabyo bavuga ko bashaka ngo basubizwe mu bice bari bahunze. Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko babanje kurunda amabuye mu muhanda munini mu rwego rwo kuwufunga kugira ngo hatagira imodoka ziwunyuramo.

Iyi nkambi ibarizwamo abantu bahunze intambara zabaye umwaka ushize no mu zindi zagiye ziba muri uyu mwaka turimo.

Mu kwezi kwa Gatanu uyu mwaka, muri iyi nkambi yarashwemo ibisasu bihitana ubuzima bw’abantu 35 abandi benshi barakomereka. Icyo gihe umutwe wa M23 wamenyesheje abayirimo ko nibatayivamo, abasirikare ba FARDC bazakomeza kubifashisha nk’ingabo ibakingira.

Muri icyo gihe M23 yohereje amakamyo hafi y’iyi nkambi yizeza impunzi kuzicura no kuzirindira umutekano.

Ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’ubutabazi, OCHA, ryatangaje ko kuva mu kwezi kwa Gatatu kugeza mu kwezi kwa Gatandatu 2024, impunzi 383.000 zasubiye mu ngo zabo mu bice birimo Kibirizi, Birambizo na Bambo muri teritware ya Rutshuru mu gihe hari hakomeje kuboneka agahenge.

Mu bibazo impunzi zakomeje guhura nabyo mu nkambi, nk’uko OCHA yabisobanuye, harimo kubura ibiribwa ndetse n’ubuvuzi bw’ibanze.

Nubwo impunzi ziri mu nkambi zikomeje kubaho mu buzima bubi, M23 yagaragaje ko mu gihe yazishishikariza gutaha, ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi bwabyanze , buzibuza kujya mu bice bigenzurwa n’umutwe bwita umwanzi w’igihugu.

Muri iyi myigaragabyo yabereye mu nkambi ya Mugunga, izi mpunzi zagaragaje ko zirambiwe imibereho mibi nk’inzara, mu gihe Leta ya Kinshasa ntacyo ibafasha . Zimwe muri zo zashinze amahema mu muhanda.

Mu byo izi mpunzi zigaragabyaga, zavuze ko zababaye igihe kirekire.

Zagize ziti: “Twarababaye bihagije mu myaka myinshi tumaze mu nkambi. Turambiwe amasezerano adasohozwa. Turasaba gusubizwa mu midugudu yacu kugira ngo dusubire mu buzima busanzwe.”

Ikindi kandi zavuze ko “Ntacyo zisigaje mu kubabara kwazo, maze zisaba Leta ko igomba kuzifasha gusubira mu ngo zabo.”

Ibyo bibaye mu gihe intambara iri hagati ya M23 na leta ya RDC iri gushakirwa umuti urambye binyuze mu biganiro byo ku rwego rw’akarere. Biteganijwe ko tariki ya 14/09/2024, intumwa ziyobowe na minisitiri w’ubabanye n’amahanga wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, uw’u Rwanda na Angola zizahurira i Luanda muri Angola, ziganire kuri iyi ntambara n’uko yahagarara burundu.

              MCN.
Tags: InkambiMugangaZasabye gusubizwa mu ngo
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana Mu gihe u Burundi bwitegura imyaka ikomeye ya politiki irimo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027,...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wamenya kuri Kikuni bivugwa ko yaba yarishwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Ibyo wamenya kuri Kikuni bivugwa ko yaba yarishwe n'ubutegetsi bwa Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?