Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.
Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n’ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w’iki gihugu yamwemereye guhura nawe bakaganira akantu ku kandi.
Ni amakuru yashyizwe hanze n’Umuvugizi wa perezida Felix Tshisekedi, ari we Tina Salama.
Uyu muvugizi akoresheje urubuga rwa x, yagize ati: “Perezida Tshisekedi, arashimira ubumwe bw’i gihugu byerekanwe na Martin Fayulu, kandi aremeza ko afite ubushake bwo guhura na we mu rwego rwo kurokora iki gihugu mu byago bibangamira inzego zacu n’ubusugire bw’igihugu.”
Aba bagabo bombi bari basanzwe batavuga rumwe, nyuma yuko muri 2018 Tshisekedi yashinjwe kwibirwa intsinzi y’amatora y’umukuru w’igihugu, ni mu gihe bivugwa ko Martin Fayulu ari we wari watsinze.
Ibyo kuba Martin Fayulu ari we wari watsinze ariya matora byanemejwe na Corneille Nangaa wari ukuriye komisiyo ishinzwe amatora izwi nka CENI nubwo yabyemeye nyuma yigihe kirekire.
Nk’uko Nanga yabisobanuye yagize ati: “Martin Fayulu ni we watorewe kuyobora RDC mu 2018, ariko bibangombwa ko Tshisekedi yibirwa amajwi.”
Yakomeje avuga ko ibyo ko byari bishigikiwe n’ubutegetsi bwariho icyo gihe ndetse n’imiryango Mpuzamahanga. Ashyiramo na Monusco ko na yo yaribiri inyuma.
Hagataho, Tshisekedi yemeye guhura na Martin Fayulu nyuma y’aho ku munsi w’ejo ku wa mbere tariki ya 02/06/3025, yamusabye kuganira n’abo batavuga rumwe mu rwego rwo kugira ngo bavane iki gihugu mu kaga.
Ikindi kandi Martin Fayulu yasabye Joseph Kabila uheruka kugera i Goma kuhava, ubundi kandi amubwira ko bitari bikwiye ko ahitira mu gice cyabohojwe n’abasenya igihugu.
Nyamara ku rundi ruhande hari amakuru avuga ko Tshisekedi aheruka guhura mu ibanga rikomeye n’uyu munyapolitiki Martin Fayulu ukuriye ishyaka rya ACID, ndetse kandi ni na we mukuru w’ihuriro ry’imitwe ya politiki yibumbiye mu cyitwa Lamuka.