Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Hamenyekanye umubare udasanzwe w’Amadubu arangije ikosi ya gisirikare muri Kivu y’Epfo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 18, 2025
in Conflict & Security
0
Hamenyekanye umubare udasanzwe w’Amadubu arangije ikosi ya gisirikare muri Kivu y’Epfo.
133
SHARES
3.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye umubare udasanzwe w’Amadubu arangije ikosi ya gisirikare muri Kivu y’Epfo.

You might also like

Ingabo za RDC zacitse intege.

Byakomeye muri FARDC itegeko rishya muriyo ryazanye impaka?

Amakuru ku gace AFC/M23 yambuye uruhande rwa Leta.

Amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyepfo avuga ko abamadubu(Twirwaneho) 1811 yasoje amafunzo ya gisirikare, bikaba bibaye ibidasanzwe nubwo bitabaye ku nshuro ya mbere, ariko akaba ari bwo bwa mbere bishyizwe hanze.

Ahagana mu mpera z’umwaka wa 2024 ni bwo General Rukunda Michel Makanika wari umuyobozi mukuru wa Twirwaneho yakoresheje ijambo “amadubu.” Ni mu gihe yavugaga ko uyu mutwe yari abereye umuyobozi uzatera ingabo za FARDC zigaba ibitero ku Banyamulenge, umeze “nk’amadubu.”

Kuva icyo gihe, Abanyamulenge bahise batangira kwita abarwanyi b’uyu mutwe “Amadubu.”

Uyu muyobozi wari Intwari ikomeye ku Banyamulenge no ku Banye-Congo bose muri rusange, yaje gutabaruka ku ya 19/02/2025, nyuma yo kugabwaho igitero gikaze cya drone y’Ingabo za Congo, iyaje iturutse i Kisangani, nk’uko itangazo ry’uyu mutwe wa Twirwaneho ryabigaragaje icyo gihe.

Rero, aha’rejo ku wa kane, tariki ya 18/04/2025, amadubu 1811 yarangije imyitozo yagisirikare.

Minembwe Capital News yanamenye ko iyi myitozo ya gisirikare, aya madubu yayitorezaga i Kamanyola haherereye muri teritware ya Walungu muri Kivu y’Amajyepfo.

Ni imyitozo amakuru akomeza avuga ko yamaze igihe kingana n’iminsi mirongwitatu (30).

Umwe mu barwanyi b’uyu mutwe wa Twirwaneho utashatse ko amazina ye aja hanze, yatubwiye ko ibyo ari ukuri, kandi ko bitabaye ku nshuro ya mbere.

Ati: “Nibyo, abarangije ni 1811. Ariko si igitangaza kuko bibaye inshuro nyinshi.”

Hejuru y’ibyo, aya madubu yasoje imyitozo ya gisirikare, yambitswe impuzakano iri mu ibara rya plaine.

Muri abo barangije ayo mafunzo, barimo urubyiruko rw’Abanyamulenge, urw’Abapfulero, urw’Ababembe ndetse n’urwabandi Banye-Congo baturutse muri Kivu y’Amajyaruguru.

Ibyo bibaye mu gihe ihuriro ry’ingabo za Congo ryongeye kwihuza ku bwinshi ngo ryisubize ibice bigenzurwa n’uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23. Ibice iyo mitwe igenzura birimo Kamanyola, Nyangenzi n’umujyi wa Bukavu uwo iyi mitwe yombi ibarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo yabohoje tariki ya 16/02/2025.

Ndetse ku munsi w’ejo ku wa kane, iri huriro ry’ingabo za Congo ryagabye igitero mu gece kari hejuru ya Kamanyola, ariko birangira gisubijwe inyuma.

Andi makuru avuga ko iri huriro ry’ingabo za Congo ryohereje abasirikare benshi mu bice biherereye i Kaziba mu rwego rwo kugira ngo batangize ibitero i Nyangenzi ndetse kandi naha i Kamanyola.

Mu bice by’i Kaziba ahoherejwe izi ngabo zo muri iryo huriro ni ahitwa Burhinyi na Luhwinja ndetse no muri centre ya Kaziba.

Ariko bizwi ko iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa RDC zitaranesha uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23, kuko buri gihe ziraneshwa.

Tubibutsa ko kuri ubu umutwe wa Twirwaneho uyobowe na Brigadier General Charles Sematama uzwi cyane nk’Intare-Batinya.

Tags: AmadubuImyitozoKamanyolaTwirwaneho
Share53Tweet33Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ingabo za RDC zacitse intege.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kera kabaye, i Kinshasa bafunze abasirikare bayo ba ba-jenerali benshi.

Ingabo za RDC zacitse intege. Ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo mu ntambara zihanganyemo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC) ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho...

Read moreDetails

Byakomeye muri FARDC itegeko rishya muriyo ryazanye impaka?

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Hatangajwe igikorwa kibi gishobora gukorwa n’abagore ba basirikare, ndetse n’abasirikare ubwabo muri RDC.

Byakomeye muri FARDC itegeko rishya muriyo ryazanye impaka? Abasirikare ba Repubulika ya demokarasi ya Congo bahawe itegeko rishya rigiye gutuma nta musore uzongera gutekereza kwinjira muri iki gisirikare....

Read moreDetails

Amakuru ku gace AFC/M23 yambuye uruhande rwa Leta.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Amakuru ku gace AFC/M23 yambuye uruhande rwa Leta.

Amakuru ku gace AFC/M23 yambuye uruhande rwa Leta. Abarwanyi bo mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo(AFC), ribarizwamo abo mu mutwe wa M23 n'abo mu wa Twirwaneho, bafashe agace...

Read moreDetails

Ibivugwa ku ntumwa M23 yari yarohereje mu mishyikirano i Doha.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
M23 yigaruriye uduce twinshi mu mirwano yarimaze iminsi irenga ibiri.

Ibivugwa ku ntumwa M23 yari yarohereje mu mishyikirano i Doha. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryahamagaje intumwa zayo ryari ryarohereje i...

Read moreDetails

Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23.

Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo(AFC) ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryahinduriye imirimo Birato Rwihimba Emmanuel wari guverineri w'i ntara...

Read moreDetails
Next Post
Amerika n’u Burayi byaba bigiye kurangiza intambara muri Ukraine.

Amerika n'u Burayi byaba bigiye kurangiza intambara muri Ukraine.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?