• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hari icyitezwe kiva mu nama ya EAC na SADC i Dar es Salaam.

minebwenews by minebwenews
February 8, 2025
in Regional Politics
0
Menya iby’inama idasanzwe izahuza umuryango wa SADC n’uwa EAC.
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hari icyitezwe kiva mu nama ya EAC na SADC i Dar es Salaam.

You might also like

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Inkuru yitezwe ni iza kuva mu nama y’abakuru b’ibihugu by’akarere bigize umuryango wa Afrika y’Amajy’epfo (SADC) hamwe n’umuryango wa Afrika y’iburasirazuba (EAC), ikaba iri bubere i Dar es Salaam muri Tanzania.

Iyi nama iraba uyu munsi ku wa Gatandatu, kandi iritabirwa n’abakuru b’ibihugu byinshi, nk’uko byatangajwe na perezida wa Kenya, William Ruto.

Tina Salama, umuvugizi wa Perezida Félix Tshisekedi yatangarije ikinyamakuru cya Top Congo FM ko Tshisekedi azitabira iyi nama, gusa ntiyemeje niba azitabira ahibereye cyangwa ku ikoranabuhanga.

Muburyo yabitangaje yagize ati: “Ku ruhande rwa RDC ruzajya muri iyo nama gusaba ibihano ku Rwanda, gukura kubutaka bwacu ingabo zose z’ibindi bihugu zitatumiwe, no kumvikana ku gahenge.”

Minisitiri w’ubabanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yabwiye France 24 ko kuri iyi nama perezida Paul Kagame yizeye kubona ibiganiro ku gahenge hagati ya Leta ya Kinshasa n’umutwe wa M23 no guhagarika intambara.

Niba perezida w’u Rwanda n’uwa Repubulika ya demokarasi ya demokarasi ya Congo bahuriye i Dar es Salaam mu biganiro, biraba ari intambwe ikomeye kuko mu buryo buzwi baheruka guhura imbona nkubone mu nama kuri iki kibazo mu 2022.

Umuryango w’Abibumbye, LONI, na RDC bivuga ko u Rwanda ari rwo ruri inyuma ya M23, ariko yaba uyu mutwe n’u Rwanda birabihakana. ONU kandi isaba RDC kureka ubufatanye n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Ikindi n’uko u Rwanda ruvuga ko RDC ikwiye kwemera ibiganiro n’umutwe wa M23, nk’inzira yo guhagarika intambara. Mu bundi buryo Kinshasa yakunze kugaragara muburyo bidasubirwaho ko itazaganira n’uyu mutwe wa M23.

Ariko nyamara uyu mutwe urusha ingabo za Kinshasa imbaraga, kuko ugenda wigarurira ibice, ukabyambura ingabo zirwanira iyi leta ya Kinshasa.

Usesenguye ibindi biganiro byo kugerageza guhuza impande zihanganye, ngo hashakwe igisubizo cy’amahoro, ibi bishobora kuyageraho.

Amasezerano y’agahenge yumvikanyweho hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa, aho abategetsi bagiye bemeranya agahenge ku mpande zombi, ariko ayo masezerano ntiyagiye amara kabiri, kuko bahitaga barwana ako kanya.

Kuva igihe cya Bunagana, imirwano yarongeraga ikubura, kandi imirwano yakomezaga gusatira umujyi wa Goma.

Buri ruhande (FARDC na M23) rwashinjaga urundi kwica amasezerano y’agahenge yabaga yumvikanyweho n’abategetsi i Luanda muri Angola.

Ariko kuri iyi nshuro i Dar es Salaam biraboneka ko inama y’aba bategetsi ishobora kugera ku mahoro arambye. Gusa birashoboka ko ku ruhande rw’imirwano ho bishobora gukomeza kugenda uko byagenze n’ubundi mbere.

Nyamara kandi EAC na SADC ntibibana ibintu kimwe

Mugekemura amakimbirane mu Burasirazuba bwa RDC, umuryango wa SADC mu mpera z’umwaka wa 2023 wafashe umwanzuro wo gushyigikira Leta ya Kinshasa, wohereza ingabo gufasha iziki gihugu (RDC) kurwanya uyu mutwe wa M23.

Kimwecyo, uyu muryango wa SADC mu nama yawo yo mu mpera zakiriya Cyumweru dusoje, yavuze yeruye ko ingabo z’u Rwanda zifasha M23 mu bitero byayo, kandi ishinja M23 kwica amasezerano yabaga yemeranyijweho i Luanda.

Mu gihe umuryango wa Afrika y’iburasirazuba wo, uheruka guterana, na wo mu Cyumweru gishize nyuma y’ifatwa rya Goma, wo ntabwo washinje u Rwanda gufasha M23 ariko usaba Kinshasa kuganira bitaziguye n’abarebwa n’iki kibazo bose, harimo na M23 n’indi mitwe yitwaje intwaro inenga leta.

Rero, SADC ishinja u Rwanda gufasha M23, ariko EAC isaba RDC kuganira n’umutwe wa M23 no kureka ubufatanye ubwo ari bwo bwose igirana na FDLR.

Aha kandi kuri iyi miryango yombi niho hatanga inshusho y’iyi ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

Aho bipfira n’uko iyi miryango yombi kuba nayo itumva kimwe biri mubishobora kuzambya ibintu.

Hagataho, turindire umugoroba nyuma y’uko iyi nama izaba yarangiye.

Tags: EACFardcM23SADC
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana Mu gihe u Burundi bwitegura imyaka ikomeye ya politiki irimo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027,...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails
Next Post
ICC yamaganye ibihano yafatiwe na perezida w’Amerika.

ICC yamaganye ibihano yafatiwe na perezida w'Amerika.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?