
Abagera kwicumi numwe nibo baheruka kwicwa i Kinshasa.
Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 14.05.2023, saa 9:50 pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Byamaze kumenyekana ko abantu bagera 11, aribo bahasize ubuzima, mugitero cagabwe kuruyu wa gatandatu 13.05.2023.
Iki gitero cagabwe nabitwa Mobondo, bo mugace ka Mongota, homuri Komine ya Maluku, mumurwa mukuru wa Republika ya Demokarasi ya Congo ( Kinshasa), aha ubugana Muntara ya Kwango.
Ubuyobozi bwintara bukaba bwashizeho guma munzu guhera saa mbiri zijoro kugeza isaha zigitondo, kugirango habeho gukurikiranwa nogukora iperereza ryimbitse rikozwe na Police hamwe ningabo za Republika ya Demokarasi ya Congo ( FARDC).
Minisitire w’intara ya Kwango, ushinzwe ibyimbere muntara yavuzeko Colonel Bienvenue Kabwe, akaba ariwe uyoboye 112ème région militaire, iwe ubwe yagiye aho ubu bwicanyi buri kubera akaba yanabashije noguhagarika abayobozi batatu bagize Mobondo.
Noél Nlumbu yagize ati: “Benshi muribo baje bavuye mwishamba bafite nibigwanisho byimbunda.Bahise batangira kurwanya Ingabo zacu gusa ingabo zacu zarizifite ibigwanisho bike.”
Uyu mukozi wa reta w’intara ya Kwango yakomeje avugako ba Mobondo, barwana bakoresheje imbaraga zidasanzwe zituma kubanesha bigora gusa ntibyoroshe ariko turagerageza kugenzura umutekano, mubice duherereye mo no mubaturage baturiye aka gace.




