Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye impinduka zabaye mu biganiro hagati y’u Rwanda na RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 24, 2025
in Regional Politics
0
Hamenyekanye impinduka zabaye mu biganiro hagati y’u Rwanda na RDC.
123
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye impinduka zabaye mu biganiro hagati y’u Rwanda na RDC.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Imiryango ya SADC na EAC, nyuma yuko ihuye ikaganira ku cyakorwa kugira ngo amahoro n’ituze bigaruke muri Congo, hamenyekanye ko hagiye kuba impinduka mu biganiro, zatumye Angola nk’igihugu cyari kimaze igihe ari umuhuza mu by’u Rwanda na Congo, kitazakomeza izi nshingano.

Uyu munsi ku wa mbere tariki ya 24/03/2025, hateganyijwe inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afrika y’i Burasizuba, EAC n’umuryango w’ubukungu wa Afrika y’Amajyepfo, SADC, igamije kwigira hamwe ibibazo bimaze igihe mu Burasizuba bwa RDC.

Iraba ibaye mu gihe haherukaga kuba indi iri nk’iyi yateranye tariki ya 24/02/2025 yashyizeho abahuza muri ibi bibazo, ari bo Olusegun Obasanjo wabaye perezida wa Nigeria, Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya, na Heilemaria Desalegn Boshe wabaye minisitiri w’intebe wa Ethiopia.

Olivier Nduhungirehe, minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, yatangaje ko aba bahuza batatu bashobora kozongerwaho undi umwe bakaza a bane.

Avuga ko aba ari bo bagiye kuyobora ibiganiro bigamije gushakira u Burasizuba bwa Congo umuti.

Ibiganiro by’i Luanda, byari iby’umuryango wa Afrika Yunze ubumwe, byahuzaga u Rwanda na RDC, naho iby’i Nairobi bikaba iby’umuryango wa Afrika y’i Burasizuba, EAC, byahuzaga guverinoma ya Kinshasa n’imitwe yitwaje intwaro ikorarera mu Burasizuba bw’iki gihugu.

Abahuza batatu bashyizweho n’undi umwe ushobora kubiyongeraho, bazakora ku mabwiriza bazahabwa n’umuyobozi wa Afrika Yunze ubumwe, ari nawe perezida wa Angola, Joao Lourenco.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, perezidansi ya Angola yashyize hanze itangazo rimenyesha ko iki gihugu cyahagaritse inshingano zo kuba umuhuza.

Iri tangazo rivuga ko kuva Angola yahabwa izi nshingano zo kuba umuhuza hagati y’u Rwanda na Congo, hari intambwe yatewe, nko kuba mu kwezi kwa cumi n’umwe umwaka ushize inama yo ku rwego rw’abaminisitiri yarageze ku myanzuro irimo gusenya umutwe wa FDLR ubangamiye umutekano w’u Rwanda.

Angola ivuga ko yakoze iyo bwabaga, kugira ngo ibyo bigerweho.
Iyi perezidansi isoza ivuga ko kuva Lourenco ahawe inshingano zo kuyobora umuryango wa Afrika Yunze ubumwe, ashyize imbere kubahiriza inshingano z’uyu migabane, ku buryo inshingano yari afite z’ubuhuza mu bibazo bya RDC, zizakomeza gukurikiranwa n’abahuza bashyizweho.

Tags: ibiganiroImpindukaUbuhuza
Share49Tweet31Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
M23 yatangaje ibindi bishya bishobora gutuma intambara ikomeza mu gihe hari icyizere cy’uko irangira.

M23 yatangaje ibindi bishya bishobora gutuma intambara ikomeza mu gihe hari icyizere cy'uko irangira.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?