• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, February 23, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Hamenyekanye umubare udasanzwe w’Amadubu arangije ikosi ya gisirikare muri Kivu y’Epfo.

minebwenews by minebwenews
April 18, 2025
in Conflict & Security
0
Hamenyekanye umubare udasanzwe w’Amadubu arangije ikosi ya gisirikare muri Kivu y’Epfo.
133
SHARES
3.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye umubare udasanzwe w’Amadubu arangije ikosi ya gisirikare muri Kivu y’Epfo.

You might also like

Umutekano Wongeye Kugaruka i Kavumu Nyuma y’Urusaku rw’Imbunda mu Gitondo

Minembwe Hiriwe Ituze: Ukuri ku Bivugwa by’Imirwano Yabaye kuri iki Cyumweru n’Imiterere y’Umutekano Uri ku Isonga

Perezida Tshisekedi: Umutekano nk’Ingamba zo Gupfuka Ibibazo by’Ubukungu n’Imiyoborere?

Amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyepfo avuga ko abamadubu(Twirwaneho) 1811 yasoje amafunzo ya gisirikare, bikaba bibaye ibidasanzwe nubwo bitabaye ku nshuro ya mbere, ariko akaba ari bwo bwa mbere bishyizwe hanze.

Ahagana mu mpera z’umwaka wa 2024 ni bwo General Rukunda Michel Makanika wari umuyobozi mukuru wa Twirwaneho yakoresheje ijambo “amadubu.” Ni mu gihe yavugaga ko uyu mutwe yari abereye umuyobozi uzatera ingabo za FARDC zigaba ibitero ku Banyamulenge, umeze “nk’amadubu.”

Kuva icyo gihe, Abanyamulenge bahise batangira kwita abarwanyi b’uyu mutwe “Amadubu.”

Uyu muyobozi wari Intwari ikomeye ku Banyamulenge no ku Banye-Congo bose muri rusange, yaje gutabaruka ku ya 19/02/2025, nyuma yo kugabwaho igitero gikaze cya drone y’Ingabo za Congo, iyaje iturutse i Kisangani, nk’uko itangazo ry’uyu mutwe wa Twirwaneho ryabigaragaje icyo gihe.

Rero, aha’rejo ku wa kane, tariki ya 18/04/2025, amadubu 1811 yarangije imyitozo yagisirikare.

Minembwe Capital News yanamenye ko iyi myitozo ya gisirikare, aya madubu yayitorezaga i Kamanyola haherereye muri teritware ya Walungu muri Kivu y’Amajyepfo.

Ni imyitozo amakuru akomeza avuga ko yamaze igihe kingana n’iminsi mirongwitatu (30).

Umwe mu barwanyi b’uyu mutwe wa Twirwaneho utashatse ko amazina ye aja hanze, yatubwiye ko ibyo ari ukuri, kandi ko bitabaye ku nshuro ya mbere.

Ati: “Nibyo, abarangije ni 1811. Ariko si igitangaza kuko bibaye inshuro nyinshi.”

Hejuru y’ibyo, aya madubu yasoje imyitozo ya gisirikare, yambitswe impuzakano iri mu ibara rya plaine.

Muri abo barangije ayo mafunzo, barimo urubyiruko rw’Abanyamulenge, urw’Abapfulero, urw’Ababembe ndetse n’urwabandi Banye-Congo baturutse muri Kivu y’Amajyaruguru.

Ibyo bibaye mu gihe ihuriro ry’ingabo za Congo ryongeye kwihuza ku bwinshi ngo ryisubize ibice bigenzurwa n’uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23. Ibice iyo mitwe igenzura birimo Kamanyola, Nyangenzi n’umujyi wa Bukavu uwo iyi mitwe yombi ibarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo yabohoje tariki ya 16/02/2025.

Ndetse ku munsi w’ejo ku wa kane, iri huriro ry’ingabo za Congo ryagabye igitero mu gece kari hejuru ya Kamanyola, ariko birangira gisubijwe inyuma.

