• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye impamvu AFC/M23 idafata Goma, iyirukanyemo ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo.

minebwenews by minebwenews
April 6, 2024
in Regional Politics
0
Hamenyekanye impamvu AFC/M23 idafata Goma, iyirukanyemo ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ihuriro ry’imitwe ya politike n’igisirikare ryatangaje impamvu igisirikare cya M23 kitarafa Goma u Mujyi mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni byavuzwe na Jean Mamba, wahoze ari umuvugizi w’ishyaka rya MLC ndetse wabayeho n’umudepite muri RDC, uherutse kujya kwifatanya na Alliance Fleuve Congo AFC ya Corneille Nangaa, ubwo yari afite ikiganiro na Media Congo.net, yavuze ko yavuye mu shyaka rya MLC kuberako itakigendera mu cyerekezo ashaka.

Muri iki kiganiro yavuze ko Tshisekedi afata ubutegetsi abinyujije mu guhirika itegeko nshinga, Tshisekedi yahaye impamvu urugamba rwa AFC ndetse bituma umudemokarate wese ashaka kujya muri iri huriro ribarizwamo na M23.

Yagize ati: “Kuba umunyamuryango kwanjye muri AFC rero byari bifite ishingiro kubera icyemezo cyanjye cya politike no gushira ubumenyi bwanjye mu murimo w’intambara yingenzi ku gihugu cyanjye. Kandi icyo bita ikibazo cy’iburasirazuba ni ngombwa mu maso yanjye kandi n’ingenzi ku gihugu. Ntabwo ubwacyo ari ikibazo cy’i Burasirazuba, ahubwo ni icya Congo, imiyoborere yayo n’ejo hazaza.”

Yakomeje agira ati: “Ibibazo byacunzwe nabi by’intambara, imitwe y’itwaje imbunda, abavanwe mu byabo n’amahoro bibwira byinshi. Data yari umusirikare kandi yapfiriye mu Burasirazuba bwa RDC. Binyuze mubyo niyemeje muri AFC, nari bwiye nti wenda nshobora gutanga umusanzu muto w’ubwenge kuri iki kibazo cyitwa ikibazo cy’i Burasirazuba.”

Yabajijwe n’impamvu AFC iri ku marembo ya Goma ariko ntihafate, niba kuri ubu bari muri Kivu y’Amajy’epfo, niba bateganya no kugera za Ituri, Tshopo, Maniema cyangwa Tanganika?

Yasubije ati: “Intego yacu ni ugutera imbere mu gihe dushaka kwirinda gutakaza ubuzima bw’abantu bishoboka. Iyo urebye raporo z’imiryango itegamiye kuri leta iheruka, uzabona ko ubwicanyi bwinshi cyane bukibera mu Burasirazuba bukorwa n’imitwe y’inyeshamba turwana nka Zaire cyangwa Codeco.

Mu bice tumaze kubohora, turemeza umutekano w’abaturage bacu. Ntabwo ngiye kwerekana amakarita yacu ariko nshobora kuvuga ko mugomba gutekereza ko tuzakomeza imbere, ko wenda tuzagaruka tugana Maniema cyangwa mu majyaruguru. Ikibazo cya Goma, iyo hataba igitutu cy’amahanga, tuba twaramaze kugera muri Goma. Turahari uko byagenda kose, km 20 gusa ku ruhande rwa Nyiragongo, na Km 25 ku ruhande rwa Sake. Ibirindiro byacu by’i mbere biri muri Goma kandi birahakorera ku bufatanye n’ubuyobozi bwibanze.”

Yongeye kubazwa niba biteguye kwicarana na Tshisekedi mu gihe yaba yisubiyeho, yagize ati: “Sinshobora guhanura ibizaza, Tshisekedi udahagarara ku ijambo cyangwa icyubahiro. Kuganira nawe, kugira ngo amaherezo yegure tuzabishima igihe nikigera . Binyuze mu kwinangira kwe, nta mpuhwe agirira abenegihugu bacu bababaye mu nkambi z’abavanwe mu byabo. AFC irashaka kwirinda kongera imibababaro ku bubabare bwa buri munsi bw’Abanyecongo. Ibyo tunyuramo uyu munsi ni igice cy’ingenzi kigamije kwikiza ubutegetsi butemewe kugirango tugere ku mahoro no kongera kubaka igihugu aho abanyekongo bose bazagira umwanya wabo n’ubrengenzira bwo kubaho mu mahoro n’aho bari bashobora kungukirwa n’imbuto zumurimo wabo. Nta bwo ari ntero, hari umwanya wa buri muntu mu gihugu cyacu n’ubutunzi buhagije. Hariho ibihugu bike ku Isi bishobora kuvuga ibi bishize amanga . Twebwe abanyekongo dushobora kubivuga. Ejo dushobora ku byibonera.”

Yavuze no ku banyekongo bagereranya M23 n’u Rwanda. Ati: “Tugomba gusobanura iyi nkuru . Uyu ni umurimo wanjye cyane, ndi uhagarariye AFC mu murayango w’u bumwe bw’ibihugu by’u Burayi na Amerika ya Ruguru. Ni ukubera iki dukeneye gusobanura iyi nkuru? Ubwa mbere, kubera ko ari ibinyoma. Hanyuma kuko ntaho iganisha ku bwimpamvu yoroshye cyane, u Rwanda ruzamomeza kuba umuturanyi ubuzima bwose, nk’ibihugu 8 duhuje imipaka . Tugomba gukora ibishoboka byose Kugira ngo tubane neza. Hatitawe ku ngano yacu, ubutunzi bwacu, dukeneye u Rwanda nk’uko rudukeneye.”

Yakomeje agira ati: “Nshobora gusura u Rwanda, Angola n’ibindi bihugu duhana imbibi, nahoraga mpura n’abanyekongo babaganga, abarimu, abakozi ba leta bashakanye n’abagore baturutse muri ibi bihugu. Tugomba kugira icyerekezo kirenga imbibi, nko mu Burayi muri iki gihe, bukuraho inzitizi , bushyiraho uburenganzira bumwe bw’imibereho ku bantu bose bo mu karere ku Burayi, bishimangira ubumwe kandi bigatuma bishoboka kugira politiki zinoze neza. Ubwenge bwonyine n’ibwo buzakemura ibyo bibazo.”

     MCN
Tags: AFCIdafata GomaImpamvuIyirukanyemo FARDCM23
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Umwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’idini Ekeleziya gatolika muri RDC n’ubutegetsi bw’icyo gihugu.

Umwuka mubi ukomeje gututumba hagati y'idini Ekeleziya gatolika muri RDC n'ubutegetsi bw'icyo gihugu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?