• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Haribazwa amaherezo yabahiritse ubutegetsi muri Niger, nimugihe iminsi ntaregwa bari bahawe yo kuburekura yarenze.

minebwenews by minebwenews
August 7, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kuriki Cyumweru niwo wari umunsi wanyuma abari bahiritse ubutegetsi muri Niger bari bahawe wo kuba bavuye kungoma.

You might also like

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 07/08/2023, saa 7:30Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Hari impungenge kuhazaza ha Niger nyuma y’uko igihe ntarengwa cyari cyahawe abahiritse ubutegetsi ngo babe babusubije Mohamed Bazoum wabwambuwe, yarangiye.

Tariki 26/07/2023 nibwo abarindaga Perezida Bazoum bamuhiritse ku butegetsi, bufatwa na Gen Abdourahmane Tchiani wari ukuriye abari bashinzwe ku murinda.

Umuryango w’ibihugu byo muri Afrika y’Iburengerazuba (CEDEAO) wahise ufatira Niger ibihano ndetse utanga icyumweru cyo kuba ubutegetsi bwasubijwe Bazoum.

Itariki ya nyuma uyu muryango CEDEAO watanze ni tariki 06/08/2023, bitakorwa hakaba hakwitabazwa ingufu za gisirikare, aho uwo muryango ushobora kohereza zimwe mu ngabo zawo gusubiza Bazoum ku butegetsi.

Ntabwo biramenyekana niba ingabo za CEDEAO ziza guhita zijya muri Niger, dore ko ibihugu nka Mali, Burkina Faso na Guinée byitandukanyije n’uwo mwanzuro, binagaragaza ko Niger nigabwaho igitero bizafatwa nko gushotora abahiritse ubutegetsi.

Algeria nayo iri mu Majyaruguru ya Niger yasabye kwitondera ibyo gukoresha ingufu mu gukemura ikibazo cya Niger, ishishikariza abo bireba gushyira imbere ibiganiro.

Ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bufaransa bisanzwe bifite ingabo muri Niger, bishyigikiye CEDEAO mu gushyira igitutu ku bahiritse ubutegetsi ndetse byaba na ngombwa hagakoreshwa ingufu, nubwo abasesenguzi bagaragaza ko ari bibi kurusha gukemura ikibazo mu mahoro.

Impamvu ni uko gutera Niger bishobora gutuma ibindi bihugu nka Mali na Burkina Faso biyobowe n’abahiritse ubutegetsi, byinjira mu ntambara ikarushaho kuba mbi. Ikindi ni uko mu gihe u Burayi na Amerika byaba bishyigikiye abashaka gusubizaho Bazoum, u Burusiya bushobora kuza ku rundi ruhande bishyigikiye abahiritse ubutegetsi dore ko no mu myigaragambyo iheruka, abaturage bayitabiriye bafite amabendera y’u Burusiya, bashima igisirikare cyahiritse ubutegetsi.

Mu gihe kandi CEDEAO yatsinda, hibazwa uburyo Bazoum yasubira ku butegetsi igisirikare cyakabaye kimufasha cyatsinzwe. Ni nako byibazwa mu gihe igisirikare cyaba gitsinze, aho cyabana n’ibihugu baturanye n’ibyo bahuriye muri CEDEAO byashyigikiye iterwa ryayo.

Niger isanganywe ibibazo by’umutekano bituruka ku mitwe y’iterabwoba iri mu Burengerazuba bw’igihugu ndetse na Boko Haram mu Burasirazuba bw’Amajyaruguru hafi y’umupaka uyigabanya na Niger.

Gusa kohereza ingabo muri Niger byari mu murongo w’icyemezo cyafashwe n’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afrika y’iburengerazuba, CEDEAO, uyobowe na Perezida Tinubu.

Ni na byo Perezida Tinubu yasobanuriye inteko ishinga amategeko, umutwe wa sena ubwo yasabaga ko igihugu cye cyakohereza ingabo, nk’uko n’ibindi byo muri CEDEAO byemeye kubikora. Ibi byasobanuwe na Perezida wa Sena ya Nigeria, Godswill Akpabio.

Sena yavuze ko bidakwiye ko Nigeria ndetse n’ibindi bihugu byose bigize uyu muryango byohereza muri Niger ingabo zo kurwanya abasirikare bakuye Bazoum ku butegetsi, ahubwo ngo iki kibazo cyahabwa umurongo n’ibiganiro bya politiki.

Akpabio yasomye umwanzuro wa Sena, ugira uti: “Sena irashimira Perezida Bola Ahmed Tinubu n’abandi bakuru b’ibihugu na za guverinoma muri CEDEAO ku buryo bahise bahagurukira n’uruhande bafashe ku kintu kibabaje cyabaye muri Repubulika ya Niger. Irasaba Perezida n’abandi bayobozi bo muri CEDEAO gushyira imbaraga mu buryo bwa politiki, dipolomasi n’ubundi mu gukemura iki kibazo cyo muri Niger.”

Tags: Abahiritse ubutegetsiAmaherezoNiger
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by minebwenews
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by minebwenews
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by minebwenews
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by minebwenews
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails
Next Post

Umurambo w'umuntu utarabasha kumenyekana wagaragaye mu mazi y'ikiyaga Tanganika.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?