Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Haravugwa amacenga muba Perezida bagize ibihugu byomuri Afrika.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 27, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abakuru b’ibihugu bya Afrika baravugwamo amacenga muri Politike.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Yanditswe na: Bruce Bahanda, kw’itariki 27/07/2023, saa 3:00pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Aba Perezida b’ibihugu byo byomuri Afrika bari baherutse gufata ingamba zo guca agasuzuguro basuzugurwa n’ibihugu bikomeye ku Isi. Tariki ya 29/04/2023, Perezida William Ruto uyobora Kenya ubwo yari mu kiganiro na ‘Mo Ibrahim Governance Conversation’ cy’imiyoborere i muri Kenya, yasobanuye uburyo abakuru b’ibihugu byo byomuri Afrika basuzugurwa, atanga urugero rw’ukuntu umuntu umwe abahuriza hamwe bose, akabakoresha inama.

Ati: “Tugira inama, Afrika na USA, Afrika n’Uburayi, Afrika na Turukiya, Afrika n’u Buhinde, ubu dutegereje indi ya Afrika n’u Burusiya na Afrika n’u Buyapani. Twafashe umwanzuro w’uko nta bwenge burimo kuba twese uko turi 54 tujya kwicara imbere y’umuntu umwe ahandi hantu.”

Uyu Mukuru w’Igihugu yasobanuye ko mu rwego rwo guca aka gasuzuguro, bemeranyije ko aho kujya mu nama hanze y’umugabane bose uko ari 54, banzuye ko bazajya batoranya abantu 6 cyangwa 7 baturuka mu buyobozi bw’umuryango wa Afrika yunze ubumwe (AU) bajye kubahagararira muri izi nama.

Hashingiwe ku magambo yavuzwe na Ruto, byumvikanaga neza ko mu nama zagombaga gukurikiraho iya Afrika n’u Burusiya n’iya Afrika n’u Buyapani, abakuru b’ibihugu bya Afrika batagombaga kuzitabira, ahubwo bari guhagararirwa n’intumwa ziva muri AU.

Uyumunsi tariki 27/07/023 mu mujyi wa Saint Petersburg mu Burusiya hatangiye inama ihuza Perezida Vladimir Putin n’abakuru b’ibihugu bya Afrika, y’ibanda ku bufatanye mu by’ubukungu hagati y’impande zombi.

Byabanje kuvugwa ko abakuru b’ibihugu bya Afrika 49 ari bo bazitabira, gusa Umuvugizi w’ibiro bya Putin, Dmitry Peskov, kuri uyu wa 26/07/2023 yatangarije abanyamakuru ko hitabiriye 17 gusa, abandi bahagararirwe.

Umubare w’aba bakuru b’ibihugu ni muto ugereranyije n’abagiye bitabira izindi nama zahuje Afrika n’u Burusiya cyangwa iyahuje Afrika na Leta zunze ubumwe za Amerika i Washington DC mu 11/2022, gusa ariko ntibikuraho ko barenze ku byo bari baremeranyije byahishuwe na Ruto.

Peskov yatangaje ko ubwitabire bw’iyi nama bwabaye buto kandi ko byatewe n’ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi ngo byaba byarabujije ibi bihugu kuyitabira.

Yagize ati: “Uku ni ukwinjira kw’isoni nke kwa Leta zunze ubumwe za Amerika, u Bufaransa n’ibindi bihugu, binyuze muri misiyo zabyo za dipolomasi mu bihugu byo muri Afrika, bibikangisha gushyira igitutu ku buyobozi bwabyo kugira ngo butitabira iyi nama.”

Abitabiriye iyi nama barimo Perezida wa Uganda, uwa Afrika y’Epfo, uwa Misiri na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia. Perezida Ruto we yamaze kwemeza ko atazayitabira, asaba ko yahagararirwa na AU nk’uko aba bakuru b’ibihugu byo muri Afrika bari barabyemeranyijeho.

Umuvugizi wa Ruto, Hussein Mohamed kuri uyu wa 26/07, yabisobanuye ati: “Perezida William Ruto ntabwo azitabira inama y’u Burusiya na Afrika, ahubwo azahagararirwa n’abo muri Afrika yunze ubumwe. Iki cyemezo kijyanye n’umwanzuro w’abakuru b’ibihugu, bizera ko kugira ngo Afrika ijya mu biganiro bisobanutse n’abafatanyabikorwa bo ku Isi, ubufatanye butegurwa n’abo hanze bukwiye gusuzumwa.

Tags: Abakuru b'ibihuguAfrikaUburusiya
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post

Kuruyu wa Kane habaye intamabara mubice biri muri teritware ya Nyiragongo naho M23 ngo ibyokuja i Rumangabo ntibikozwa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?