Andi makuru avuga ko iri huriro ry’ingabo za Congo ryohereje abasirikare benshi mu bice biherereye i Kaziba mu rwego rwo kugira ngo batangize ibitero i Nyangenzi ndetse kandi naha i Kamanyola.

Mu bice by’i Kaziba ahoherejwe izi ngabo zo muri iryo huriro ni ahitwa Burhinyi na Luhwinja ndetse no muri centre ya Kaziba.

Ariko bizwi ko iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa RDC zitaranesha uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23, kuko buri gihe ziraneshwa.

Tubibutsa ko kuri ubu umutwe wa Twirwaneho uyobowe na Brigadier General Charles Sematama uzwi cyane nk’Intare-Batinya.

Tags: AmadubuImyitozoKamanyolaTwirwaneho
Share53Tweet33Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Umutekano Wongeye Kugaruka i Kavumu Nyuma y’Urusaku rw’Imbunda mu Gitondo

by Bahanda Bruce
February 22, 2026
0
Umutekano Wongeye Kugaruka i Kavumu Nyuma y’Urusaku rw’Imbunda mu Gitondo

Umutekano Wongeye Kugaruka i Kavumu Nyuma y’Urusaku rw’Imbunda mu Gitondo Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki ya 22/02/2026, ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo, mu gace...

Read moreDetails

Minembwe Hiriwe Ituze: Ukuri ku Bivugwa by’Imirwano Yabaye kuri iki Cyumweru n’Imiterere y’Umutekano Uri ku Isonga

by Bahanda Bruce
February 22, 2026
0
Ibitero Bikaze by’Ingabo z’u Burundi, iza FARDC na FDLR ku Baturage byasubijwe Inyuma n’Umutwe Urwanira Abaturage

Minembwe Hiriwe Ituze: Ukuri ku Bivugwa by’Imirwano Yabaye kuri iki Cyumweru n’Imiterere y’Umutekano Uri ku Isonga Mu gihe ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwizwa amakuru avuga ko ku Cyumweru...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi: Umutekano nk’Ingamba zo Gupfuka Ibibazo by’Ubukungu n’Imiyoborere?

by Bahanda Bruce
February 22, 2026
0
RDC: Impaka, Ibyahishuwe n’Inzira y’Ubwigenge bw’Umutekano mu Burasirazuba

Perezida Tshisekedi: Umutekano nk’Ingamba zo Gupfuka Ibibazo by’Ubukungu n’Imiyoborere? Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje guhura n’ibibazo by’umutekano bimaze igihe kinini, hari abasesenguzi bagaragaza ko...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yirukanye Burundu Colonel wa Polisi Amuziza Umuceri

by Bahanda Bruce
February 22, 2026
0
Perezida Ndayishimiye Yirukanye Burundu Colonel wa Polisi Amuziza Umuceri

Perezida Ndayishimiye Yirukanye Burundu Colonel wa Polisi Amuziza Umuceri Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yirukanye ku mirimo Colonel wa Polisi, Gérard Nijimbere, nyuma yo kumushinja kunyereza umuceri wari...

Read moreDetails

AFC/M23 Yafashe Icyemezo Gishya ku Kibuga cy’Indege cya Goma Gishobora Guhindura Umurongo wa Politiki n’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
February 21, 2026
0
AFC/M23 Yafashe Icyemezo Gishya ku Kibuga cy’Indege cya Goma Gishobora Guhindura Umurongo wa Politiki n’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

AFC/M23 Yafashe Icyemezo Gishya ku Kibuga cy’Indege cya Goma Gishobora Guhindura Umurongo wa Politiki n’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Mu Mujyi wa Goma haravugwa inkuru nshya ku kibazo...

Read moreDetails
Next Post
Amerika n’u Burayi byaba bigiye kurangiza intambara muri Ukraine.

Amerika n'u Burayi byaba bigiye kurangiza intambara muri Ukraine.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?